Urukiko rukuru rwa Kenya rwahagaritse by’agateganyo ifungwa ry’inkambi ebyiri, Dadaab na Kakuma zicumbikiye impunzi zisaga ibihumbi magana ane ( 400.000) nk’uko bivugwa n’itangazamakuru ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe Isi yose yari yimye amaso ibyaberaga mu Rwanda, idashaka kugira icyo ibikoraho, ahubwo ugasanga hari impaka za kumenya niba ari isubiranamo ry’amoko gusa, cyangwa se niba ari Jenoside, Umudipolomate w’Umunya-Nigeria yabwiye Akanama ka LONI gashinzwe umutekano ko (…)
Abayobozi batandukanye bifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba batanze ubutumwa basaba ko Jenoside itazongera kubaho ukundi (Genocide Never Again). Ikindi kandi bashimira uko Abanyarwanda bashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yahitanye abasaga Miliyoni bishwe mu minsi ijana.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Mata 2021, u Rwanda rwatangiye icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), akaba yasobanuye impamvu kwibuka ari ngombwa ndetse n’icyo bimaze mu kurwanya ingengabitekerezo ya (…)
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), yatangaje ko hari gahunda yo kuzifashisha telefoni mu gufasha abahura n’ihungabana mu gihe cyo Kwibuka.
Hari abantu byagora cyane kubaho nta ndorerwamo (amalineti) bitewe n’uko zibafasha kubona neza bakagenda badasitara, bagashobora gusoma, ariko umuntu yakwibaza, ubundi indorerwamo zabayeho ryari? Ese izo tubona ubu zitaraza abantu bifashishaga iki?
Arikiyepiskopi wa Arikidiyoseze ya Kampala, Cyprian Kizito Lwanga, bamusanze mu cyumba cye yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 werurwe 2021, nk’uko byanditswe mu kinyamakuru ’Daily Monitor’ cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, asanga Afurika iramutse ishoboye ubwayo kwikorera imiti byagabanya ikintu cyo gutegereza ubufasha bw’amahanga. Ibyo yabivuze nyuma y’ikibazo cy’ubusumbane cyagaragaye mu bijyanye no kubona inkingo za Covid-19 mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi byatumye Afurika iza ku (…)
Umuhanzi Meddy uzwi mu njyana ya R&B, arategura ubukwe kugira ngo abane n’umukunzi we bamaranye igihe kirekire witwa Mimi Mehfira, ibyo bikaba bigiye ahagaragara nyuma y’amezi atatu uwo mukobwa yemereye Meddy kumubera ‘fianée’.
Polisi y’ahitwa Bariadi mu Ntara ya Simiyu muri Tanzania yafashe umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, (amazina ye ntiyatangajwe), akaba akurikiranyweho icyaha cyo kuba yari agiye gushimuta utunyamasyo 438 dufite agaciro k’asaga Miliyoni 71 z’Amashiringi ya Tanzania, adutwaye mu bikapu bitatu, nta cyemezo gitangwa na Leta (…)
Ubuki bwifitemo intungamubiri nyinshi, bugira ubushobozi bwo kurwanya za ‘bacteries’ , bukagira ibyitwa ‘antioxydants’ bituma umubiri w’umuntu ukora neza, bikamurinda gusaza imburagihe.
Umuhanzi Prosper Turatsinze bakunze kwita Mico The Best, yatangaje ko azakomeza gusohora indirimbo imwe imwe kugeza ubwo icyorezo cya Covid-19 kizarangira, akabona gutegura igitaramo cyo kumurika ‘Album’ ikubiyeho indirimbo ze nyinshi.
Itsinda ry’ibihugu bigera kuri 14 harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) n’Ubuyapani byatangaje ko byifuza kumenya inkomoko nyayo ya Covid-19. Ibyo bihugu byabitangaje bishingiye kuri raporo yakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu Bushinwa, bivuga ko itsinda ryashyizweho na WHO "ritashobonye kubona amakuru (…)
Umutobe wa Karoti uzwiho kuba utuma uruhu rumererwa neza, rugatoha, rukanasa neza, ni umuti w’umwimerere uvura zimwe mu ndwara z’uruhu cyane cyane urwo mu maso. Kubera ikitwa ‘bêta-carotène’ kiboneka muri karoti, bituma kunywa umutobe wazo birinda uruhu kwangizwa n’imirasire y’izuba.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yiyongereye ku bandi bayobozi basaga 20 bo hirya no hino ku Isi, basaba ko hashyirwaho uburyo bufasha Isi kwitegura ibindi byorezo bishobora kwaduka mu gihe kizaza.
Umuhora wa ‘Canal de Suez’ uhuza inyanja itukura (mer rouge) n’inyanja ya Mediterane, ukoreshwa na 10% by’ubucuruzi mpuzamahanga bwifashisha inzira y’amazi, wongeye gukora ku wa Mbere tariki 29 Werurwe 2021, nyuma y’icyumweru ufunze.
Inkuru yacicikanye mu binyamakuru bitandukanye ivuga ko Polisi ya Tanzania yafashe abo bantu bantu kuko bifatwa nk’aho basuzuguye urupfu rw’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, John Pombe Magufuli, bakajya mu bisa n’imyidagaduro kandi igihugu cyose kiri mu cyunamo.
Sarah Obama wari umugore wa gatatu wa Sekuru wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America (USA), ariko akaba yamufataga nka nyirakuru, yitabye Imana ku myaka 99.
Uwari Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, kuri uyu wa 26 Werurwe 2021, ku isaha ya saa kumi n’iminota mirongo itanu z’umugoroba, ni bwo isanduku irimo umubiri we yamanuwe mu mva, aho yaherekejwe n’abantu benshi.
Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yiteguye kongera amafaranga itanga ku mishinga igamije gukwirakwiza amazi meza mu baturage. Umukesha Amandine, inzobere mu bijyanye n’amazi n’isukura muri Banki Nyafurika itsura amajyambere (African Development Bank ‘AfDB’ mu Rwanda, yavuze ko iyo Banki ubusanzwe itajya irenza (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2021, nibwo Dr Pombe Magufuli wari Perezida wa Tanzania ashyingurwa, bikaba biteganyijwe ko ashyingurwa mu Ntara ya Geita aho akomoka.
Ikimera cya tangawizi kizwiho kugira ibyiza byinshi ku buzima bw’umuntu, ariko kandi ni ngombwa kwita k’uko umuntu ayikoresha, kuko ngo iyo urengeje urugero rukwiriye, ishobora guteza ibibazo bitandukanye nk’uko bisobanurwa ku rubuga https://sante.journaldesfemmes.fr.
Ubufaransa bwatangaje ko ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, buzongera gufungura Ambasade yabwo mu Murwa mukuru wa Libya Tripoli, ibyo bikazakorwa mu rwego rwo gushyigikira Guverinoma nshya y’Ubumwe ya Libya.
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko izo mpunzi zimuwe mu rwego rwo kwita ku mibereho myiza yazo, no kubungabunga ibidukikije. Inkambi y’impunzi ya Kigeme iherereye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, yubatse ahantu ku musozi, kandi mu minsi ishize, byagaragaye ko uwo musozi ushobora kwibasirwa n’inkangu ndetse n’ibindi (…)
Abayobozi baturutse mu bihugu 17 byo hirya no hino ku isi, kuri uyu wa Mbere tariki 22 Werurwe 2021 bifatanyije na Tanzania mu muhango wo gusezera Dr John Pombe Magufuli bwa nyuma.
Mu gihe muri Tanzania bakomeje gusezera ku murambo wa Dr John Pombe Magufuli, mu Mujyi wa Dar Salaam harnzwe umubyigano ukabije ku buryo Polisi itahise imenya umubare w’abashobora kuba bakomerekeye muri uwo mubyigano wari ukabije by’umwihariko ku Cyumweru tariki 21 Werurwe 2021.
Jakaya Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania, yavuze ko afite icyizere ko icyo gihugu gifite amahoro kuva Perezida Samia Suluhu Hassan ukiyoboye ubu, azi ibyabaye, ibigikenewe, n’ibiteganywa gukorwa mu myaka itanu iri imbere.
Tanzania ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba bagize ibyago byo gupfusha umuyobozi nka Perezida Magufuli, wari umuyobozi mwiza nk’uko byagarutsweho n’abantu batandukanye batanze ubutumwa nyuma y’urupfu rwe.
Abantu batandukanye hirya no hino ku isi barimo ibyamamare bakomeye gutanga ubutumwa bugaragaza uko bakozwe ku mutima n’urupfu rwa Perezida Magufuli wa Tanzania, witabye Imana ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, bunihanganisha icyo gihugu.