Muri Nigeria, abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri basaga 280, babasanze mu ishuri riherereye mu Majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria, uwo ukaba ushobora kuba uri mu mibare minini y’abantu bashimutiwe rimwe muri icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’umwe mu barimu bo kuri iryo shuri.
Uruganda rw’isukari rwa Kabuye, ari na rwo rwonyine ruri mu Rwanda, rwafunze ibikorwa byarwo mu gihe cy’amezi abiri, bikaba bizongera gusubukurwa muri Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’urwo ruganda. Ibi ariko ngo nta mpinduka bizateza ku bijyanye n’ibiciro ku isoko kuko n’ubundi rwakoraga isukari nkeya cyane (…)
Umuhanzi w’icyamamare Zuch uturuka muri Wasafi Records, yasabye imbabazi nyuma y’uko yari yahagaritswe mu bikorwa byose by’ubuhanzi mu gihe cy’amezi atandatu kubera imyitwarire yagaragaje mu gitaramo aheruka gukorera muri Zanzibar kiswe ‘Fullmoon Kendwa Night’ ku itariki 24 Gashyantare 2024.
Muri Uganda, Inteko Ishinga Amategeko yatangije umushinga w’itegeko rigena ibyerekeye gutwitira undi, rikaba riteganya ko ubwo buryo buzaba bwemewe ku gukoreshwa gusa n’abantu bafite ibibazo by’ubugumba n’abafite ibindi bibazo by’ubuzima bituma badashobora kubyara mu buryo busanzwe (natural reproduction).
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yatangaje ko hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeranyijwe kuzashyigikira umukandida umwe mu matora ya Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe.
Muri Mexique, umubyeyi arashinjwa kwishyura abantu batatu bagiy e kwanduza ikanzu y’umugeni, kugira ngo bamubuze gusezerana n’umuhungu we kuko atamushakaga.
Gusinzira neza kandi amasaha ahagije bifasha mu kugira ubuzima bwiza ku bantu bari mu byiciro by’imyaka itandukanye, kandi kudasinzira uko bikwiye bikagira ingaruka mbi ku buzima harimo kuba byatuma ubwonko budakora neza, guhinduka mu myifatire no kunanirwa kugenzura amarangamutima nk’uko byemezwa n’inzobere mu buzima.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagiranye inama mu rwego rw’Inteko z’abaturage, n’icyiciro cy’abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku magare bazwi ku izina ry’abanyonzi, baganira ku bijyanye no kurushaho kubungabunga umutekano wo mu muhanda, no gukemura ibibazo bikigaragara muri uwo mwuga.
Igihugu cya Somalia cyinjiye mu buryo budasubirwaho mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’u Burasirazuba (EAC) tariki 4 Werurwe 2024, nyuma yo gutanga inyandiko zisabwa, mu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cy’uwo muryango, giherereye i Arusha muri Tanzania.
Guverinoma ya Haiti yatangaje ko igihugu ubu kiri mu bihe bidasanzwe (state of emergency) mu rwego rwo kubanza gushaka igisubizo ku mirongo y’itumanaho mu Murwa mukuru w’icyo gihugu, Port-au-Prince ryangiritse, bikavamo kuba hari gereza ebyiri zagabweho ibitero, abantu batanu barapfa, imfungwa 4000 baratoroka.
Muri Koreya y’Epfo, abaganga basaga 10,000 banze kumva amabwiriza ya Guverinoma y’igihugu cyabo abasaba guhagarika imyigaragambyo bagasubira mu kazi, bakomeza kwigaragambya na nyuma y’itariki ntarengwa bari bahawe yo kuba bamaze kuva mu mihanda, none bafatiwe ibihano.
Mu Bufaransa, Inteko Ishinga Amategeko, Abadepite n’Abasenateri basabwe kuza kwemeza niba gukuramo inda ku bushake bikwiye kujya mu Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu.
Muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Guverineri wa Florida Ron DeSantis, yakoresheje ububasha ahabwa n’amategeko (veto) mu kwanga umushinga w’itegeko ry’aho muri Florida rigamije kubuza abataruzuza imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) igaragaza ko abantu basaga Miliyari imwe hirya no hino ku Isi bugarijwe n’ikibazo cy’umubyibuho ukabije.
Umusirikare wo mu ngabo za Mali ‘FAMA’ ufite ipeti rya Colonel, yanditse igitabo yise ‘Mali: Le Défi du terrorisme en Afrique’, agaragazamo ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa muntu, byakozwe n’ingabo za Mali, akaba ashobora guhanwa kuko kitashimishije ubuyobozi.
Umugabo wo muri Argentine, yatunguwe cyane no kuza kwa muganga yandikiwe kubagwa agasabo k’indurwe kaba ku mwijima (Cholecystectomy), ariko aza kumenya ko abaganga bibeshye bamukorera ikitwa (vasectomy), ni ukuvuga bamubaga imiyoborantanga ku buryo atashobora kongera gutera inda.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera, bashima cyane ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, baturutse mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe bafatanyije n’ibitaro bikuru by’Akarere ka Bugesera, kuko serivisi z’ubuvuzi bifuzaga zabasanze hafi kandi zikaba zirimo gutangwa ku buntu.
Brian Mulroney wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada, yitabye Imana, bikaba byatangajwe n’umukobwa we Caroline Mulroney, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambera (RDB) rufite umushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga iherereye mu Ntara y’Amajyaruguru , ikiyongeraho 23% by’ubuso bwayo busanzwe.
Imwe muri Sosiyete zamamaza mu Bushinwa, yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko ishinjwe n’abakozi bayo kuba yaravanye ibiro byayo mu Mujyi, ikabijyana ahantu kure mu misozi, igamije kugira ngo bacike intege biyirukane mu kazi kandi badasabye imperekeza, kuko ntawe uzaba abasezereye.
Umutwe wa Hamas wahamagariye Abanya-Palestine gukora urugendo rugana ku Musigiti wa Al Aqsa muri Yeruzalemu, mu rwego rw’intangiriro z’Ukwezi kw’igisibo kwa Ramadan, ibyo bigakorwa mu rwego rwo kugaragaza ko hakenewe agahenge muri Gaza, muri uko kwezi kw’igisibo.
Muri Poland, umusore w’imyaka 19 yibye ifarasi afatwa arimo ayuriza muri etaje ya gatatu y’inyubako ituwemo n’abantu, kugira ngo ajye kuyihishayo.
Muganga w’abagore, Dr Samuel Ndayishimiye uzwi cyane ku izina rya Sam, yabyaye ubwa mbere nyuma y’imyaka hafi cumi n’umwe (11) yari amaze ashatse, ariko bataragira amahirwe yo kubyara.
Ibihingwa cyangwa se imbuto zihinduye ni ibintu bishya mu Rwanda, ariko bikaba bije ari uburyo bwo gushaka igisubizo ku kibazo cy’indwara zibasira ibihingwa bimwe na bimwe ziterwa na virusi n’izindizitandukanye. Izo mbuto kandi zihanganira n’ibindi bibazo nk’izuba ryinshi, imvura ikabije, ibyonnyi bitandukanye n’ibindi, (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, uturuka mu ishyaka ry’Aba-Démocrates, akomeje gusaba Abadepite bo mu ishyaka ry’Aba-Républicains gutora itegeko rigena iby’abimukira, bikaba biteganyijwe ko ku wa Kane Tariki 29 Gashyantare 2024, azajya ahitwa Brownsville guhura na Polisi n’abategetsi bo mu nzego z’ibanze (…)
Abayobozi ba Cameroun basabye ko hakorwa isuzuma ku murambo wa Charles Kipkorir Kipsang, Umunyakenya wari umukinnyi w’ikirangirire mu gusiganwa ku maguru, wikubise hasi agapfa ubwo yari yitabiriye irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rizwi nka ‘Mount Cameroon Race of Hope’, ribera muri Cameroun.
Umugabo ukomoka muri Leta ya Missouri muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aravugwaho kuba yarishyuye umuntu akamuca amaguru yombi, akabeshya ko yayaciwe n’ikimodoka gihinga (tractor) mu buryo bw’impanuka, ibyo akaba yarabikoze agamije kubona amafaranga y’ubwishingizi mu buryo bw’uburiganya.
Uwahoze ari umukozi wa CIA(urwego rwo muri Amerika rushinzwe iperereza no gushaka amakuru) yakatiwe n’urukiko igihano cyo gufungwa imyaka 40 muri gereza nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusohora amabanga ya CIA agatangazwa ku rubuga rwa WikiLeaks.
N’ubwo kwambara inkweto ari isuku ndetse bikaba birinda n’indwara zimwe na zimwe zishobora guterwa no gukandagira hasi ahantu handuye hari za mikorobe zitagaragara, ariko na none kugenza ibirenge bitambaye inkweto mu rugo cyangwa se ahantu hasukuye, bigakorwa rimwe na rimwe ngo ni byiza nk’uko bisobanurwa na Dr. Meghan (…)
Ubushakatsi butandukanye, harimo n’ubwakozwe na Kaminuza ya SanFrancisco muri Leta ya Calfornia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko umuntu usanzwe ufite ibikoresho by’ikoranabuhanga, amara nibura amasaha arindwi ku munsi ari kuri interineti. Iza ndetse zikaba zaba nyinshi kurushaho ku bantu bakora akazi (…)