Abantu 25 baguye mu mpanuka y’imodoka yahirimye igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro, mu gihe abandi 8 ari bo bakomerekeye muri iyo mpanuka yabereye muri Leta ya Maharashtra,mu Burengerazuba bw’u Buhinde, nk’uko byatangajwe na Polisi yaho.
Umuganga mu Bitaro byo muri Tanzania byitwa ‘Hospitali ya Taifa Muhimbili (MNH)’, Dr Sadick Sizya, avuga ko iyo amazi abaye menshi kurusha akenewe mu mubiri atari byiza, kuko icyo gihe umuntu yisanga mu byago byo kugira uburozi mu mubiri butuma hari ubutare bw’ingenzi bugabanuka, harimo n’ubwitwa ‘sodium’.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yasabye Abadepite baturuka mu Muryango RPF-Inkotanyi, kujya bakorana ubushishozi, bagatora amategeko ajyana n’umuco w’Igihugu ndetse n’indangagaciro zacyo.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Madonna, yimuye ibitaramo byo kuzenguruka Isi, byari biteganyijwe gutangira muri Nyakanga kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023, nyuma yo kujyanwa mu bitaro kubera indwara yatewe na bagiteri ‘grave infection bactérienne’.
Umugabo witwa Martin Nyota n’umugore we Rose Wairimu, bafatiwe mu rugo rwabo hamwe e n’undi witwa Eunice Muthoni, bose uko ari batatu bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo gusahura umutungo wa Leta nyuma y’uko bashinjwe kwiba imiswa bakajya kuyigurisha mu Bushinwa no mu Bufaransa.
Yevgeny Viktorovich Prigozhin, ni we uyobora umutwe w’abacanshuro wa Wagner uvugwa kuba wariyambajwe mu ntambara zo mu bihugu bimwe na bimwe by’Afurika.
Muri Sudan, Umutwe witwara girisirikare wa (RSF), warekuye imfungwa z’intambara 100, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’Igitambo cy’intama ku Bayisilamu ‘Eid al-Adha’, nubwo intambara igikomeje mu Murwa mukuru w’icyo gihugu, Khartoum.
Prééclampsie/ Preeclampsia ikunze kwibasira abagore batwite mu gihe barengeje ibyumweru 20, irangwa n’umuvuduko ukabije w’amaraso ndetse na Poroteyine nyinshi mu nkari.
Umugabo witwa Adam Rashid yasimbutse ava ku nzu y’igorofa ya Hoteli Sakina iherereye ahitwa Eastleigh ifite za etaji umunani(8), ngo akaba yasimbutse ahunga Polisi yashakaga kumufata imukekaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Perezida Julius Maada Bio, ni we watorewe kongera kuyobora igihugu cya Sierra Leone ku majwi 56.17%, nk’uko bigaragazwa n’imibare yaraye itangajwe na Komisiyo y’amatora y’icyo gihugu, nubwo uwamukurikiye mu majwi avuga ko atemera iyo mibare.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 48 yikubise hasi nyuma y’uko umutima uhagaze bitunguranye, nyuma y’iminota 10 gusa asezeranye n’umukunzi we.
Urukiko rwategetse Minisitiri Alfred Mutua, ushinzwe ububanyi n’amahanga, kwimura ubwiherero bwo mu nzu ye, nyuma y’uko arezwe n’umuturanyi we witwa Felicita Conte, ko yabushyize ahegeranye n’aho arira, none bikaba bimubangamiye.
Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) yatangiye gukora ibizamini byo kwerekana isano hagati y’abantu n’abandi (ADN/DNA) muri Werurwe 2018, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo Kigo. Kugeza ubu ikaba itanga ibisubizo byizewe kuko ikoresha abakozi (…)
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Nasibu Abdul uzwi cyane ku mazina ya Diamond Platnumz, yinjiye mu rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, ahamagarira urubyiruko rwo muri icyo gihugu kureka kubikoresha, kuko nta nyungu bizana mu buzima bwaho ahubwo bibwangiza.
Umusaza witwa Masasila Kibuta w’imyaka 102 y’amavuko, yasezeranye n’umugore we Chem Mayala w’imyaka 90 y’amavuko, bakaba basezeranye imbere ya Padiri mu rwego rwo kwiyegereza Imana, nk’uko byatangajwe na Masasila Kibuta.
Hotel yo muri Hyatt muri Mexico yabaye ihagaritse by’agateganyo ibikorwa byayo, nyuma y’uko umugabo n’umugore bakomoka muri California, basanzwe bapfiriye mu cyumba cyayo, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru ‘CBS Los Angeles’.
Ricky Martin ni rimwe mu mazina azwi rugando rw’imyidagaduro cyane cyane muri Amerika y’Amajyepfo aho akomoka, kuko ni umuhanzi w’indirimbo w’icyamamare, akaba n’umwanditsi wazo.
Mali yasabye Umuryango w’Abibumbye, UN gukura ingabo zawo mu butumwa zari zaroherejwemo muri icyo gihugu (MINUSMA) bidatinze, kuko hari ikibazo cyo kuba nta cyizere kiri hagati y’ubutegetsi bwa Mali ndetse n’abahagarariye ubwo butumwa bwa UN.
Umwijima ni inyama ifite akamaro gakomeye mu buzima, kubera uruhare igira mu kuyungurura imyanda mu maraso n’ibindi. Ni ngombwa kwita ku buzima bwawo kuko iyo ufite ibibazo bituma udakora neza akazi kawo, ibyo bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu muri rusange.
Guverinoma ya Tanzania irashaka gutangiza gahunda yo gukurikirana no gusoresha amatangazo yamamaza anyura kuri Interineti, harimo amatangazo yamamaza iby’ubucuruzi ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga n’abantu baba bazwi cyane mu gukoresha izo mbuga (digital influencers), ndetse n’ubucuruzi bwose bukorerwa kuri Interineti muri (…)
Abayoboke 64 b’itorero rya ‘Good News International’ rya Paul Mackenzie, ubu ukuriranywe n’ubutabera bwo muri Kenya nyuma y’uko hatahuwe imva nyinshi zishyinguwemo bamwe mu bayoboke be bishwe n’inzara, n’abandi batabawe benda kwicwa n’inzara aho basengeraga mu ishyamba bijyanye n’inyigisho yabahaga ko ng uko kwiyicisha (…)
Umwana w’umukobwa w’umunyeshuri uherutse gufotorwa yicaye iruhande rw’umuhanda yigira ku matara yo ku muhanda, yahawe amashanyarazi azajya yigiraho iwabo mu rugo atekanye.
Inkuru icukumbuye yakozwe na BBC, igaragaza ko abantu bahunga bava muri Afghanistan bashimutwa bakanakorerwa iyicarubozo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi baba bari ku mupaka uhuza Iran na Turkey.
Ubuyobozi bwa Nigeria bwatangaje ko nibura abantu 103 baguye mu mpanuka y’ubwato bwarohomye, bwari butwaye abantu bavuye mu bukwe, mu gihe abandi basaga 100 bo bashoboye gutabarwa.
Umushinga w’Itegeko Nshinga uzatorwa mu matora ateganyijwe ku Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, wongera ububasha bw’Umukuru w’Igihugu, bukangana n’ubw’Abadepite.
Umubano wa Kylian Mbappé na Paris Saint-Germain ukomeje kuba mubi nyuma y’aho uyu mukinnyi abamenyesheje ko adateganya kongera amasezerano n’Ikipe ya Paris Saint-Germain, azarangira muri Kamena 2024.
Umugore witwa Miriam Wesonga yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma y’uko hari umuturage wamubonye yiruka ahunga kandi yaravuzweho kuba yaribye umwana muri Werurwe 2023.
Silvio Berlusconi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, afite imyaka 86 y’amavuko, umugabo uvugwaho kuba yaravuguruye cyane politiki y’u Butaliyani.
Ibigo by’amashuri bisaga 900 byarafunzwe kubera ikibazo cy’umutekano mukeya mu gace Tillabéri mu Majyepfo y’u Burengerazuba bwa Niger.
Urukiko rwo mu Karere ka Iringa, rwahanishije igihano cyo gufungwa burundu no kwishyura amande y’Amashilingi Miliyoni eshanu ya Tanzania, umugabo witwa Method Muhimba w’imyaka 33, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka icumi (10), wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza.