Urwego rw’ubukerarugendo n’ibijyanye no kwakira abantu, rushobora kuba rugiye kubona andi maboko, nyuma y’uko abashoramari bo muri Turkey bibumbiye mu kitwa ‘Turkish Doğuş Group’, bagaragaje ko bifuza gushora imari yabo mu Rwanda.
Perezida William Ruto warahiriye kuyobora Kenya nka Perezida wa Gatanu ku wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022, yasezeranyije abaturage b’icyo gihugu ko azakorana n’Abanya-Kenya bose, atitaye ku mukandida bari bashyigikiye.
Ranjita Kundu, umugore utuye ahitwa i Kodameta, muri Leta ya Odisha mu Buhinde, ashinja umugabo we kuba yaramwibye imbyiko akayigurisha mu myaka ine ishize, akoresheje inyandiko mpimbano.
Perezida Kagame asanga mu gihe Afurika yakoroshya amategeko n’amabwiriza, agenga ubwikorezi bwo mu kirere, byabufasha koroherwa n’ingaruka rwagizweho n’icyorezo cya Covid-19.
Ku Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, nibwo inyeshyamba zo mu gace ka Tigray (TPLF) muei Ethiopia zatangaje ko ziteguye guhagarika intambara, zikayoboka ibiganiro by’amahoro biyobowe na Afurika yunze Ubumwe, zikagirana ibiganiro na Guverinoma ya Ethiopia, ngo byashyira iherezo ku ntambara yari imaze hafi imyaka ibiri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta na Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, tariki 9 Nzeri 2022, bagiranye ibiganiro na bagenzi babo bo muri Denmark harimo Kaare Dybvad Beek wo muri Minisiteri ishinzwe abanjira n’abasohoka ndetse na Flemming Moller Mortensen, ushinzwe (...)
Umwamikazi Elizabeth II akimara gutanga tariki 8 Nzeri 2022, ku myaka 96 y’amavuko, yahise asimburwa ku ngoma n’umuhungu we, Igikomangoma Charles ubu ufite imyaka 73 y’amavuko.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Liz Truss, yashyizeho Abaminisitiri muri Guverinoma ye, aho bivugwa ko bwa mbere mu mateka y’icyo gihugu, abantu batari ab’uruhu rwera (abazungu) buzuye bafashe imyanya muri Minisiteri enye z’ingenzi muri icyo gihugu.
Amakuru y’uko umukinnyi w’amagare w’Umunyarwanda Mugisha Samuel, ukinira ikipe yo muri Afurika y’Epfo yaba yaraburiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yumvikanye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo itumanaho ryari ryanze hagati ye na bagenzi be bakinana mu ikipe y’amagare ubwo bari bitabiriye irushanwa rya ‘Maryland (...)
Ku wa Kabiri Tariki 6 Nzeri 2022, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama ngarukamwaka y’Ihuriro mpuzamahanga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika (AGRF 2022), ibaye ku nshuro ya 12 ikaba irimo kubera i Kigali, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Afurika ikwiye gushyiraho ingamba zihamye zo (...)
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Gasabo, Kamashazi Donnah, yasobanuye icyo CNF ifasha mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bibangamira imibereho myiza y’abaturage, birimo igwingira ry’abana, iby’abana bata ishuri, iby’abangavu batwara inda z’imburagihe n’ibindi.
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Lagos muri Nigeria, abantu batandatu ni bo bapfuye bagwiriwe n’inzu y’umuturirwa yari icyubakwa, ndetse bavuga ko bafite impungenge ko imibare y’abahitanywe n’iyo mpanuka ishobora gukomeza kwiyongera.
Ubwo igisasu cyaturikanaga imwe mu modoka zari zitwaye ibiribwa, abasivili 35 bahise bahasiga ubuzima abandi 37 barakomereka, nk’uko byatangajwe na Guverineri w’agace ka Sahel icyo kibazo cyabereyemo, ku wa Mbere tariki 5 Nzeri 2022.
U Budage nka kimwe mu bihugu by’u Burayi gifite ubukungu cyashingiraga cyane kuri Gaz ituruka mu Burusiya, bwatangaje ko buzabona izakoreshwa mu gihe cy’ubukonje icyo gihugu kigiye kwinjiramo harimo no muri bimwe mu bihugu bya Afurika, nk’uko byatangajwe na Chancelier wabwo Olaf Scholz.
Kuba abo basirikare bafunguwe, ngo ni igikorwa kigaragaza ubumuntu nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ibya dipolomasi muri Togo, kuko ari bo bakora iby’ubuhuza (mediation) hagati ya Bamako na Abidjan.
Leta zunze ubumwe za Amerika zatangaje ko zigiye kongera kugurisha intwaro zifite agaciro ka Miliyari 1.1 y’Amadalori kuri Taïwan,mu gihe u Bushinwa bufata Taiwan nk’ikirwa cyabwo, bwahise busaba Amerika kureka ibyo kongera kugurisha intwaro muri Taïwan, bitaba ibyo nabwo bukaba bwafata ingamba.
Ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022, mu birori byo Kwita Izina abana b’ingagi 20, abahanzi batandukanye, bari bakereye gususurutsa Abanyarwanda ndetse n’abashyitsi bitabiriye ibyo birori.
Ku bufatanye bwa ‘Rwanda Arts Council’, ‘RUA Concept’, ‘Ikembe Rwanda modern Music Union’, byose bikorera mu Rwnda, harategurwa igitaramo cyiswe ‘Twarawubyinnye Concert’, kizahuza abahanzi, abavanga imiziki (DJs), abayobora ibirori/ibitaramo n’abandi bamenyekanye mu myidagaduro mu myaka yashize, ni ukuvuga hagati ya 2000-2012.
Umuhanzi Tuyishime Joshua wamenyakanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Jay Polly, yitabye Imana ku itariki 02 Nzeri 2021, akaba yari azwi cyane mu muziki wo mu njyana ya Hip Hop. Ni umwe mu batangije itsinda rya Tuff Gang ryazanye impinduka muri muzika nyarwanda.
Guhera ku ya 31 Kanama 2022, nibwo humvikanye inkuru y’ifatwa rya Bruce Melodie, akaba akurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, kuko ngo hari amafaranga yakiriye avuga ko azaririmbira mu Burundi ariko ntiyabikora.
Umuyobozi wa nyuma wa Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS), Mikhaïl Gorbatchev, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, afite imyaka 91 y’amavuko.
Dosiye ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yashyikirijwe Ubushinjacyaha. Ni dosiye yari imaze iminsi ikorwaho iperereza n’Urwego rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’, kuko urwo rwego rwatangiye kuyikoraho guhera muri Gicurasi 2022, ubwo Bamporiki Edouard yahagarikwaga mu kazi, (...)
Guhera kuri wa Mbere tariki 29 Kanama 2022, muri Iraq hashyizweho ibihe bidasanzwe nyuma y’uko abantu bagera kuri 23 bishwe n’amasasu muri ‘Zone Verte de Bagdad’, mu mvururu zakuruwe n’umuyobozi witwa Moqtada Sadr, yatangaje ko avuye mu bya Politiki burundu.
Mu gihe imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe yaguye muri Pakistan, ikomeje guhitana ubuzima bw’abantu aho hamaze gupfa hafi 1000, Guverinoma y’icyo gihugu yatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu hose ‘national emergency, guhera ku wa Kane tariki 25 Kanama 2022.
Iby’iyo kompanyi byasohowe n’umunyeshuri wiga mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza, witwa Du, ubwo yandikaga ku mbuga nkoranyambaga, avuga ibyamubayeho ubwo yimenyerezaga umwuga muri iyo kompanyi ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga mu Mujyi wa Zhengzhou mu Bushinwa.
Abarimu b’Abanya-Zimbabwe bagera kuri 208, bamaze gukora ibizamini byanditse kugira ngo bazemererwe guhabwa akazi mu Rwanda, ubu basigaje kuzakora ibizamini byo mu buryo bwo kuvuga (interviews) mu Cyumweru gitaha.
Kuri uyu wa 19 Kanama 2022, mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, hasojwe amahugurwa y’iminsi itatu y’Abahumurizamitima’ 56, abo bakaba ari abantu baturuka mu nshuti z’umuryango, mu rubyiruko rw’abakorerabushake ndetse n’abacitse ku icumu. Bahuguwe ku bijyanye n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, harimo kubimenya no (...)
Umuryango ‘Rwanda My Home Country’, wavutse utangijwe n’Abanyarwanda baba mu mahanga, bagamije kunganira ibyo u Rwanda nk’Igihugu cyabo gisanzwe gikora, nk’uko byasobanuwe na Nsengiyumva Rutsobe uri mu bashinze uwo muryango, ndetse akaba ari n’umuyobozi wawo.
Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Umuvugizi wa Polisi muri Afghanistan, yavuze ko imibare y’abaguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe ku Musigiti i Kabul yazamutse, ubu abapfuye bakaba bamaze kuba 21 mu gihe abakomeretse ari 33.
Ibyo byabaye ku musore w’imyaka 31 mu Mujyi wa Seoul muri Korea y’Epfo, utifuje ko amazina ye atangazwa, nyuma y’uko atonganye n’umukobwa wari umukunzi we, babanaga mu nzu ahitwa i Gangnam-gu, bapfa ko akoresha nabi amafaranga.