Polisi yo mu Ntara ya Geita muri Tanzania, yafashe uwitwa Anjelina Masumbuko bivugwa ko afite imyaka 17, akaba atuye mu Mudugudu wa mkazi wa Nasarwa- Bugulula Geita, akaba akurikiranyweho icyaha cyo kwiba umwana muto.
Ubunyobwa bubarirwa mu muryango umwe n’ibihingwa nk’amashaza n’ibishyimbo, n’ubwo ubunyobwa ku rundi ruhande ari ikinyamavuta mu gihe ibyo bindi bitari ibinyamavuta.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 29 Mata 2021 yakiriye mu biro bye Intumwa y’u Bwongereza ishinzwe Umuryango Commonwealth w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika biyemeje gukoresha impano bahawe yo kuba ababyeyi n’imbarga bafite, mu bukangurambaga bwo guca akato gahabwa abafite ikibazo cy’ubugumba ku mugabane wa Afurika.
Muri Chad, bamwe bamaze gusiga ubuzima mu myigaragambyo yahuriwemo n’abantu ibihumbi badashyigikiye Leta y’inzibacyuho yashyizweho n’igisirikare, igashyira umuhungu wa Perezida ku butegetsi nyuma y’uko Perezida Idriss Deby arashwe n’inyeshyamba za ‘FACT’ zirwanya ubutegetsi bwa Chad, bikamuviramo urupfu mu cyumweru gishize.
Igiti cya Moringa kivugwaho ibyiza bitandukanye kuko gikoreshwa mu buryo bwinshi. Hari abarya ibibabi byacyo nk’imboga, abandi bakarya imbuto zacyo nk’umuti, n’ibindi.
Amavuta ya Olive, ni amavuta agenda yinjira mu buzima bw’abantu batandukanye, cyane ko bivugwa ko arinda umuntu kurwara ikirungurira, ariko hari n’abatazi akamaro kayo.
Ku ya 26 Mata 2021, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya 57 y’ubumwe bwa Tanzania, Perezida w’icyo gihugu, Samia Suluhu Hassan yatanze imbabazi ku mfungwa 5,001 zari zarahanishijwe ibihano byo gufungwa imyaka itandukanye.
Ubwato bunini bwa gisirikare bwari bwaburiwe irengero ku wa Gatatu tariki 21 Mata 2021, bwabonetse ku ndiba y’inyanja nk’uko byemezwa n’umuyobozi mukuru w’ingabo za Indonesia zirwanira mu mazi (Chef d’état-major de la marine), Yudo Margono.
U Rwanda rwakiriye miliyoni 30 z’Amadolari rwahawe na Banki y’Isi, ayo mafaranga akaba azashyirw amu bikorewa byo gukomeza gukingira abaturage Covid-19, kuko intego u Rwanda rufite ni ukuba rwamaze gukingira 60% by’abaturage mu 2022.
Perezida Idriss Déby Itno wahoze ayobora Tchad yasezeweho bwa nyuma, ni umuhango witabiriwe n’abayobozi barimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, muri iki gihe akaba ari na we uyoboye Afurika yunze Ubumwe (Union Africaine), ndetse na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.
Muri Angola abantu bagera kuri 24 bamaze guhitanwa n’imyuzure, mu gihe ingo zigera nibura ku 2,300 zarengewe, muri rusange abantu basaga 11,000 akaba ari bo bamaze kugirwaho ingaruko n’iyo myuzure, nk’uko bitangazwa n’abayobozi muri Guverinoma y’icyo gihugu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel basuye Akarere ka Bugesera baganira n’abantu batandukanye ku ngingo zitandukanye.
Isabukuru y’Umwamikazi Elizabeth w’u Bwongereza yabaye tariki 21 Mata 2021, ntabwo yizihirijwe mu ruhame uko bisanzwe, ahubwo yizihirijwe mu muryango, aho abantu bakeya bo mu muryango we, bamusanze ahitwa ‘Windsor Castle’ bagafatanya kuyizihiza.
Umwaka wa 2021 ngo ni umwaka w’impinduka kuri Kim Kardashian, kuko ari wo yatandukanyemo n’umugabo we Kanye West bari bamaranye imyaka isaga itandatu.
Indwara ya SIDA ni imwe mu ndwara zihungabanya ubudahangarwa bw’umubiri w’umuntu ubana n’iyo virusi. Gusa gufata imiti neza, no gufata indyo yuzuye bimurinda kuzahara ahubwo bikamwongerera ubudahangarwa mu mubiri.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola, aho ubu arimo kuganira na Perezida w’icyo gihugu, João Lourenço, mu gihe bitegura kwitabira inama ya kabiri ya ‘ICGLR Mini-Summit’, yiga kuri politiki n’uko umutekano uhagaze muri Repubulika ya Santrafurika.
Ubundi kubira icyuya ni ibintu karemano bituma umubiri usohora imyanda, ariko umunuko w’ibyo byuya hari ubwo ubangama cyane ukaba wanatuma umuntu adakunda kujya mu bandi, iyo azi ko agira ibyuya binuka. Nyamara hari uburyo bw’umwimerere bwo kurwanya uwo munuko, bidasabye gukoresha imibavu ya kizungu yabugenewe (deodorants).
Igice kimwe cy’ibyavuye mu matora by’agateganyo,mu matora yabaye tariki 11 Mata 2021, bigaragaraza ko Idriss Deby ashobora kuguma ku butegetsi amazeho imyaka 30, mu gihe ibihugu nka Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza byatangiye kuburira abakozi babyo ko hashobora kuba imvururu mu Murwa mukuru wa Chad, Ndjamena.
Hari ibintu bitandukanye abahanga mu by’ubuzima bavuga ko bigira akamaro mu gutuma uruhu, cyane cyane urwo mu maso ruba rwiza. Muri ibyo bavuga bifasha uruhu kumererwa neza harimo imbuto nk’amapapayi, imboga cyane cyane inyanya n’ibindi bimera bitandukanye, ariko hari n’ibindi biribwa bifasha uruhu kugira ubuzima bwiza nk’amafi.
Martin Vizcarra wahoze ari Perezida wa Peru yahagaritswe mu kazi ka Leta mu gihe cy’imyaka 10, ashinjwa ko yarenze umurongo wari uteganyijwe wo guhabwa inkingo za Covid-19.
Mu ndirimbo za Mariya Yohana, Umuhanzi w’Umunyarwakazi uririmba indirimbo zitandukanye harimo izikoreshwa mu gihe cyo Kwibuka abazize Jenoside, hari indirimbo imwe irimo amagambo agira ati “Ndacyabunamiye sindata igiti”.
Hari abavuga ko iyo bagiye guhaha inyama bagasanga nta nyama z’umwijima zihari, bahita bazihorera kuko ngo nta zindi zibaryohera nk’inyama z’umwijima, uretse ko hari n’abavuga ko bumva zibamerera nk’ibintu bidafite icyanga, ku buryo batanazihaha cyangwa se ngo baziteke mu ngo zabo.
Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ibihano cyafatiye u Burusiya kubera ibyo cyise ibitero byo mu buryo bw’ikoranabuhanga (cyber-attacks) n’ibindi bikorwa by’ubushotoranyi.
Umunyeshuli witwa Ziada Masumbuko w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa gatanu mu ishuli ribanza rya Shibutwa - Mbogwe mu Ntara ya Geita, yishwe na musaza we amukubise ikintu mu mutwe, nyuma yo gutsindwa ikizamini akazana amanota mabi.
Polisi y’ahitwa Minnesota muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yarashe umusore w’umwirabura witwa Daunte Wright arapfa, ariko Polisi ivuga ko uwo musore yarashwe ku bw’impanuka.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko gukuraho amwe mu mabwiriza ajyanye no kwirinda Coronavirus, ari intambwe ikomeye cyane bateye, ariko ko bikiri ngombwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo guhana intera abantu ntibegerane.
Perezida Paul Kagame ari mu bayobozi ba Afurika baza kuganira ku ikorwa ry’inkingo muri Afurika. Biteganyijwe ko iyo nama itangira tariki 12 kugeza 13 Mata 2021, ikaba yarateguwe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), hamwe n’Ikigo gishinzwe kugenzura no gukumira indwara muri Afurika (Africa CDC).
Perezida Ismail Omar Guelleh yashimiye abamushyigikiye nyuma y’uko atangajwe nk’uwatsinze amatora n’amajwi hafi 99 ku 100.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita Buzima (WHO/OMS), yanenze uburyo bubabaje inkingo zikwirakwizwamo kuko we yavuze ko harimo “ubusumbane bukabije” hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye.