MENYA UMWANDITSI

  • Tundu Lissu

    Lissu arasaba Perezida Magufuli kubwiza ukuri Abatanzania ibya Covid-19

    Uwigeze guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Tanzania aturutse mu ishyaka rya Chadema, Tundu Lissu, yakosoye Perezida John Magufuli, bitewe n’uko yitwara mu kibazo cy’icyorezo cya Covid-19.



  • Minisitiri w

    U Butaliyani bwasabye UN gutangiza iperereza ku rupfu rwa Ambasaderi Luca Attanasio

    U Butaliyani burasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gutangiza iperereza ku rupfu rwa Ambasaderi wabwo Luca Attanasio, uherutse kwicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).



  • Mu Bushinwa umugore amara amasaha abarirwa muri ane ku munsi akora imirimo itishyurwa

    Urukiko rwategetse umugabo kwishyura umugore we Miliyoni 7 FRW kubera imirimo yo mu rugo yakoze

    Urukiko rw’i Beijing mu Bushinwa rwategetse umugabo guha umugore we indishyi y’ama ‘yuan’ ibihumbi mirongo itanu (50.000) angana n’Amadolari 7,700 (abarirwa muri miliyoni 7 mu mafaranga y’u Rwanda) kubera imirimo yagiye akora mu rugo mu myaka itanu bamaze bashakanye kandi akaba atarishyuwe.



  • Irimbi mu Butaliyani ryaridutse

    Mu Butaliyani irimbi ryaridutse amasanduku agwa mu nyanja

    Irimbi rya Camogli ryubatswe mu myaka isaga 100 ishize, riherereye ahantu ku rutare ruri ku nkengero z’inyanja ryaridutse kubera isuri. Francesco Olivari, Meya wa Camogli, yavuze ko uko kuriduka kw’iryo rimbi ari ikiza umuntu atashobora gutekereza "unimaginable catastrophe".



  • Perezida Kagame na Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus basanga ibihugu bikize bidakwiriye kwiharira inkingo za COVID-19

    Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo

    Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibihugu bigaragaza ukwikunda no kwirebaho mu kugura inkingo za COVID-19, ibyo yise uburyarya kuko binyuranyije na gahunda izwi nka Covax yashyizweho igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo.



  • Apple yatangiye umushinga wo gukora imodoka zitwara

    Sosiyete ya ‘Apple’ igiye gukora imodoka zitwara ubwazo

    Sosiyete ya Apple ngo yaba yaratangiye gushaka aho igura ‘lidar sensors’ zazakoreshwa mu modoka zayo zitwara ubwazo zikoresha umuriro w’amasahanyarazi nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Abanyamerika rutangaza amakuru ajyanye n’ubukungu (Bloomberg).



  • Joe Biden

    Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagejeje ijambo ku baturage be, mu gihe imibare yagaragazaga ko Amerika imaze gupfusha abantu basaga ibihumbi magana atanu bazize Covid-19 cyangwa ibibazo biyishamikiyeho. Amerika ni yo imaze gupfusha umubare munini w’abantu bazize Covid-19 kurusha ibindi bihugu byose byo (…)



  • Urunyanya rutuma uruhu rwo mu maso rumererwa neza rukazana itoto

    Uko wakwita ku ruhu rwo mu maso wifashishije ipapayi n’urunyanya bihiye

    Ipapayi ni urubuto rukundwa n’abantu benshi kuko ruraryoha kandi rugira n’akamaro gakomeye kimwe n’izindi mbuto zitandukanye, ariko akamaro k’ipapayi ntikagarukira mu kuyirya gusa, ahubwo ikoreshwa no mu kwita ku bwiza n’ubuzima bw’uruhu rwo mu maso.



  • Perezida W

    Perezida Macron arateganya gusura u Rwanda

    Mu bitangazamakuru bitandukanye hasakayemo inkuru ivuga ko Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, atagerejwe mu Rwanda mu byumweru bikeya biri imbere, ngo rukaba ari uruzindiko yitegura kandi rufite akamaro cyane.



  • Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, wakunze kudaha uburemere icyorezo cya COVID-19, ubu noneho ngo yemeye ko ari ikibazo gikomereye Tanzania

    Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19

    Ibyo kuba muri Tanzania hari ikibazo cya Covid-19, Perezida Magufuli yabyemeje, kuko ubundi ngo hari hashize amezi menshi avuga ko icyo cyorezo kitarangwa muri Tanzania kubera imbaraga z’amasengesho.



  • Leta ikora ibishoboka byose ngo ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka bukomeze

    Leta irahumuriza abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwadindijwe na Covid-19

    Guvorinoma y’u Rwanda ivuga ko izakomeza gukorana n’ibihugu bituranye narwo, cyane cyane Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’ibihugu byombi ndetse no mu karere bukomeze, nyuma y’uko imipaka yari yafunzwe kubera icyorezo cya Covid-19.



  • Umubano wa Kim Kardashian na Kanye West uravugwamo agatotsi

    Kim Kardashian yasabye gutandukana na Kanye West

    Kim Kardashian wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika uzwi cyane mu biganiro binyura kuri televiziyo, yasabye gatanya ku buryo bweruye tariki 19 Gashyantare 2021. Kim Kardashian arasaba gutandukana n’umugabo we Kanye West, wikorera ku giti cye ndetse akaba n’umuhanzi uzwi cyane mu njyana ya Rap. mu gihe ibinyamakuru (…)



  • Umwongereza yahisemo kwijyana muri gereza aho kugumana n’abo bari kumwe muri ‘Guma mu Rugo’

    Mu Bwongereza, Umugabo witwa Robert Vick,wari ku rutonde rw’abashakishwa na Polisi, kuko yari yaracitse gereza atarangije igihano cy’igifungo yari yarakatiwe, yahisemo kwijyana kuri polisi ngo yongere asubire muri gereza aho kugumana n’abantu babanaga muri ‘Guma mu Rugo’(Lockdown).



  • Bafunzwe bazira gupfunyika indabo mu noti z

    Malawi: Bane bafunzwe bazira gupfunyika indabo mu noti z’Amafaranga y’igihugu

    Abantu bane bo mu Mujyi wa Blantyre mu gihugu cya Malawi bafunzwe nyuma yo gutegura indabo z’amaroza mu noti z’Amafaranga y’icyo gihugu yitwa ama Kwacha (Malawi Kwacha banknotes).



  • Sosiyete ya KLM yahombejwe bikomeye na Covid-19

    KLM yahombye miliyari 7.1 z’Amayero kubera Covid-19

    Icyorezo cya Covid-19 cyatumye Sosiyete ikomeye y’ubwikorezi bwo mu kirere yigenga ihuriweho n’Abafaransa n’Abaholandi, KLM, itakaza ibice bibiri bya gatatu (2/3) by’abakiriya bayo biyiteza igihombo cya miliyari 7.1 z’Amayero mu mwaka wa 2020.



  • Uruvange rwa avoka n

    Dore uko wakwita ku misatsi ukoresheje avoka n’amagi

    Avoka ubusanzwe abantu bayizi nk’urubuto ruryoha, kandi rukundwa n’abatari bake, ariko ibyiza byayo ntibigarukira k’ukuribwa gusa, kuko igira n’akamaro gakomeye mu kwita ku misatsi.



  • Igiciro cy

    Izamuka ry’igiciro cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhizi ni inyungu ku Rwanda – NAEB

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi (NAEB), cyatangaje ko cyinjije miliyoni 3.5 z’Amadolari ya Amerika (arenga miliyari 3.4 z’Amafaranga y’ Rwanda) mu cyumeru gishize, aturutse ku musaruro w’ubuhinzi woherejwe mu mahanga.



  • Ifi yakorewe umwambaro uyifasha koga

    U Bwongereza: Ifi yakorewe umwambaro uyifasha koga

    Ifi yororerwa mu rugo mu rwego rw’umutako iba igomba guhora yoga kandi yogera mu kintu runaka yashyizwemo gifunze. Gusa ubuzima bw’ifi nk’iyo ubundi ihora yoga bishobora kuyigora nyuma ikaba itabibasha kubera impamvu runaka.



  • Imyembe ngo ifasha umubiri w

    Imyembe n’ibibabi byayo bifitiye akamaro kanini umubiri

    Kurya imyembe ihiye nk’imbuto, bigira akamaro gatandukanye harimo kuba igabanya urugero rw’isukari mu maraso. Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu bafite umubyibuho ukabije, bwagaragaje ko iyo barya imyembe ihiye bibabaganyiriza isukari, nubwo bataba batakaje ibiro. No ku bayirya bafite ibiro bigereranye, imyembe ifasha kugira (…)



  • Iyi foto igaragaza igikomangoma Harry na Meghan Markle witegura kubyara yashyizwe ahagaragara ku munsi w

    Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kubyara umwana wabo wa Kabiri

    Ku itariki 14 Gashyantare 2021 ku munsi w’abakundana (Saint Valentin) nibwo igikomangoma Harry na Meghan Markle berekanye ifoto igaragaza inda y’uko atwite. Umuvugizi w’uwo muryango yagize ati “Ubu dushobora kwemeza ko Archie (umwana wabo wa mbere) agiye kubona uwo bavukana, kuko ubu mu muryango w’igikomangoma Harry (…)



  • Michael Martinez ufite ubumuga yarakambakambye ajya kubyutsa ababyeyi be babasha kurokoka

    Umwana w’imyaka irindwi ufite ubumuga yarokoye umuryango we wari ugiye kwicwa na Gaz

    Michael Martinez ni umwana w’imwaka irindwi, utuye ahitwa Aledo, muri Texas muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Yavukanye ikibazo gituma adashobora kugenda, ubu akaba agendera mu kagare k’abafite ubumuga. Ubu arafatwa nk’intwari nyuma y’uko agiye akambakamba akagera ku cyumba ababyeyi be bari baryamyemo basinziriye, (…)



  • Melania Trump yarakariye Donald Trump

    Umugore wa Donald Trump witwa Melania Trump muri iyi mins ingo yarakariye umugabo we Donald Trump bitewe n’uburyo basohotse muri Perezidansi ya Amerika. Bivugwa ko Melania Trump yarakajwe bikomeye n’ukuntu yavuye mu Mujyi wa Washington DC nyuma y’igihe gito habaye imyigaragambyo yashyigikiwe na Donald Trump ikabera ku (…)



  • Abatwara ibinyabiziga barasabwa kubahiriza uburenganzira bw

    Ese umuntu ashobora kwishyirira ‘Zebra Crossing’ aho ashaka?

    Mu Bwongereza, umusaza w’imyaka 78 yahanishijwe gucibwa amande y’Amapawundi 130 kuko yashyize imirongo abanyamaguru bambukiramo umuhanda (Zebra Crossing) imbere y’urugo rwe.



  • Kobe Bryant n‘umukobwa we Gianna bari mu bantu icyenda baguye mu mpanuka y

    Iperereza ryagaragaje igishobora kuba cyarateye impanuka y’indege yahitanye Kobe Bryant

    Bamwe mu bakora iperereza muri Amerika, bavuze ko umupilote wari utwaye indege yaguyemo Kobe Bryant, yarenze ku mabwiriza y’aho yemerewe kugeza indege mu kirere, bituma agenda yinjiza indege mu bicu, bituma ikora impanuka.



  • Tanzania: Imibare y’abandura Covid-19 irimo kwiyongera cyane

    Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika muri Tanzania yatangaje ko imibare y’abandura Covid-19 muri icyo gihugu irimo kwiyongera cyane, hakaba hari impungenge ko ishobora kurenga ubushobozi bw’amavuriro.



  • Ubundi ikawa irahumura cyane ariko ngo hari abarwaye bakanakira Covid-19 batumva impumuro yayo

    Hari abakize Covid-19 batakaza ubushobozi bwo guhumurirwa no kumva icyanga – Ubushakashatsi

    Ibyo gutakaza ubushobozi bwo guhumurirwa, kunukirwa ndetse no kutamenya icyanga cy’ibyo umuntu ashyize mu kanwa, mbere ngo ntibyari bizwi nka kimwe mu biranga umuntu warwaye Covid-19, gusa ngo uko abarwayi bayo bagendaga bagaragaza icyo kibazo nibwo abaganga baje kwemeza ko ibyo nabyo ari ibimenyetso bijyana na Covid-19.



  • Abandura Covid-19 ku isi bagabanutseho 17% mu cyumweru gishize – WHO

    Imibare igaragazwa na raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), itanga icyizere ko isi yaba imaze kurenga ibihe bikomeye mu guhangana na Covid-19.



  • Abanyarwanda n

    Abanyarwanda bari muri Israel bakingiwe Covid-19 ku buntu

    Binyuze mu mubano mwiza urangwa hagati y’igihugu cya Israel n’u Rwanda, hari Abanyarwanda benshi bagiye bajya kwigayo mu bihe bitandukanye, harimo abize cyane cyane ibijyanye n’ubuhinzi, bakaba barakingiwe Covid-19.



  • Menya uko wafasha uwafashwe n

    Menya uko wafasha umuntu ufashwe n’amashanyarazi

    Umubiri w’umuntu ugizwe n’amazi ku kigero cya 60%, iyo ni yo mpamvu afatwa n’amashanyarazi. Buri mwaka, hirya no hino ku isi za miliyoni z’abantu bafatwa n’amashanyarazi hakaba n’abahitanwa nayo.



  • Uwarumwe n

    Dore uko wafasha umuntu warumwe n’inzoka

    Kurumwa n’inzoka ni imwe mu mpanuka zibaho cyane cyane igihe umuntu akunda gukora imirimo ituma ajya ahantu hari ibihuru, uretse ko hari n’ubwo inzoka ishobora kwinjira mu nzu, ikaba yaruma umuntu.



Izindi nkuru: