Abana bakenera kunywa amazi kurusha n’abantu bakuru, kuko bo imibiri yabo iba igikura, kandi ikeneye amazi ahagije.
Hari abantu bazi ko iyo barwaye , muganga akabandikira umuti ugomba kunyobwa gatatu ku munsi, biba bivuze ko bagomba kuwunywa mu gitondo, saa sita na nijoro.
Hari abantu baba bari basanganywe imisatsi myiza, ibyibushye, ubona ko ifite ubuzima, nyuma y’igihe runaka, ukabona ya misatsi itangiye koroha bidasanzwe, ikajya ipfuka, uko umuntu asokoje akabona imisatsi myinshi yarandutse isigaye mu gisokozo.
Nubwo umuntu ari cyo kiremwa kirusha ubwenge ibindi, kikaba kibiyobora kikabiha n’umurongo, zimwe mu nyamaswa nazo zigira ibyo zirusha umuntu nko kuba nta nyamaswa yagambirira kwica ngenzi zayo ngo izimare nk’uko mu Rwanda byagenze mu 1994, kuba nta nyamaswa yarutisha indi bidahuje imimerere ngenzi yayo, n’ibindi.
Koza amenyo nibura inshuro ebyiri ku munsi, bikwiye kuba muri gahunda y’umunsi kuri buri wese, nk’uko abantu bagomba kurya kugira ngo babeho.
Hari abantu bataramenya ko telefoni zigendanwa, igihe zititondewe zishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abantu, cyane cyane ubw’abana kuko baba bagifite amagufa yoroshye kandi bagikura.
Umugore utwite akwiye gufata indyo yuzuye kugira ngo ashobore kubona intungamubiri akeneye ndetse n’izitunga umwana atwite.
Mu rwego rwo kugabanya amafaranga igihugu gitanga mu kugura gaze, Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peterori na gaze n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa “Gasmeth Energy Limited”, ikazacukura gaz methane mu Kiyaga cya (…)
Abanyeshuri 60 baziga ibijyanye na za porogaramu zo muri mudasobwa, muri gahunda y’imyaka itatu batangiye amasomo ku ishuri riherereye mu Karere ka Nyabihu, bakaba bategerejweho kuzatanga umusanzu mu kurwanya ibyaha bikorerwa kuri interineti.
Abana bafite munsi y’imyaka itanu bakenera indyo yuzuye igizwe n’imboga, imbuto, ibinyamisogwe, amata n’ibiyakomokaho na poroteyine. Indyo yuzuye, igira intungamubiri zikenerwa mu mikurire y’umwana, mu iterambere rye no mu myigire ye.
Ikibuga cya kabiri cy’utudege tutagira abapilote (drone), giherereye mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Uburasirazuba cyatangiye gukora, kikazajya giharukiraho utudege dutwaye amaraso n’ibindi bikoresho byifashishwa kwa muganga, tubijyana ku bigo nderabuzima no ku bitaro binyuranye byo muri iyo ntara.
Umunyu ni ingenzi mu mikorere myiza y’umubiri w’umuntu, ukaba n’ikintu gikomeye mu mateka y’isi, kuko ubushakashatsi bwerekanye ko abasirikare b’Abaromani bahabwaga umunyu nk’igice cy’umushahara wabo. Iyo umuntu arya umunyu ku rugero ruto cyane, bimuteza ingorane.
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) yatangije ku mugaragaro igikorwa cy’igenzura mu mashuri yose yo mu gihugu, rikaba ari igenzura rikorwa ku nshuro ya kane, iyo Minisiteri ikaba kandi yariyemeje kurikora buri gihembwe.
Mu buzima, abantu basabwa gukora kugirango babashe kwitunga, gutunga ababo ndetse no gukorera sosiyete n’ibihugu byabo.
Sultan Ahmed Bin Sulayem Umuyobozi mukuru wa “Dubai Portland World” avuga ko umwanzuro w’iyo sosiyete ahagarariye, wo gufungura ishami mu Rwanda, ugamije gufasha ibihugu bidakora ku nyanja gukora ubucuruzi bwagutse.
Uko iterambere ry’igihugu rizamuka, ni na ko umubare w’abanyarwanda bagenda batekereza gutunga imodoka wiyongera. Kigali Today yabakoreye icyegeranyo cy’imodoka eshanu zikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuri ubu.
Tariki 18 Mutarama 2019, ni bwo umucamanza Theodor Meron ufite imyaka 88 y’amavuko yarangije imirimo ye.
Sosiyete yo muri Nigeria yamaze kwegeranya ibyangombwa byose ku buryo mu byumweru bibiri izaba yatangije ikoranabuhanga rishya mu Rwanda, rizafasha abakoresha Gaz kujya bayigura bakoresheje mobile money, ibyo bikazakemura ikibazo cy’iyangirika ry’amashyamba riterwa n’abacana inkwi.
Mu cyumweru gishize, Kigali Today yanditse inkuru ivuga ukuntu bigoye gukurikirana amafaranga ari kuri konti ya mobile money y’umuntu witabye Imana cyane cyane iyo byabaye mu buryo butunguranye.
Mu byumweru bitatu bishije, ibitangazamukuru byo mu Rwanda byerekeje amaso ku irushanwa rya Miss Rwanda byirengagiza ibindi byose.
Umugore w’imyaka 29 y’amavuko umaze imyaka 10 ari muri koma mu kigo cya Hacienda i Phoenix muri Leta ya Arizona muri Amerika, yabyaye akiri muri koma. Ubu harashakishwa uwamuteye inda.
Muhire Kevin ukina hagati mu mavubi yemeye gusinya amasezerano yo gukinira Misr Lel-Makkasa SC yo mu cyiciro cya mbere muri Misiri.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage(PSD) ryatangaje ko rigiye kubaka icyicaro cyaryo, rikaba ribaye irya kabiri rifite inyubako yaryo bwite rikoreramo nyuma y’umuryango wa FPR-Inkotanyi ufite inyubako yayo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Abanyarwanda n’abandi bakerarugendo bo mu karere bifuza gusura Umujyi wa Yeruzalemu muri Isiraheli ubitse amateka menshi ya Yesu/Yezu, bagiye kuzajya bawusura bakoresheje indege ya RwandAir.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) n’itsinda ry’abantu 16 baturutse mu kigo cya “Alibaba Group” bagiranye ibiganiro bishobora kuzanira akanyamuneza abahinzi n’aboherereza ibikomoka ku buhinzi mu mahanga.
Mu rwego rwa gahunda ya Leta y’imyaka irindwi igamije guteza imbere siporo, ubu ibikorwa byo kubaka sitade mu turere twa Bugesera, Nyagatare na Ngoma byaratangiye kandi bizaba byarangiye muri Kanama 2019.
Igishushanyo mbonera cy’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, cyavuguruwe hagamijwe kucyagura, kongera ubwiza bwa cyo ndetse no kuvugurura imyubakire, hagendewe ku biranga ibibuga mpuzamahanga bigezweho.
Polisi y’iguhugu yafashe Abantu 14 bo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Muri Werurwe umwaka utaha moto za mbere zikoresha amashanyarazi zizatangira gukoreshwa mu Rwanda, aho zitegerejweho gufasha igihugu guhangana n’ibyuka bihumanya ikirere.
Ku nkunga y’Ubuyapani, u Rwanda rurateganya kugira icyogajuru cyarwo mu kirere, ibyo bikazarufasha kwigenga mu bijyanye n’isakazamakuru ku buryo busesuye.