Umushinga wa Leta y’u Bwongereza utera inkunga Uburezi bw’u Rwanda, uzwi nka Building Learning Foundations (BLF), wasoje ibikorwa byawo, abakoranye na wo basabwa kwita ku bwo ubasigiye.
Abantu bakunze kugira ikibazo cy’igogora, n’ubwo hari igihe bidafatwa nk’uburwayi, ariko usanga abagifite bibatera kumva bagugaye ndetse ntibabashe no kubahiriza ingengabihe yo gufata amafunguro mu buryo bukwiriye.
I Kigali hatangiye inama nyunguranabitekerezo yiga ku burezi bw’umwana w’umukobwa mu Rwanda, hifashishwa ubushakashatsi bwakozwe ku bikibangamira imyigire ye.
Kwita ku ruhu rwo mu maso bikubiyemo ibirenze kurusukura no gukoresha amavuta yo kwisiga, harimo gufata indyo yuzuye, gusinzira bihagije, gukora siporo n’ibindi.
Intumwa yihariye ya Leta y’u Bwongereza ifite mu nshingano uburinganire bw’ibitsina byombi, Alicia Herbert OBE, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukoresha ururimi rw’Icyongereza mu mashuri, binyuze mu mushinga Building Learning Foundation (...)
Gukiza umuntu urimo kugerageza gutanga ubuzima ni kimwe mu bintu by’ingenzi abantu bashobora gukora, kuko icyo gihe uba utabaye ubuzima bw’abantu babiri icya rimwe.
Kugira ngo umuntu agire ubuzima bwiza, abahanga mu by’ubuzima, bavuga ko agomba gukora imyitozo ngororangingo ubuzima bwe bwose, mu byiciro byose.
Abantu benshi barya kugira ngo buzuze igifu gusa, batitaye ku mumaro w’ibyo bafungura bikagira ingaruka ku buzima.
Ibi ni ibyagarutsweho mu nama y’iminsi ibiri yahuje bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, igamije gusangira ubumenyi mu kwihutisha imyigire y’abana mu myaka itatu ya mbere y’amashuri abanza, no kurebera hamwe uko ibihugu bihagaze mu gukemura ingaruka zatewe na Covid19 mu rwego (...)
Hari igihe abana bahura n’ihohotera cyangwa se bagahozwa ku nkenke na bagenzi babo cyangwa se n’abarezi, bikabagiraho ingaruka haba mu myigire yabo, mu buzima bwo mu mutwe, mu mibanire n’abandi n’ibindi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku mikurire y’abana bato mu Rwanda (NCDA), cyatangaje ko imibare y’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka itanu, igomba kuba yagabanutse ikava kuri 33% maze ikagera ku gipimo cya 19% mu mpera z’umwaka wa 2024.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa umutobe (jus) wa beterave, bifasha mu guhangana n’indwara z’umutima, ndetse bunasaba abarwayi bazo ko bajya bawunywa buri munsi.
Abantu benshi barimo n’abajijutse, iyo bumvise Prostate bumva kanseri, nyamara si ko biri, kuko kanseri ni imwe mu ndwara zifata urugingo rwa Prostate.
Perezida Kagame yavuze ko ikibuga cy’indege cya Bugesera kizaba kigeze ku rugero rwa 70% mu mpere z’uyu mwaka wa 2023, ndetse ko imirimo yo kucyubaka izaba yasojwe bitarenze umwaka utaha wa 2024 hagati.
Abayobozi b’amashuri abanza ya Leta n’afashwa na Leta, abayobozi b’amashuri yigisha uburezi (TTC) ndetse n’abashinzwe uburezi mu Turere, barishimira ubumenyi bahawe mu mahugurwa baherutse gusoza, kuko buzabafasha kunoza imikorere, bityo imyigishirize irusheho kugenda (...)
Baking soda cyangwa bicarbonate de sodium ikoreshwa mu bintu byinshi byaba ibijyanye n’ubuzima, isuku muri rusange, n’ibindi. Uyu munsi tugiye kwibanda ku buryo ikoreshwa mu gukesha amenyo no kwirukana impumuro mbi mu kanwa.
Hari abantu bagira ikibazo cyo kugira impumuro mbi mu kanwa bitewe n’impamvu zitandukanye, zirimo izishingiye ku burwayi, imiti imwe n’imwe cyangwa se umwanda.
Mu mugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Genocide yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyanza, abahavukiye bibukiranyije ku mateka ya mbere ya Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abantu bane bahitanywe n’amasasu yarashwe mu kivunge mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuka muri Leta ya Alabama muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, abandi 28 barakomeretse, bamwe muri bo bakaba bamerewe nabi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yatangaje ko mu ngamba Igihugu gifite zo kongera umusaruro, harimo no guhagarika igabanuka ry’ubuso bw’ubutaka bwagenewe guhinga.
Perezida Kagame Paul avuga ko ashingiye ku cyizere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bamugirira, bamutora kubabera umuyobozi, bituma yumva abafitiye umwenda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi, ku wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe, yafashe abagabo babiri yasanze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko.
Turmeric/Curcuma cyangwa ikinzari, ni ikirungo cy’ifu ikorwa mu mizi y’ikimera gikomoka muri Aziya, kiba gifite ibara ry’umuhondo, kiri mu muryango umwe na tangawizi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu (3) wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umuvandimwe we amurashe mu buryo bw’impanuka.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose mu kwizihiza umunsi w’umugore ku nshuro ya 42, Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yatangiye gahunda yo kugeza ikoranabuhanga kuri buri mugore yiswe LiftHerUp (Umugore ku ruhembe), hagamijwe kwihutisha (...)
Gutwitira inyuma ya nyababyeyi (Une grossesse extra-utérine/grossesse ectopique), bivugwa iyo igi ry’umugore rigumye aho ryahuriye n’intangangabo, ni ukuvuga mu muyoborantanga, cyangwa se rikamanuka rikajya hasi ku nkondo y’umura nk’uko rishobora no kujya ahandi hakikije ibyo (...)
Ni kenshi usanga igice cy’amaso ubusanzwe kizwiho kuba umweru cyarahinduye ibara, kikiganzamo umutuku aho kuba umweru. Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza impamvu zitandukanye zishobora kubitera, ari na zo tugarukaho muri iyi nkuru.
Kugabanya ibiro ku bantu bafite umubyibuho ukabije ntibikunze kuborohera, gusa hano hari amafunguro impuguke zibasaba kureka, bikaba byabafasha kugera ku ntego yabo.
Urugereko rw’urukiko rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwakatiye Jean Twagiramungu gufungwa imyaka 25 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.
Mu rwego rwo kubafasha kwizihiza umunsi w’abakundana witiriwe Mutagatifu Valentin, abasilibateri muri imwe muri komine zo muri Philippines, bahawe ibihembo bijyanye n’amasaha y’umurengera bakoze, hagamijwe kubereka ko hari umuntu ubakunda.