Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ntazitabira inama y’ibihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi ‘G20’, izabera mu Buhinde.
Muri Espagne, Guverinoma igiye gusaba urukiko rwa siporo guharika Perezida wa Federasiyo y’umupira w’amaguru muri icyo gihugu, Luis Rubiales, nyuma yo gusoma ku munwa umukobwa w’umukinnyi, akamusomera mu ruhame, abikoze ku ngufu batabyemeranyije.
Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Gabon muri iki gihe bwafashe icyemezo cyo gufungura imipaka kandi bigahita bitangira kubahirizwa ako kanya.
Muri Singapore, abaturage baramukiye mu matora ya Perezida wa Repubulika ku wa Gatanu tariki 01 Nzeri 2023, nyuma y’uko hari hashize imyaka isaga icumi (10) badatora.
Muri Ukraine amashuri yongeye gufungura kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023, nyuma y’umwaka intambara itangiye muri icyo gihugu, ariko umwana umwe muri batatu, ni we uzajya ku ishuri, kubera ko intambara igihari ndetse n’ibibazo bitandukanye, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryangi w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF).
Umubikira Ann Fox wagize uruhare mu ishingwa ry’Ishuri ry’abakobwa rya ‘Maranyundo Girls School’ riyoborwa n’Ababikira mu Muryango w’Abenebikira, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023 aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal mu Mujyi wa Kigali.
Mu nama ya Komite mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yabaye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, wabaye umwanya mwiza wo kugaruka ku mvugo ndetse na gahunda zitandukanye zishyirwaho, hagamijwe kwita ku mibereho myiza n’iterambere ry’umuturage, aribwo hagarutswe kuri gahunda ya Wisiragira n’ibyo ije gukemura.
Muri Afurika y’ Epfo, abantu 73 bapfuye, abandi 43 barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye inzu ya etaji eshanu mu Mujyi wa Johannesbourg, kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.
Mu nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yateranye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ikitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yibanze ku isuku n’isukura, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa, isuku rusange ihera kuri njye”, abayobozi batandukanye bakaba (…)
Umugabo w’umunyamahirwe yakubiswe n’inkuba inshuro ebyiri mu gihe kitarenze iminota itanu, ararokoka, bifatwa nk’igitangaza.
Guverinoma y’u Bufaransa yatangaje ko yaciye ibyo kwambara ‘Abaya’ cyangwa se amakanzu maremare akunze kuba afite ibara ry’umukara, ku banyeshuri b’abakobwa biga mu mashuri ya Leta.
Umuhanuzi witwa Samuel Kakande yadukanye uburyo bushya bwo guha umugisha abizera bo mu idini rye, aho yagaragaye muri videwo atera amacunga abakirisitu mu rusengero nk’ikimenyets cyo kugira ngo bere imbuto, ku buryo butangaje umwe muri abo bakirisitu yagaragaye yijugunya hirya no hino nyuma y’uko rimwe muri ayo macunga (…)
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kevin Hart, yavuze ko ubu agendera mu kagare k’abantu bafite ubumuga, nyuma y’imvune yagize mu gice cyo mu nda, mu gihe yarimo asiganwa ku maguru n’uwahoze ari umukinnyi mu Ikipe y’igihugu ya Amerika y’umupira w’amaguru ‘ex-NFL player’. Hart yagize ati "Nagira ngo mbabwire bantu (…)
Abantu 13 barimo abana barindwi, bapfuye baguye mu mubyigano wabereye kuri Stade yo mu murwa mukuru wa Madagascar.
Muri Gabon, ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu, abashyigikiye Perezida Ali Bongo wari urangije manda ebyiri ayobora icyo gihugu, bakaba bavuga ko ashobora gutsinda ayo matora akabona iya gatatu.
Ubutegetsi bw’igisirikire bwagiyeho muri Niger guhera ku itariki 26 Nyakanga 2024, nyuma ya Coup d’état yakuyeho Perezida Mohamed Bazoum, bwahaye Ambasaderi w’u Bufaransa amasaha 48 yo kuba avuye ku butaka bw’icyo gihugu, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Niger, ku wa Gatanu tariki (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, yahagarariye Perezida Paul Kagame muri Afurika y’Epfo mu nama ya 15 yahuzaga ibihugu byo mu muryango BRICS. Iyo nama yanitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma batari abanyamuryango bagera kuri 69.
Abantu 26 bapfuye, abandi barakomereka nyuma y’uko ikiraro cyari kikirimo kubakwa cyacitse kigasenyuka.
U Buyapani bwatangiye kohereza mu Nyanja ya Pacifique amazi yakoreshejwe aturuka mu rugomero rwa ‘nuclear’ rwa Fukushima, nubwo u Bushinwa bwakomeje kurwanya icyo gikorwa ndetse n’abarobyi bo mu Buyapani bakavuga ko batewe impungenge n’ayo mazi.
Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, u Bugiriki buhuye n’inkongi ebyiri zikomeye, iheruka ikaba yahitanye abantu bagera kuri 20 mu masaha 48 gusa.
Mu Bushinwa, Resitora yabaye ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangira gahunda yo kujya imesa mu mitwe y’abakiriya bayo, kugira ngo batagenda bahumura ibyo kurya mu gihe bayisohotsemo.
Polisi yo mu Bubiligi ntigishobora kwishyura zimwe muri fagitire zayo, ku buryo ngo hari zimwe mu modoka zayo zaheze mu igaraji, ndetse na fagitire z’amashanyarazi zananiranye kwishyura.
Mu mpinduka zabaye mu bagize Guverinoma ku itariki 22 Kanama 2023, Maj Gen Albert Murasira yahawe inshingano zo kuyobora Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.
Umutoza w’Ikipe yo muri Saudi Arabia ya Al-Hilal witwa Jorge Jesus yavuze ko Umunya-Brazil w’icyamamare mu by’umupira w’amaguru, Neymar Junior, agomba gutegereza nibura ukwezi kumwe akabona gutangira muri iyo kipe ye nshya, kubera ko afite imvune.
Umusaza w’imyaka 84, witwa Gabriel Ahuwa, yemeje ko yishe umugore we w’imyaka 75 kubera umujinya kuko ngo yangaga ko baryamana, kandi akajya anumva bamubwira hari abayobozi bo mu itorero baryamana n’uwo mugore we.
Muri Kenya, abantu batandatu bari mu bukwe bapfuye nyuma yo kugwa mu cyobo bari bahagaze hejuru, cyari gipfundikiye ariko kikaza kuriduka bitewe n’ibiro byinshi cyari cyikoreye.
Udutsiko tw’amabandi yitwaje intwaro, twabibye ubwoba mu baturage muri Haïti. Aho kuva uyu mwaka wa 2023 watangira, imvururu ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro muri icyo gihugu zimaze guhitana ubuzima bw’abasaga 2.400, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye. Hakaba ngo hakenewe ingabo mpuzamahanga kugira ngo zihagarike (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa yatangaje ko Perezida Xi Jinping azaba ari mu nama ‘BRICS’ mu cyumweru gitaha.
Indege ya Kajugujugu yari itwaye abakomeretse n’imirambo y’abaguye mu gico cyatezwe n’abantu bitwaje intwaro, mu Mudugudu wa Chukuba-Shiroro muri Leta ya Niger muri Nigeria, yarahanutse ihitana abasirikare basaga 20.
Umugore witwa Leah Williams ufite umubiri udakorana n’ubunyobwa cyangwa se ugira ‘allergie’ ku bunyobwa, yabuze andi mahitamo yiyemeza kugura amapaki yose y’ubunyobwa yari mu ndege kugira ngo budahabwa abagenzi bari kumwe muri iyo ndege bigashyira ubuzima bwe mu kaga.