Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irateganya gushyiraho ingengabihe nshya ishobora kurohereza abanyeshuri mu myigire yabo ndetse ngo ikanazamura ireme ry’uburezi muri rusange .
Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Suwede yakatiwe igihano cya burundu n’ubutabera bw’iki gihugu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye n’uruhare yagize muri Jenosside yakorewe Abatutsi.
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wamaganiye kure irekurwa rya Nahimana Ferdinand na Rukundo Emmanuel bahamwe n’icyaha cya Jenoside.
Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ya 73 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani zamuritse ishuli zubatse.
Hakizimana Esdore yagaragaye muri batatu begukanye irushanwa Nyafurika ryo gufotora, ryateguwe n’ikigo gitanga serivisi z’ubwikorezi no kubika imizigo cyitwa Agility Africa.
U Rwanda rwifatanije n’Abanya-Isiraheli mu kababaro batewe n’urupfu rwa Shimon Peres wahoze ari Perezida wa Isiraheli akaza no guhabwa igihembo kitiriwe Nobel.
Igihugu cya Maroc cyatangaje ko kizafungura ambasade mu Rwanda mbere y’uko umwaka wa 2016 urangira.
U Rwanda rwahombye amafaranga agera kuri miriyari 6.8 bitewe n’ibigo 25 byanyereje imisoro.
Abashakashatsi bahangayikishijwe no gucyendera kw’ingagi zo mu misozi, nubwo izo mu Rwanda zikomeje kwiyongera.
Leta y’u Rwanda irateganya kuzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 5.5Frw mu matora ya Perezida azaba mu kwezi kwa Kanama mu 2017.
Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Sosiyete “AB Minerals Corporation” itunganya ikanavangura amabuye y’agaciro ya Coltan, igiye gushinga uruganda rwa mbere muri Afurika mu Rwanda bitarenze mu 2017.
Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko bimwe mu bihugu bya Afrika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara byugarijwe n’ikibazo cyo gukoresha imiti nabi, bityo igatakaza ubushobozi bwo gukiza indwara.
Guhera ku itariki 27 Kanama 2016, u Rwanda rurategura ibikorwa binyuranye bijyanye no kwita ku binyabuzima bitandukanye, bikazasozwa n’umuhango ukomeye wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 21.
Wang Shi, Umushinwakazi, yagiye mu gitabo cy’abaciye uduhigo ku isi “Guinness World Record” kuko amaze amazi 17 atwite.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), by’umwihariko izikora mu bijyanye n’indege, zashimiwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), ku bw’ubunyamwuga mu kazi kabo.
Shema Deve wandika akanatunganya filime ndetse akanaziyobora, arahabwa amahirwe yo kwegukana igihembo cya filime ngufi nziza, kubera iyo yakoze yise “Running.”
“Kenyatta University” yasabwe ibisobanuro n’abanyamategeko bo muri Kenya ku kayabo k’amafaranga imaze gushora mu Rwanda nyamara itaruzuza ibisabwa.
Niyonshuti Adrien yiteguye kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu mikino Olempike izabera i muri Brazil mu matariki ya 5-21 Kanama 2016
Abize muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka baniyemeza kurushoramo imari.
Kubera intambara yubuye muri Sudani y’Amajyepfo, Rwandair yagaritse ingendo zerekeza i Juba mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu mu giye yajyagayo kane mu cyumweru.
Leta y’u Rwanda yashyize abagenzuzi mu mahoteli agera kuri 84 yo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bakurikirane uko abaje mu nama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe bakirwa.
Itsinda ry’abakirisitu ryizera ko inkuru zose zanditse muri bibiliya ari ukuri, ryakoze inkuge (ubwato bunini) bwatwaye miliyoni 100 z’Amadorali.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, mu ruzinduko arimo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, birimo Uganda, Kenya, Ethiopia ndetse n’u Rwanda.
Ikigo cy’itangazamakuru cy’Abanyakenya, Nation Media Group (NMG), cyatangaje ko radio yacyo “Radio KFM” ivugira i Kigali, itazongera kuvugira ku murongo wa FM, bituma abanyamakuru b’Abanyarwanda bayikoreraga babura akazi.
Sosiyete z’itumanaho za MTN Rwanda na Tigo Rwanda zatakaje abakiriya muri Gicurasi 2016 mu gihe mukeba wazo “Airtel Rwanda” yungutse umubare munini w’abakiriya.
Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda ku ishoramari ry’abanyamahanga mu Rwanda ya 2014 irerekana ko abanyamahanga bashora imari mu Rwanda bakomeje kwiyongera, bitewe n’uko igihugu kiborohereza kuzuza ibisabwa.
Madamu Jeannette Kagame yagiye muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ndetse no gukomeza umubano u Rwanda rufitanye n’icyo gihugu.
U Rwanda rugenda rurushaho kumenyekana neza mu mahanga binyuze mu bucuruzi mpuzamahanga, bitandukanye na mu myaka ishize aho rwari ruzwi gusa kubera amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku itariki 9 Mutarama 2016, Madame Jeannette Kagame azaganiriza urubyiruko ruzaba rwitabiriye inama ya mbere y’urubyiruko rw’abayobozi b’ejo hazaza.