Mu minsi yashize ibice by’igihugu byibasiwe n’ibiza birimo amazi y’imvura yaguye ari nyinshi ku buryo budasanzwe yibangiza imyaka mu mirima n’ibindi.
Guhera tariki 9 Nzeri 2020, Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, ishingiye ku itegeko nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, no ku itegeko no 87/2013 ryo ku wa 11/9/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ishingiye kandi ku ngamba n’ibyemezo (…)
Mu rwego rwo kurwanya Malaria, ubusanzwe mu bigo nderabuzima bya Leta, haba inzitiramibu zihabwa abagore batwite mu gihe baje kwipimisha inda, bakongera kuzihabwa mu gihe baje gukingiza urukingo rw’amezi icyenda nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Bugesera.
Umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa no kwita ku bahuye na ryo muri Polisi yo muri Ghana, Superintendent George Appiah-Sakyi yaburiye abantu ko, ari cyaha kuba umugabo yakwanga ibiryo yateguriwe n’umugore we, asobanura ko iyo myitwarire ifatwa nk’ihohoterwa rikora ku marangamutima (emotional abuse).
Igishushanyo mbonera kigaragaza imikoreshereze y’ubutaka ku rwego rw’igihugu mu myaka mirongo itatu iri imbere, giherutse gushyirwa ahagaragara, kigaragaza ko mu Mijyi itatu izaba yunganira Kigali (satellite cities) harimo Umujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, Rwamagana ndetse na Muhanga.
Akarere ka Bugesera kimwe n’utundi turere tw’igihugu kari mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19 cyugarije isi. Mu bukangarambaga butandukanye Akarere ka Bugesera gakora mu rwego rwo gukangurira abaturage kwirinda icyo cyorezo, harimo ubwo kujya ku kiraro cy’uruzi rw’Akagera, aho Akarere ka Bugesera gahana urubibi (…)
Nyuma y’urupfu rw’Ifi nini yavugwaho kuba itera amahirwe abanyeshuri igatuma batsinda mu bizamini byabo,ubu Abanya-Zambia benshi bari mu cyunamo.
Guhera tariki ya 8 kugera ku ya 15 Nzeri 2020, Akarere ka Bugesera ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ndetse n’abavuzi b’amatungo (Veterineri) bikorera bo muri ako karere, ubu bari mu gikorwa cyo gukingira amatungo magufi (ihene n’intama), indwara ya muryamo ikunda kuzibasira mu (…)
Umubyeyi wari mu ndege ari kumwe n’abana be ndetse n’umugabo we, yavuze ko yumvise afite icyokere, asohokera ahatemewe ajya gufata akayaga ku ibaba ry’indege. Iyo ndege yari imaze guhagarara (atterrir ) ahitwa i Kiev muri Ukraine. Kuva ubwo ariko yahise ashyirwa ku rutonde rw’abantu batemerewe kuzongera gukoresha indege za (…)
Guhera mu kwezi kwa Nyakanga 2020, ubwo ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri bishya yari irimbanyije, abantu benshi bashakaga kubaka bakoresheje amatafari ahiye bahuye n’ikibazo kuko barayabuze, hakaba ubwo babona makeya ugereranyije n’ayo bifuzaga, kandi noneho ngo n’igiciro cyayo cyahise kizamuka.
Hari n’ubwo umwana aba ari umwe akananiza umubyeyi we cyangwa se umurera, noneho wakwibaza umuntu ufite abana cumi na batanu(15), yitegura n’uwa cumi na batandatu (16).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yatanze amabati 5,760 ku miryango ikennye cyane yo mu Karere ka Rusizi, kugira ngo ibone aho kuba heza.
U Rwanda rumaze hafi amezi atandatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, kugeza ubu kidafite umuti cyangwa urukingo ariko gishobora kwirindwa mu gihe abantu bubahirije amabwiriza yo kwirinda yashyizweho n’inzobere mu by’ubuzima.
Hari abantu barya amagi nk’uko barya ibindi biryo bisanzwe, ndetse ntibanitwararike ku bindi byo kurya n’ibyo kunywa bafata mu gihe bariye amagi. Ku rubaga https://timesofindia.indiatimes.com, bavuga ko kurya ibiryo bikwiye mu gihe gikwiye bituma umuntu agira ubuzima bwiza.
Mu rwego rwo kongera ibyumba by’amashuri mu Karere ka Bugesera harubakwa ibyumba by’amashuri bigera kuri 863. Gusa ibyumba byubakwa birubakwa mu byiciro bibiri kuko hari icyiciro cya mbere cy’ibyumba by’amashuri bigera ku 109 n’ubwiherero 141 byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi igice cya mbere (World Bank phase 1).
Tariki 17 Kanama 2020, ni bwo icyemezo cyo gufunga isoko rya Kigali City Market n’iry’ahazwi nko Kwa Mutangana, yombi aherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali cyashyizwe mu bikorwa.
Umuforomo wa mu Kigo cy’ubuvuzi mu Bwongereza wakoreweho igerageza rw’urukingo rwa Covid-19 muri Oxford, avuga ko urukingo rushobora kuba rwabonetse mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka wa 2020.
Ikibazo cy’abana b’abakobwa basambanywa kimaze igihe cyumvikana hirya no hino mu gihugu, ababikoze bafatwa bakaburanishwa bahamwa n’icyaha bagafungwa, ariko hakaba n’abatoroka ubutabera.
Mu mibare itangazwa n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bana ‘Save the Children’, igaragaza ko umubare w’abangavu batwara inda imburagihe muri Kenya wari wagabanutse ukava kuri 82 ku 1,000 batwaye inda bafite hagati y’imyaka 15 na 19 mu 2016, bakaba 71 ku 1,000 batwaye inda bafite iyo myaka mu 2017.
Uruboga rwitwa Okra mu Cyongereza cyangwa Gombo mu Gifaransa ntirumenyerewe cyane mu Rwanda, ariko rumaze igihe rutangiye kugaragara ku masoko amwe n’amwe cyane cyane ayo mu Mijyi.
Hari uwabona umuntu yicaye mu mutaka yambaye ‘akajile’ na telefoni mu ntoki, akagira ngo wenda kuba umu ajenti ‘agent’ wa sosiyete y’itumanaho si akazi gahemba kandi katunga ugakora neza.
Ubusanzwe habaho ibihembwe by’ihinga bitatu harimo igihembwe cya A (Nzeri-Gashyantare), igihembwe B (Werurwe-Gicurasi), hakaba n’igihembwe C (Kamena-Nzeri).
Ku wa mbere tariki 17 Kanama 2020, mu isoko rya Nyamata mu Karere ka Bugesera ndetse no mu Mujyi wa Nyamata, ku bufatanye bwa DASSO na Polisi, hateguwe igikorwa cyo kureba abantu batambara udupfukamunwa cyangwa se abatatwambara neza, hafatwa abantu 43 barimo abatatwambaye n’abatwambaye nabi.
Aborozi b’inkoko basanzwe bagaburira amatungo yabo ibiryo by’uruganda ‘Tunga Feeds’, baratangaza ko hari ubwo babura ibiryo by’amatungo kuri urwo ruganda, bikabagiraho ingaruka mu bworozi bwabo.
Mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Cyivugiza mu Mudugudu wa Mpano ahitwa Ku Ryanyuma mu rugo rw’uwitwa Simbiz François, habonetse ibyobo byajugunywemo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside. Nk’uko bisobanurwa na Rugwiro Paulin, Komiseri muri Ibuka ushinzwe imibereho myiza y’abacitse ku icumu rya (…)
Ku ikusanyirizo rya Cooperative y’aborozi ryitwa ‘Bugesera Milk Collection Center’ riherereye mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, muri iki gihe hahora umurongo w’abantu baje gukamisha, rimwe na rimwe bakayabona ubundi bakayabura bitewe n’uko ngo izuba ryatse umukamo ukaba muke.
Mu bice by’Amayaga by’umwihariko mu Bugesera hakunze kuvugwa ikibazo cy’amazi adahagije, kuko abayakeneye ari benshi ugereranyije n’amazi adahagije ahari. Iyo bigeze mu mpeshyi, usanga arushaho kugabanuka bigatuma n’abayabona abageraho ahenze kurusha uko biba bimeze mu gihe cy’imvura.
Umwuga w’ubukanishi kimwe n’indi myuga itandukanye, ngo ushobora kuwukora kugeza no mu zabukuru kuko harimo byinshi bikorwa kandi bisaba imbaraga. Bagabo Saleh ni umugabo ufite imyaka 55 y’amavuko. Atuye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Akora umwuga w’ubukanishi guhera mu 1988, ariko ngo mu 1990 ngo yaratabaye (…)
Ikipe ya Bakambwe Sport Club, yo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, yavutse mu mwaka wa 2007, ubu ikaba ifite abanyamuryango 36, yakira abantu bose bifuza gukora siporo no gusabana, kugeza ku barengeje imyaka 70 y’amavuko.
Umwana w’imyaka 12 y’amavuko witwa Keashon Harris wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yakoze akamashini k’ikoranabuhanga yise ‘Social Awareness Machine’, gafasha abantu kubahiriza ibwiriza ryo guhana intera hagati yabo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.