Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 11 Kanama 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje Dr Bienvenu Emile nk’ Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’ Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenga bw’ imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA).
Hari inkuru zari zanditswe mbere zivuga ko hoteli ’The Mirror’ na ’Villa Portofino’ zafunzwe kubera ibibazo byo guhomba kubera icyorezo cya Covid-19, ariko Banki itsura amajyambere y’u Rwanda (BRD), yasobanuye icyatumye izo hoteri zifungwa ndetse zigashyirwa mu cyamunara.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021, ku Bitaro by’Akarere ka Bugesera ndetse no mu bigo nderabuzima byo mu mirenge igize ako Karere, baramukiye mu bikorwa byo gukingira Covid-19 ku bantu bari mu byiciro bitandukanye, bakaba bibanze ku bakuze, abagore batwite n’abonsa.
Israel Mbonyi, ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo guhimbaza Imana bakunzwe cyane mu Rwanda, akaba arimo kwitegura gususurutsa Abanyarwanda, igitaramo cye kikazanyura imbona nkubone kuri Televiziyo y’u Rwanda.
U Rwanda rushobora kuzahura n’ingaruka zikomeye mu myaka icumi cyangwa makumyabiri iri imbere, harimo kugira imyuzure myinshi ndetse n’inkangu niba igipimo cy’ubushyuhe ku isi gikomeje kuzamuka.
Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA) na Banki nkuru y’ Igihugu (BNR), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, batangiye gukora urutonde rw’abaturage bose bari barabikije amafaranga muri za SACCO z’imirenge nyuma bakaza kuyabura biturutse ku inyerezwa ry’umutungo w’izo SACCO, bigakorwa kugira ngo ababuze (…)
Tariki 8 Kanama 2021, ’Rwanda Ultimate Golf Course Ltd’, Ikigo gishamikiye ku Kigo cy’Ubwishingizi mu Rwanda (RSSB) cyatashye ikibuga cya Golf gifite agaciro kabarirwa muri za Miliyari z’Amafaranga y’ u Rwanda, cyari kimaze amezi atari makeya cyubakwa.
Chai-chai cyangwa mucyayicyayi, ni icyatsi gihumura cyane ndetse abakunda impumuro yacyo bakunze kugiteka mu cyayi nk’ikirungo , ariko impumuro ya Mucyayicyayi ijya kumera nk’ iy’ indimu ngo yirukana imibu mu nzu.
Tangawizi ni igihingwa gifite ibyiza bitandukanye nk’uko bisobanurwa ku rubuga www.selinawamucii.com, kandi ngo no kuyihinga ntibigoye ku buryo umuntu yabyikorera iwe mu rugo.
Ibyo bije bikurikira ugushyira hamwe kw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique mu bikorwa byo gusenya no gukuraho ibirindiro by’inyeshyamba ziyitirira idini ya Isilamu, zikagaba ibitero ku basivili bakahatakariza ubuzima.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) watangaje ko ugiye gutanga inkingo zigera kuri miliyoni 400 mu bihugu by’ibinyamuryango, intego ikaba ari ugutanga nibura inkingo zigera kuri miliyoni 50 mbere y’impera z’ukwezi k’Ukuboza 2021.
Polisi mu Bwongereza yafashe abantu 11 mu bibasiye abakinnyi batatu b’abirabura bo mu ikipe y’Igihugu bakoresheje imbuga nkoranyambaga. Marcus Rashford, Jadon Sancho na Bukayo Saka, ni bo birabura batatu bakina mu Ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, bibasiwe n’ihohotera rishingiye ku ibara ry’uruhu rwabo ku mbuga (…)
Ibiro bya Perezida wa Repubulika byatangaje ibizaranga uruzinduko rwa Perezida Faustin-Archange Touadera wa Santrafurika utegerejwe mu Rwanda none tariki 5 Kanama 2021 mu ruzinduko rw’akazi.
Perezida wa Santrafurika, Faustin Archange Touadera, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 5 Kanama 2021 mu ruzinduko rw’akazi.
Abatwara abantu n’ibintu kuri moto bazwi ku izina ry’Abamotari bagera ku 46.000 hirya no hino mu gihugu, barimo gukingirwa Covid-19.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, guha u Rwanda abarimu bigisha ururimi ry’Igiswahili mu mashuri.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwasohoye amabwiriza mashya agenga Resitora, Hoteli ndetse n’ubukerarugendo muri rusange.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Samia Suluhu wa Tanzania bavuze ko biteguye gukorana mu kongera kuzamura Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ndetse n’ubukungu bw’uwo Muryango bwasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Kanama 2021, mu masaha ya mu gitondo, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Minibus Hiace yari iri imbere ya gare ya Nyamata, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka, bikavugwa ko yari itwaye ibicuruzwa bitemewe.
Ikigo cy’Uburezi mu Rwanda (REB) kigiye gushyira mu nteganyanyigisho (curriculum) amasomo yo kwiga inyandiko igenewe abatabona n’ururimi rw’amarenga mu rwego rwo kurushaho gufasha abana bafite ubumuga bwo kutabona n’abafite ubumuga bwo kutumva.
Mu gihe ababyeyi batuye mu Mirenge ikiri muri Guma mu rugo bafite abana biga mu mashuri y’incuke, no mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza bibazaga uko bizagenda ku bana babo mu gihe abandi batari muri Guma mu rugo bazaba basubiye ku mashuri tariki 2 Kanama 2021, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, abo na bo bahawe (…)
Urukiko rwa Serengeti muri Tanzania, rwahanishije igifungo cy’imyaka 60 muri gereza, umugabo witwa Adamu Matera ufite imyaka 22, utuye ahitwa Remung’orori, nyuma yo guhamwa n’ ibyaha byo gufata ku ngufu no gutera inda umwana w’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Beterave ni igihingwa kibarirwa mu binyabijumba n’ubwo ubusanzwe ari uruboga. Kuri beterave itukura ikunze guhingwa mu Rwanda, ari nayo iyi nkuru yibandaho, igice cyo hasi cyangwa se ikijumba cyayo ni cyo kiribwa, mu gihe hari n’ubundi bwoko bwa beterave buribwa amababi gusa.
N’ubwo hamaze kuba inama zitandukanye hagati ya ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ariko uko ibintu byari bimeze ngo ni ko bikimeze ntakirahinduka nk’uko Minisitiri Dr Vincent Biruta yabisobanuye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 29 Nyakanga 2021.
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yavuze ko atakwemera gushyira ubuzima bwe mu kaga yikingiza Covid-19 mu gihe yaramuka azi ko urukingo rutizewe.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare bagizweho ingaruka na gahunda ya ’Guma mu rugo’, bahawe inkunga y’ibiribwa, yatanzwe n’Akarere ka Nyagatare ikaba yaje ari igisubizo ku bibazo byagaragajwe na bamwe mu banyeshuri babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Ubutabera bw’u Buholandi bwohereje mu Rwanda Umunyarwanda witwa Rutunga Venant ukekwaho kuba yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi basaga 1000 bari bahungiye mu kigo cy’ubushakashatsi cya ISAR Rubona mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo.
Abantu benshi bakunda kurya imbuto zitandukanye kuko zibaryohera, kuko zifite akamaro ku buzima bwabo, cyane cyane mu kongera ubudahangarwa bw’umubiri, bityo bikarinda umuntu kurwaragurika.
Umuryango w’umugabo witwa Mayenga Nigonzala, utuye ahitwa Kidinda, mu Karere ka Bariadi, Intara ya Simiyu, ubu ufite ibibazo byinshi utabonera ibisubizo nyuma y’uko umugore we Zawadi Sayi, abwiwe ko yabyaye umwana umwe nyamara igihe cyose yagiye kwipimisha atwite yarabwirwaga ko atwite impanga z’abana babiri, bagiye no (…)
Umunyamuziki akaba n’umunyamideri Eudoxie Yao ukomoka muri Côte d’Ivoire yatangaje ko ubu ari wenyine (single) nyuma y’uko atandukanye n’umukunzi we Moussa Sandiana Kaba uzwi ku izina rya Grand P. Na we akaba ari umunyamuziki ukomoka muri Guinea.