Abari mu butumwa bwa Loni muri Mali basabye ko Perezida Bah Ndaw w’icyo gihugu na Minisitiri w’intebe, Moctar Ouane, barekurwa byihuse, nyuma y’uko amakuru atangajwe ko bafashwe n’abasirikare ba Mali.
														
													
													Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ahamagarira ibihugu kugira imyitwarire nk’iyo mu gihe cyo mu ntambara, mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19, ubu kimaze guhitana abantu bagera kuri Miliyoni 3.4 hirya no hino ku isi.
														
													
													Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangiye gutumira abantu mu bukwe bwe buzaba mu mpeshyi itaha.
														
													
													Grace Mugabe wahoze ari umugore wa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe, yategetswe n’urukiko gakondo (traditional court) gutanga inka eshanu(5) n’ihene ebyiri (2) kuko yashyinguye umugabo we mu buryo budakwiriye, bityo akaba ngo yarishe imigenzo ijyana no gushyingura umugabo we.
														
													
													Umuyobozi w’igisirikare muri Nigeria, Lieutenant General Ibrahim Attahiru, yapfuye aguye mu mpanuka y’indege ya Gisirikare.
														
													
													Tariki 20 Ugushyingo 1995, mu kiganiro na BBC, nibwo Igikomangomakazi Diana (Princess Diana) yavuze ko Igikomangoma Charles (Prince Charles), afitanye umubano (mu buryo bw’ubushoreke) na Camilla Parker Bowles. Nyuma y’imyaka 25 ishize, BBC yasabye imbabazi nyuma y’uko iperereza rigaragaje ko umunyamakuru wa BBC witwa (…)
														
													
													Hari abantu bavuga ko badakunda tungurusumu kubera ko ibahumurira nabi, abandi bakavuga ko ibabihira, nyamara burya ngo ni ingenzi cyane ku buryo yagombye kujya ihora hafi, cyane cyane ku bantu bafite abana bato bagitoragura bikabatera inzoka zo mu nda ndetse n’abakunda guhorana inkorora n’ibicurane.
														
													
													Guhagarika intambara hagati ya Israel n’umutwe w’Abarwanyi b’Abanya-Palestine wa ‘Hamas’ bishobora gutangira mu masaha make ari imbere, nk’uko bitangazwa n’abagize uruhare mu biganiro, ndetse n’igitutu gituruka i Washington no mu bindi bihugu by’amahanga basaba ko iyo ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abasivili benshi (…)
														
													
													Mu gihe Perezida Kagame yari i Paris mu Bufaransa mu ntangiriro z’iki cyumweru mu nama yiga ku bukungu bwa Afurika, yateguwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagize n’umwanya wo kuganira n’itangazamakuru ririmo France 24 na Radio France International (RFI), bamubaza ibibazo byerekeye u Rwanda, ariko banamubaza (…)
														
													
													Ibihugu bya Afurika ntibigomba gusigara inyuma, hakenewe inkunga ikomeye kugira ngo ubukungu bwayo bwazahajwe n’icyorezo cya Coronavirus bwongere buzamuke.
														
													
													Nyuma y’iminsi igera kuri itandatu ako kanama ka Afurika yunze Ubumwe (AU) gashinzwe amahoro n’umutekano gasohoye raporo yako kuri Tchad, ntikaratangaza imyanzuro yose yafashe n’ubwo hari iyamenyekanye, irimo ko uwo muryango udateganyiriza ibihano ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye icyo gihugu.
														
													
													Kuva amabombe yatangira kugwa hafi y’urugo rwe muri Gaza, umubyeyi witwa Najwa Sheikh-Ahmad, ufite abana batanu (5) avuga ko yagize ubwoba ku buryo ubu bitamukundira gusinzira, kubera kwihangayikira ubwe, ariko agahangayikira n’umuryango we muri rusange.
														
													
													Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021, Umuvugizi wungirije w’Itorero ADEPR, Rutagama Eugene, ari kumwe n’abandi bayobozi barimo Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, bunamiye kandi bashyira indabo ahari ikimenyetso cy’urwibutso rw’abiciwe ku rusengero rwa ADEPR i Kayenzi, bigizwemo uruhare na Pasiteri (…)
														
													
													Uretse kuba umuneke ari urubuto ruryoha ku bantu barukunda, burya ngo ni n’ingirakamaro cyane ku buzima bw’umuntu mu buryo butandukanye, bitewe n’intungamubiri wifitemo. rubisobanura.
														
													
													Komisiyo ishinzwe amatora muri Ethiopia yagiranye inama n’amwe mu mashyaka ya Politike akorera muri icyo gihugu, itangaza ko amatora yari ateganyijwe ku itariki 5 Kamena 2021 yigijwe inyuma.
														
													
													Iyo bavuze ko hari amadini n’amatorero yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usanga abayobozi bayo bavuga ko nta muyoboke n’umwe w’idini wigeze atumwa na ryo cyangwa itorero rye ngo ajye kwica, uwabikoze wese ngo yabikoze ku giti cye.
														
													
													Ku wa 14 Gicurasi 2021, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga n’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (ICT&TVETs), Irere Claudette, ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye, yatangije gahunda yo gutanga mudasobwa zigendanwa ku barimu bo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta (…)
														
													
													Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye ko inganda zikora inkingo za Covid-19, ko zakuba kabiri ubushobozi bwazo mu kongera ingano y’ibyo bakora ndetse asaba ko n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere byabona inkingo uko bikwiriye.
														
													
													Hari abantu bumva ibihwagari bagatekereza amavuta y’ibihwagari gusa kuko ari yo bakunze kubona mu masoko, ariko ibihwagari biraribwa nk’uko abantu barya ubunyobwa, bagakoresha ifu yabyo mu mboga zitandukanye, bikaba byiza cyane ku mugore utwite.
														
													
													Minisitiri w’ubuzima wa Seychelles yatangaje ko kimwe cya gatatu (1/3) cy’abapimwe bagasanga bafite Covid-19 mu cyumweru gishize, bari baramaze gukingirwa inkingo zombi zisabwa kugira ngo umuntu abe akingiwe byuzuye, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) rikaba rigiye kubikurikirana.
														
													
													Ubuhinzi bw’inkeri mu Rwanda, busa n’aho ari bushya kuko si igihingwa wabona muri buri gace nk’ibishyimbo, ibijumba cyangwa ibindi bimenyerewe mu Rwanda. Gusa muri iyi myaka ya vuba, ubuhinzi bw’inkeri bugenda bwiyongera ndetse havuka na koperative zikora imitobe n’ibindi mu nkeri ndetse na Entreprise Urwibutso ya Sina (…)
														
													
													Ubushakashatsi bugaragaza ko iyo umubiri utakaje ubushobozi bwo kugenzura ukwiyongera k’uturemangingo tw’umubiri (cell division), ari byo bitera kurwara kanseri.
														
													
													Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga ‘Chief Justices’ baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community ‘EAC’ ), bateraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu (10-12) yiga ku bibazo bitandukanye biri mu Karere ndetse n’uburyo bwo kwegereza ubutabera abaturage hagamijwe ku bageza ku iterambere (…)
														
													
													Igisirikare cy’igihugu cya Chad ku Cyumweru tariki 9 Gicurasi 2021, cyatangaje ko cyatsinze inyeshyamba z’umutwe wa FACT urwanya Leta y’icyo gihugu.
														
													
													Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo yaseheshe Inteko Ishinga Amategeko yari iriho mu gihugu cye, kugira ngo hashyirweho Inteko Ishinga Amategeko ihuriweho n’impande zombi zihanganye muri icyo gihugu, nk’uko byemejwe mu masezerano y’amahoro yo mu 2018.
														
													
													Hari abantu barya avoka kuko bazikunda gusa, ariko batazi icyo zimara mu buzima bwabo, nyamara ubushakashatsi bwagaragaje ibintu bitandukanye byagombye gutuma umuntu ayongera ku mafunguro ye, ndetse ababyeyi bakibuka kuzongera ku byo bagaburira abana babo.
														
													
													Umuyobozi w’Umuryango w’Ubucuruzi ku Isi (World Trade Organisation ‘WTO’) Ngozi Okonjo-Iweala avuga ko inganda zikora imiti zagombye gukora inkingo za Covid-19 zihagije kuri buri muntu, cyangwa se zikagira neza, zigasangira ubuhanga zikoresha n’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
														
													
													Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle bizihije isabukuru y’imyaka ibiri y’umuhungu wabo Archie, tariki 6 Gicurasi 2021, bagaragaza ifoto ye.
														
													
													Abaganga bo muri Canada barimo gukurikirana abarwayi barwaye indwara itaramenyekana neza ariko yibasira ubwonko. Bigitangira ngo abarwayi bagaragazaga ibimenyetso bisa n’iby’indwara idakunze kuboneka cyane muri icyo gihugu ariko na yo yibasira ubwonko yitwa ‘Creutzfeldt-Jakob disease’. Gusa nyuma yo gukurikirana bitonze, (…)
														
													
													Inama y’Abaminisitiri yateranye ejo tariki 5 Gicurasi 2021, yafashe imyanzuro itandukanye, harimo n’uwo gukomerera bimwe mu bikorwa byari bimaze igihe bifunze nka za ‘Gyms’. Gusa kuri uwo mwanzuro bongeyeho ko Minisitiri ibifite mu nshingano, izatanga amabwiriza arambuye ajyanye n’ibyo izo ‘Gyms’ zisabwa kugira ngo zitangire (…)