MENYA UMWANDITSI

  • Colin Powell witabye Imana

    Colin Powell wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri USA yitabye Imana

    Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukwakira 2021, nibwo ibinyamakuru mpuzamahanga bitandukanye, byatangaje urupfu rwa Colin Powell wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), akaba yitabye Imana afite imyaka 84.



  • Itsinda ry

    Abaganga b’Abashinwa bari mu Rwanda bifuza ko hakorwa ubushakashatsi ku ndwara ya ‘Hernia’

    Inzobere z’abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, bavuze ko indwara ya Hernia ishobora kugira ingaruka ku baturage bo mu Rwanda, bityo bakavuga ko ikwiye gukorwaho ubushakashatsi bwimbitse.



  • Madamu Jeannette Kagame mu birori by

    Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’isabukuru ya 25 ya Unity Club

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021, Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyamuryango wa Unity Club Intwararumuri, abarinzi b’igihango n’urubyiruko mu ihuriro ngarukamwaka rya 14, rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo-ngenga cy’ukubaho kwacu’.



  • The Ben na Miss Pamella barimo kuruhukira mu birwa bya Maldives

    Umuhanzi The Ben, yafashe urugendo mu ibanga ruva muri Amerika yerekeza mu birwa bya Maldives, bakunda kwita ‘Ibirwa by’urukundo’ ajya guhura n’umukunzi we Pamella.



  • Kimwe mu bigo by

    Abadepite babonye ibyuho mu itegeko ryo kurengera umwana

    Mu 2012, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuvanaho ibigo by’imfubyi, u Rwanda rukaba rwari rubaye igihugu cya mbere muri Afurika gikoze ibyo, gusa hari ibyuho byagaragaye mu mategeko agenga icyo gikorwa.



  • Perezida Kagame asanga hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe kirekire

    Perezida Kagame asanga hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe kirekire

    Kuri uyu wa Kane Tariki 14 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije ikoranabuhanga yitabiriye inama y’ihuriro ry’Afurika ku bucuruzi mpuzamahanga, izwi nka ‘Global Business Forum Africa’ irimo kubera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, akaba yavuze ko hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe (…)



  • Byinshi ku bayobozi bashyizweho na Perezida Kagame

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Kamuhire Alex, nk’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, akaba asimbuye Biraro Obadiah, wari umaze imyaka icumi kuri uwo mwanya, kuko yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta uhereye muri Kamena 2011.



  • Norvège: Uwitwaje umuheto n’imyambi yishe abantu batanu abandi barakomereka

    Abantu batanu bishwe abandi bagakomereka, ku wa gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, bikozwe n’umugabo wari witwaje umuheto n’imyambi ari byo yifashishije akabarasa. Ibyo byabereye mu Mujyi wa Kongsberg muri Norvege, nk’uko byatangajwe na Polisi ikorera muri uwo Mujyi, ikaba yanongeyeho ko ukekwaho kuba ari we wabikoze yamaze (…)



  • Perezida Kagame yasubije abashaka ko Rusesabagina arekurwa

    Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bagize Rusesabagina icyamamare, ari na bo baba barimo gukora ibishoboka ngo afungurwe, batitaye ku byaha yakoze byamugejeje mu rukiko, ndetse no ku bantu bagizweho ingaruka zikomeye n’ibikorwa bye kandi na bo bakwiye kubona ubutabera.



  • Abigira muri za gereza bashobora kuzajya bagera ku rwego rwa Kaminuza

    Umushinga w’itegeko ryemerera abagororwa kujya biga bakageza ku rwego rwa Kaminuza, uramutse wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, mu gihe kizaza batangira kujya biga amasomo yo kuri urwo rwego mu gihe bari muri za gereza.



  • R. Kelly

    Indirimbo za R. Kelly zirimo kugurishwa ku rugero rwa 500%

    Nk’uko bigaragazwa na raporo ya ‘Rolling Stone’, indirimbo za R. Kelly z’amajwi n’iz’amashusho, zihererekanywa binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga, zavuye kuri miliyoni 11.2 zigera kuri miliyoni 13.4 mu cyumweru kimwe gusa.



  • Sena irashaka ko Imitwe ya Politiki yajya ikorerwa igenzura ry’umutungo

    Raporo ya Sena y’u Rwanda yagaragaje ko hari byinshi amashyaka ya Politiki mu Rwanda amaze kugeraho, mu bijyanye na Demokarasi, imiyoborere myiza, gukemura amakimbirane n’ibindi, kuko usanga biba biri mu mabwiriza shingiro yayo, ariko ngo hari ibigikeneye gukorwaho mu bijyanye n’igenzura ry’imicungire y’umutungo (audit).



  • Tanzania: Imbabura yishe umubyeyi n’abana babiri

    Umubyeyi witwa Unice Kulwa ufite imyaka 25 wari utuye ahitwa Geita muri Tanzania, n’abana be babiri bapfuye nyuma yo kubura umwuka wo guhumeka, bitewe no kwinjiza imbabura yaka itetseho ibishyimbo, mu nzu bari baryamyemo.



  • CP John Bosco Kabera

    Utubari twafunguye tutaremererwa n’utwiyongereyeho izindi serivisi turaburirwa

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko hari utubari twatangiye gukora tutarahawe uburenganzira cyangwa se tutari mu cyiciro cy’uduhabwa ibyangombwa bitangwa n’Imirenge na RDB, nk’uko yabigarutseho ku ya 3 Ukwakira 2021, mu Kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu.



  • Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika ukomeje gusigara inyuma kuko inyungu zawo zititabwaho ahubwo hakitabwa ku z

    Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika ukomeje gusigara inyuma kuko inyungu zawo zititabwaho

    Ku wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yari mu nama yiswe ‘World Policy Conference’ i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), yavuze ko iyi myaka ibiri ishize yabaye imyaka igoye cyane kubera icyorezo cya Covid-19, ariko kandi yasize igaragaje ubusumbane (…)



  • R. Kelly na Andrea Kelly

    Uwari umugore wa R. Kelly yavuze agahinda yamuteye bakibana

    Tariki 27 Nzeri 2021, nibwo umuhanzi w’icyamamare, Robert Sylvester Kelly uzwi nka R. Kelly ukomoka muri Amerika, wamamaye muri muzika ku isi mu njyana ya R&B, yahamijwe ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu yitwaje ubwamamare bwe, mu rukiko rwo muri New York, igihano yakatiwe kikazamenyekana muri Gicurasi 2022.



  • Umuti wa coronavirus watangiye kugeragerezwa ku bantu

    Umuti uvura virusi ya Corona watangiye gukorerwa igerageza ku bantu bagera ku 2,660. Nyuma yo gukora uwo muti, abashakashatsi batandukanye bo muri Amerika n’abo hirya no hino ku Isi bavuze ko nuramuka wemejwe umaze gukorerwa igerageza, Isi izaba ibonye umuti ukomeye, kandi ko binashoboka ko uzahita ugabanya cyane (…)



  • Perezida Kagame yagize icyo abwira abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

    Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu banenga ubufatanye u Rwanda rufitanye n’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal, babiterwa n’urujijo bafite (confusion) cyangwa se bakaba batazi ibyo bavuga, kuko ngo igihugu cyo gishimishijwe n’ibyo gikura muri ubwo bufatanye kugeza ubu.



  • Perezida Kagame asanga nta gihugu cya Afurika cyatera imbere bitanyuze mu bufatanye bwo mu karere

    Perezida Kagame asanga nta gihugu cya Afurika cyatera imbere bitanyuze mu bufatanye

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nzeri, ubwo yari mu nama ihuje Abanyarwanda n’Abanya-Zimbabwe bahagaririye inzego zitandukanye z’ubucuruzi n’ishoramari bagera kuri 200, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko amateka y’ibihugu byombi, yaranzwemo ibihe by’umubabaro n’agahinda, ariko na none n’intsinzi ndetse no kwigira, (…)



  • Depite Valens Muhakwa, Umuyobozi wa PAC

    PAC ntiyanyuzwe n’ibisobanuro bya RPPA ku makosa ari mu itangwa ry’amasoko ya Leta

    Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), cyasabwe kunoza imikorere ya ‘system’ yacyo kuko irimo ibibazo byanagiye bigarukwaho kenshi mu bisobanuro byahabwaga Komisiyo ishinzwe gukurikirana imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), iyo komisiyo ikaba itanyuzwe n’ibisobanuro yahawe.



  • Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yanenzwe kubera imicungire mibi y’imishinga y’iterambere

    Buri mwaka, inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yemeza inguzanyo n’amafaranga y’ingengo y’imari ya Leta, aba agenewe gukoreshwa muri gahunda z’iterambere ry’igihugu.



  • Yolande Makolo, Umuvugizi wa Guverinoma na Mufulukye Fred, Umuyobozi wa NRS

    U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch

    U Rwanda rwamaganiye kure raporo y’Umuryango Human Rights Watch (HRW) yasohotse ku wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, ishinja u Rwanda kuba rwarafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barimo abaryamana bahuje ibitsina, abihinduje ibitsina ‘transgender people’, abicuruza, abana bo mu muhanda n’abandi.



  • Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal

    Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe muri za miliyoni z’abafana b’Ikipe ya Arsenal hirya no hino ku Isi, baraye bashimishijwe n’intsinzi y’iyo Kipe yatsinze Ikipe ya Tottenham Hotspurs, ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, ikayitsinda ibitego bitatu kuri kimwe (3-1).



  • Abanyeshuri n’abakozi ba za Kaminuza basabwe kwikingiza Covid-19

    Kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda zasabye abanyeshuri ko bakwikingiza Covid-19, nibura urukingo rwa mbere, kuko batazemererwa kwinjira muri Kaminuza baterekanye ibyemezo ko bikingije, ubwo abatazabyerekana bashobora kugira amasomo abacika kuko bataziga batabifite.



  • Nyabihu yanenzwe kugenda gahoro mu kurwanya imirire mibi

    Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), yihanangirije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu, nk’Akarere gafite ikibazo cy’abana bafite igwingira ku rugero rwo hejuru mu Rwanda, nyamara kakaba kagenda gahoro muri gahunda zo krwanya imirire mibi. PAC ikaba yababwiye igwingira (…)



  • Ibibi byo kunywa inzoga ku rugero rukabije

    Kunywa inzoga ku buryo burengeje urugero ni imwe mu mpamvu zitera zimwe mu ndwara zitandura harimo nka Diyabete n’izindi nk’uko bisobanurwa na Dr Omary Ubuguyu, umuganga ushinzwe kurwanya no gukumira indwara zitandura muri Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania.



  • Abana 24 ni bo bagiye kwitwa amazina kuri uyu wa Gatanu

    U Rwanda rugiye kwita amazina abana b’ingagi 24 baherutse kuvuka

    Kuri uyu wa 24 Nzeri 2021, u Rwanda rurita amazina abana b’ingagi 24 baheruka kuvuka baba muri Pariki y’igihugu y’Ibirunga, umuhango ugiye kuba ku nshuro ya 17, ukaba uteganyijwe gutangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ukaza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19, nk’uko byagenze (…)



  • Akarere ka Nyamagabe

    PAC yavumbuye amakosa uturere dukora dutizanya amasezerano yo gutanga amasoko

    Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), yasabye Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA) gukurikirana bakarebam ikihishe inyuma y’ibikorwa binyuranyije n’amategeko byadutse mu turere tumwe na tumwe, aho batira amasezerano mu gihe bagiye gutanga (…)



  • Impande zombi nyuma yo gusinya ayo masezerano

    SKOL yasinye amasezerano yo gutera inkunga ‘Gira Impuhwe’

    Uruganda rwa SKOL rukora inzoga za SKOL na Virunga ndetse n’amazi, rwasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gufasha umuryango utari uwa Leta witwa ‘Gira Impuhwe’, usanzwe ukora ibikorwa byo gufasha imiryango itishoboye ifite ibibazo bitandukanye.



  • Iperereza rigamije gushyira Rugamba Sipiriyani na Daforoza mu bahire n’abatagatifu ryasojwe

    Kiliziya Gatolika mu Rwanda yasoje iperereza ryerekeye ishyirwa mu bahire n’abatagatifu kuri Sipiriyani na Daforoza Rugamba n’abana bapfanye.



Izindi nkuru: