Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), ryatangaje ko abimukira hafi 186,000 ari bo bageze mu Burayi mu mwaka wa 2023 banyuze mu Nyanja ya Mediterane, mu gihe abandi bagera ku 6,618 bo bapfuye abandi bakaburirwa irengero bari mu Nyanja, bashaka kwambuka ngo bageze muri Espagne muri uwo mwaka wa 2023.
Umunyamerika w’umukinnyi wa Filime akaba n’umunyamideli, Carmen Dell’Orefice azwiho kuba ari we muntu ukuze cyane kurusha abandi mu bari mu banyamideri, kandi ugikora akazi ke akabishobora nubwo ageze mu zabukuru, kuko afite imyaka 92 y’amavuko.
Abana b’abakobwa bari bishoye mu buraya bakorera hamwe nk’itsinda, bajyanywe mu mashuri y’imyuga kugira ngo bazabone uko bibeshaho neza mu gihe kiri imbere.
Polisi y’Igihugu cya Equateur yatangaje ko yataye muri yombi abagabo bitwaje intwaro, bateye muri Televiziyo ya Leta mu gihe abanyamakuru barimo bakora ikiganiro kirimo gitambuka by’ako kanya (live), babategeka kuryama hasi, mu gihe urusaku rw’amasasu n’amajwi y’abantu bataka yumvikanaga inyuma muri videwo yafashwe, ku wa (…)
Igisirikare cy’u Buhinde kirwanira mu mazi cyatabaye abantu 21, bari bari mu bwato bwari bwashimuswe n’amabandi yitwaje intwaro mu nyanja ya Arabia (mer d’Arabie).
Muri Indonesia, abantu bane bapfuye abandi 37 barakomereka mu mpanuka ya za gariyamoshi ebyiri zagonganye, mu Ntara ya Java y’uburengerazuba nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi ndetse n’abayobozi.
Muri Amerika, imbwa yariye Amadolari 4,000 ba nyiri urugo bari bavuye kubikuza muri banki, gusa bagira amahirwe baza kubona kimwe cya kabiri mu mwanda iyo mbwa yitumye.
Abimukira 32 b’Abanya-Venezuela n’Abanya-Honduras bari bashimuswe n’abagabo bitwaje intwaro, mu majyaruguru ya Mexique ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, barekuwe ari bazima nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Mexique.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Peteroli na Gaz (RMB) cyahagaritse impushya zemerera sosiyete zirindwi gucukura amabuye y’agaciro.
Somalia yatangaje ko yamaganye amasezerano yasinywe hagati ya Ethiopia na Somaliland imaze igihe yaratangaje ko ari Repubulika yigenga nubwo itigeze yemerwa, agamije gutuma Ethiopia igera ku Nyanja Itukura.
Umuyobozi wungirije wa Hamas yiciwe i Beirut mu Murwa mukuru wa Lebanon, Israel ikaba yatangaje ko icyo kitari igitero kigabwe kuri Lebanon, nubwo abahanganye na Israel bahise batangaza ko bazihorera kuri Israel kubera urupfu rw’uwo muyobozi.
Umwaka wa 2023 hari abawutangiye ntibawurangiza, bamwe bagenda bazize indwara, abandi bazira impanuka n’ibindi. Dore bamwe mu bantu bari bazwi mu bice bitandukanye by’ubuzima harimo, Politiki, uburezi, imyidagaduro… bapfuye mu 2023.
Igihugu cy’ubuyapani kiratangaza ko ku munsi w’ejo habaye umutingito ufite ubukana bwa 7.6, ugakurikirwa n’indi m ishyitsi myinshi maze abagera kuri 48 bahasiga ubuzima.
U Burusiya bwongeye gufungura Ambasade muri Burkina Faso nyuma y’imyaka 31 yari ishize nta Ambasade yabwo iba muri icyo gihugu kuko yari yarafunzwe mu 1992.
Muri Tanzania, umuryango umwe uri mu gahinda gakomeye ko kubura abana bawo barindwi bishwe n’umuturanyi wabo bivugwa ko yabaroze, abitewe n’uburakari bw’uko bamwibye inkoko bakayirya.
Umukinnyi wa Filimi w’icyamamare w’Umunyamerika, Kevin Hart, yareze mu nkiko uwahoze ari umukozi we Miesha Shakes, ndetse Tasha K unyuza ibiganiro ku rubuga rwa youtube, kuko bamuharabitse, banamwaka amafaranga yo kugira ngo batagira ibyo bamuvugaho (extorsion de fonds).
Banki ya Kigali(BK) yahawe igihembo cya Banki ihiga izindi zose mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2023, mu bihembo bizwi nka ‘The Banker Awards 2023’.
Muri Brazil, Gereza yo muri Leta ya Santa Cantarina, iherutse gufata icyemezo cyo kureka gukoresha imbwa mu gucunga umutekano, yiyemeza kujya ikoresha imbata, kuko zivugwaho kuba zifite uko zisakuza bidasanzwe, iyo zumvise hari ikintu kidasanzwe, cyangwa igihe zibonye hari umufungwa urimo ugerageza gutoroka.
Banki ya Kigali (BK) n’Ikigega cy’Ingwate (BDF/Business Development Fund), basinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije gufasha ibigo bito n’ibiciriritse kubona inguzanyo, hakagira igice cyishingirwa.
I Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abantu 40 bishwe n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa muri ako gace.
Imodoka y’imbangukiragutabara yari ivanye umurwayi ku bitaro bya Ngarama mu Karere ka Gatsibo, imujyanye mu bitaro bya Kanombe, yakoze impanuka igeze mu Mudugudu wa Byimana mu Kagari ka Jamba, mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi, ku bw’amahirwe abari bayirimo bose bavamo ari bazima.
Umunara muremure mu Mujyi wa Paris, ari na wo murwa mukuru w’u Bufaransa, Tour Eiffel wafunzwe, ntiwemerewe gusurwa na ba mukerarugendo uko bisanzwe none ku wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, bitewe n’imyigaragambyo y’abakozi.
Nubwo hari abantu bajya bibuza kwitsamura ugasanga bapfutse umunwa n’amazuru, byose kugira ngo batitsamura urusaku rugasohoka, ariko hari ibibazo bishobora guterwa no kwibuza kwitsamura, mu gihe hari ababyibuza, banga kubangamira abo bari kumwe.
Ababyeyi bakunze guhura n’ibibazo bikomeye mu gihe barwaje abana, cyane cyane bikabakomerera iyo barwaje abakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri bataramenya kuvuga aho bababara, kugira ngo ababyeyi bamenye uko babavuza. Ariko hari inama Dr Josette Mazimpaka, Umuganga w’abana mu bitaro by’Akarere ka Bugesera (ADEPR-Nyamata) (…)
Nubwo hari abatega ingori mu birori bitandukanye cyangwa se bakazitega uko babonye batabanje kumenya ibisobanuro byazo, mu muco Nyarwanda, hari abemerewe gutega urugori n’abatarutega nk’uko bisobanurwa na Mukandori Immaculée, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Inshongore, akaba ari umubyeyi ufite imyaka 70 y’amavuko uzi byinshi (…)
Muri Koreya y’Epfo, itsinda ry’abanyeshuri bareze Guverinoma basaba indishyi z’akababaro, nyuma y’uko abarimu babo basoje ikizamini cya ‘The Suneung’, bivugwa ko gihindura ubuzima.
Watermelon ni urubuto ubundi rugizwe n’amazi ku kigero cya 92%, rukigiramo n’izindi vitamine n’ubutare butandukanye, bituma ari urubato rw’ingenzi ku buzima bw’abantu bakunda kururya. Gusa, imbuto zo muri watermelon na zo zikize ku ntungamubiri.
Angola yikuye mu muryango wa OPEP/OPEC uhuza ibihugu bicukura peteroli. Angola nk’igihugu gicukura Peteroli nyinshi ku Mugabane w’Afurika, cyavuye muri uwo muryango wa OPEP kubera kutumvikana ku iganuka ry’ibyo icyo gihugu gikura muri peteroli yacyo cyohereza mu mahanga, nk’uko byifuzwa n’ibindi bihugu bicukura peteroli (…)
Iyo porogaramu ikoreshwa na mudasobwa (Artificial Intelligence model), yakozwe n’abashakashatsi mpuzamahanga, ikaba ifite ubushobozi bwo kumenya ibizaba ku buzima bw’abantu mu bihe bizaza, harimo n’igihe bazapfira.
Perezida Joe Biden wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatanze imbabazi ku bantu ibihumbi bari bafungiwe ibyaha bifite aho bihuriye n’ikoreshwa ry’urumogi.