Nsengimana Jean Bosco ukinira Team Rwanda ni we kugeza ubu uhabwa amahirwe yo kwegukana Moto yatanzwe n’uruganda nyarwanda ruteranya moto
Umunyarwanda Areruya Joseph ni we ukomeje kuyobora abandi muri Tour du Rwanda 2017, aho arusha Eyob Metkel umukurikiye amasegonda 35
Kuri uyu wa Gatanu abakinnyi bahagurutse i Nyamata berekeza mu mujyi wa Rwamagana, aho bahageze Uwizeyimana Bonaventure ari we uri imbere
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction niwe wegukanye agace ka Nyamata - Rwamagana, mu irushanwa rya Tour du Rwanda.
Tour du Rwanda 2017 yakomeje ku munsi wayo wa gatanu, aho Umunyarwanda Areruya Joseph yaje kongera gusubirana umwenda w’umuhondo yari amaze iminsi ibiri yambuwe n’Umusuwisi.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Ugushyingo 2017, ubwo hakinwaga agace ka Kane ka Tour du Rwanda gaturuka mu Mujyi wa Musanze, kagana i Nyamata mu Karere ka Bugesera ku ntera y’ibirometero 120, Eyob Mektel ukinira ikipe ya Dimension Data niwe ukegukanye, Areruya Joseph wari uwa Kabiri mu Rutonde rusange ahita asubirana maillot (…)
Kuri uyu wa Gatatu Tour du Rwanda yari igeze ku munsi wayo wa kane ubwo hakinwaga agace ka gatatu kaje kwegukanwa na Areruya Joseph.
Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimention Data, niwe wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Rubavu kagana i Musanze, ku birometero 97.1 .
Uyu ni umunsi wa gatatu wa Tour du Rwanda 2017, aho mu muhanda Nyanza Rubavu hakinwe agace kayo ka kabiri, gafite uburebure bwa Kilometero 180,. Uru rukaba ari narwo rugendo rurerure muri iri siganwa.
Umukinnyi Aleluya Joseph wegukanye isiganwa ryavaga i Kigali berekeza i Huye, ni umukinnyi wahoze akinira ikipe ya Les Amis Sportifs y’i Rwamagana iterwa inkunga na Cogebanque.
Ku munsi wa kabiri wa Tour du Rwanda, Aleluya Joseph yegukanye agace ko kuva i Kigali bajya i Huye, ahita aza ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange.
Mu gihe kuri iki cyumweru hatangira Tour du Rwanda izaba ikinwa ku nshuro ya cyenda, hari imwe mu mibare y’ingenzi abantu bagakwaiye kumenya mbere y’uko itangira
Murenzi Abdallah wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports yagaruwe muri Komite ya Rayon Sports nk’umujyanama wa Perezida w’iyi kipe
I Musanze mu kigo cy’umukino w’amagare ari na cyo cya mbere muri Afurika, harabarizwa umukobwa watangiye umwuga wo gukanisha amagare akoreshwa mu marushanwa y’amagare.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda bari bagiye muri Ethiopia ndetse bakanayitsindira iwayo bamaze kugera i Kigali aho bagiye gukomeza imyitozo
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Ethiopia kuri iki cyumweru baraza kuba bakina umukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza muri CHAn izabera muri Ethiopia muri Mutarama 2018
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinze Gicumbi, ihita ijya ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Umutoza w’ikipe y’iguhugu Antoine Hey yaraye ahamagaye abakinnyi 18 bagomba kwerekeza muri Ethiopia kuri uyu wa Gatanu, gukina umukino wo gushaka itike ya CHAN.
Imikino igera kuri itandatu ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yasubitswe kubera umukino w’Amavubi na Ethiopiya wamenyekanye bitunguranye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu yatangiye imyitozo yo kwitegura imikino ibiri izabahuza na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN.
Isiganwa ry’amamodoka "Memorial Gakwaya" ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu Karere ka Huye na Gisagara ryasojwe Moussa wo muri Uganda ari we uryegukanye.
Abanyarwanda ntibahiriwe n’umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka Memorial Gakwaya ryabereye i Huye na Gisagara kuri uyu wa Gatandatu
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Ethiopia zizakina imikino ibiri mu kwezi gutaha yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya CHAN kizazera muri Maroc
Abakiinnyi 24 ni bo bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura Ethiopia mu mukino ushobora gutuma u Rwanda rusubira muri CHAN izaberamuri Maroc
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kane yakoreye imyitozo ku kibuga cya Ferwafa nyuma yo kwimwa Stade Mumena
Umusifuzi Hakizimana Ambroise wasifuye umukino APR Fc yatsinzemo AS Kigali 2-1 yahanishijwe imikino ine adasifura.
Abantu basaga 1500 ni bo bateganyijwe mu birori byo gutaha Stade mpuzamahanga ya Cricket yubatse i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 15 bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2017.