Madame Jeannette Kagame witabiriye inama ya gatanu ku Ihame ry’uburinganire n’imiyoborere yateguwe n’ikigo cya ‘Motsepe Foundation’, yavuze ko abagore bo mu Rwanda bagaragaje ko bashoboye, cyane cyane nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo nk’uko bigaragara mu makuru abikwa muri za mudasobwa, abagore (…)
Nubwo hari abantu batinya kuba babyara impanga, bakavuga ko ngo kuzitaho bivuna cyane, hari abandi bo baba biteguye gukora icyo ari cyo cyose byaba bisaba kugira ngo babone umunezero wikubye kenshi wo kubyara impanga. Byagaragaye ko hari ibiribwa runaka byakongera amahirwe yo gutwita impanga.
Kudasinzira cyangwa se kudasinzira bihagije byatera ibibazo by’ubuzima nubwo bitahita bigaragara ako kanya.
Kugenda umuntu akandagiye hasi, atambaye inkweto bigira akamaro gakomeye ku buzima bw’abajya babikora, ariko cyane cyane kugenda mu mucanga n’ibirenge bitambaye inkweto nibyo bigira akamaro kurushaho.
Mu gikowa cyo gukingira Covid-19 mu Karere ka Bugesera, hateguwe ahantu 16 ho gukingirira abantu bari mu byiciro bitandukanye batanga serivisi zisaba guhura n’abantu benshi. Aho abantu bikingiriza ni ku bitaro by’Akarere ka Bugesera ndetse no ku bigo nderabuzima 15 bibarizwa muri ako Karere.
Abanyeshuri barindwi (7) bapfuye abandi barakomereka ubwo ibyuma abantu bakunda gushyira ku mbaraza z’inzu mu rwego rwo kurinda umutekano w’abazinjiramo (railings), byavunikaga bagahanuka bavuye kuri ‘etage’ ya kane.
Igikomangoma Harry avuga ko yasize umuryango w’i Bwami mu Bwongereza akajya gutura muri California kuko yari afite ubwoba ko ‘amateka mabi yazisubiramo’.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Sudani y’Epfo byanditse ko abagenzi bagera ku icumi ndetse n’Umupilote, baguye mu mpanuka y’indege yahanutse imaze akanya gato ihagurutse.
Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tchad, Saleh Kebzabo, yavuze ko ishyaka rye ryivanye mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Mata 2021, akaba yabitangaje nyuma yo kumenya ko mu rugo rw’undi mukandida muri ayo matora havugiye amasasu akanahitana abantu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO), ritangaza ko imibare y’abandura Covid-19 ku rwego rw’isi yazamutse mu cyumweru gishize, ibyo bikaba ari ubwa mbere bibayeho mu byumweru birindwi bishize.
Nubwo ari ibintu bibaho gake cyane muri icyo gihugu, ku wa Mbere tariki 1 Werurwe 2021, Visi Perezida w’igihugu cya Zimbabwe, Mohadi Kembo yeguye ku mirimo ye, nyuma y’uko itangazamakuru ryo muri icyo gihugu rimuvuzeho imyitwarire idakwiye iganisha ku busambanyi.
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku Cyumweru tariki 28 Gashyantare 2021, ubwo yari mu nama yamuhuje n’abamushyigikiye mu matora aheruka nubwo yayatsinzwe, ni inama yabereye muri Leta ya Florida, yabeshyuje amakuru avuga ko ngo yaba afite umugambi wo gushinga ishyaka rya politiki rishya.
Abayobozi mu nzego z’ubuzima muri ‘California’ muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko bagiye gukora iperereza ku muganga ubaga (chirurgien plasticien), witabye urukiko mu buryo bw’ikoranabuhanga ‘video conference’ kubera icyaha yari yakoze kijyanye no kwica amategeko yo mu muhanda, akarwitaba anabaga umurwayi.
Ibitunguru ni ikiribwa kiryoha, gihugumura neza, kitagira ibinure bibi byatera ingaruka ku muntu ubirya, kandi ibitunguru bigira ibyiza bizana mu mubiri.
Ni inkuru yanditswe n’ibinyamakuru bitandukanye hirya no hino ku isi, barimo BBC, 7 sur 7 n’ibindi, bavuga ko u Bushinwa bwabeshyuje amakuru y’uko ngo bwaba bwarategetse Abadipolomate b’Abanyamerika kwipimisha Covid-19, ariko abaganga bagafata ibizamini mu kibuno.
Uwigeze guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Tanzania aturutse mu ishyaka rya Chadema, Tundu Lissu, yakosoye Perezida John Magufuli, bitewe n’uko yitwara mu kibazo cy’icyorezo cya Covid-19.
U Butaliyani burasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gutangiza iperereza ku rupfu rwa Ambasaderi wabwo Luca Attanasio, uherutse kwicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Urukiko rw’i Beijing mu Bushinwa rwategetse umugabo guha umugore we indishyi y’ama ‘yuan’ ibihumbi mirongo itanu (50.000) angana n’Amadolari 7,700 (abarirwa muri miliyoni 7 mu mafaranga y’u Rwanda) kubera imirimo yagiye akora mu rugo mu myaka itanu bamaze bashakanye kandi akaba atarishyuwe.
Irimbi rya Camogli ryubatswe mu myaka isaga 100 ishize, riherereye ahantu ku rutare ruri ku nkengero z’inyanja ryaridutse kubera isuri. Francesco Olivari, Meya wa Camogli, yavuze ko uko kuriduka kw’iryo rimbi ari ikiza umuntu atashobora gutekereza "unimaginable catastrophe".
Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibihugu bigaragaza ukwikunda no kwirebaho mu kugura inkingo za COVID-19, ibyo yise uburyarya kuko binyuranyije na gahunda izwi nka Covax yashyizweho igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo.
Sosiyete ya Apple ngo yaba yaratangiye gushaka aho igura ‘lidar sensors’ zazakoreshwa mu modoka zayo zitwara ubwazo zikoresha umuriro w’amasahanyarazi nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Abanyamerika rutangaza amakuru ajyanye n’ubukungu (Bloomberg).
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagejeje ijambo ku baturage be, mu gihe imibare yagaragazaga ko Amerika imaze gupfusha abantu basaga ibihumbi magana atanu bazize Covid-19 cyangwa ibibazo biyishamikiyeho. Amerika ni yo imaze gupfusha umubare munini w’abantu bazize Covid-19 kurusha ibindi bihugu byose byo (…)
Ipapayi ni urubuto rukundwa n’abantu benshi kuko ruraryoha kandi rugira n’akamaro gakomeye kimwe n’izindi mbuto zitandukanye, ariko akamaro k’ipapayi ntikagarukira mu kuyirya gusa, ahubwo ikoreshwa no mu kwita ku bwiza n’ubuzima bw’uruhu rwo mu maso.
Mu bitangazamakuru bitandukanye hasakayemo inkuru ivuga ko Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, atagerejwe mu Rwanda mu byumweru bikeya biri imbere, ngo rukaba ari uruzindiko yitegura kandi rufite akamaro cyane.
Ibyo kuba muri Tanzania hari ikibazo cya Covid-19, Perezida Magufuli yabyemeje, kuko ubundi ngo hari hashize amezi menshi avuga ko icyo cyorezo kitarangwa muri Tanzania kubera imbaraga z’amasengesho.
Guvorinoma y’u Rwanda ivuga ko izakomeza gukorana n’ibihugu bituranye narwo, cyane cyane Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’ibihugu byombi ndetse no mu karere bukomeze, nyuma y’uko imipaka yari yafunzwe kubera icyorezo cya Covid-19.
Kim Kardashian wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika uzwi cyane mu biganiro binyura kuri televiziyo, yasabye gatanya ku buryo bweruye tariki 19 Gashyantare 2021. Kim Kardashian arasaba gutandukana n’umugabo we Kanye West, wikorera ku giti cye ndetse akaba n’umuhanzi uzwi cyane mu njyana ya Rap. mu gihe ibinyamakuru (…)
Mu Bwongereza, Umugabo witwa Robert Vick,wari ku rutonde rw’abashakishwa na Polisi, kuko yari yaracitse gereza atarangije igihano cy’igifungo yari yarakatiwe, yahisemo kwijyana kuri polisi ngo yongere asubire muri gereza aho kugumana n’abantu babanaga muri ‘Guma mu Rugo’(Lockdown).
Abantu bane bo mu Mujyi wa Blantyre mu gihugu cya Malawi bafunzwe nyuma yo gutegura indabo z’amaroza mu noti z’Amafaranga y’icyo gihugu yitwa ama Kwacha (Malawi Kwacha banknotes).
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye Sosiyete ikomeye y’ubwikorezi bwo mu kirere yigenga ihuriweho n’Abafaransa n’Abaholandi, KLM, itakaza ibice bibiri bya gatatu (2/3) by’abakiriya bayo biyiteza igihombo cya miliyari 7.1 z’Amayero mu mwaka wa 2020.