Inzego z’ubuzima za Tanzania zikomeje ubushakashatsi ku ndwara itaramenyekana, imaze guhitana abantu 5 abandi bakaba bari mu bitaro.
Ni amasezerano agamije gutuma ikirangirire Lionel Messi w’Umunya-Argentine, wakiniraga ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), aba ku ruhembe mu kugaragaza isura y’umupira w’amaguru muri Saudi Arabia.
Umukobwa witwa Bushura Najjuko, ni umugeni waburiwe irengero mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, mu gihe yari asigaje iminsi ibiri ngo ashyingirwe.
Umuntu urwaye anjine, uretse kuba yajya kwa muganga bisanzwe, ashobora no gukoresha umuti w’umwimerere akivura anjine, ariko ntakwibagirwa ko imiti y’umwimerere yifashishwa mu kuvura ibimenyetso bijyanya na anjine ituruka kuri virusi, naho iyo ari anjine ituruka kuri bagiteri biba bisaba gukoreshwa imiti itangwa na muganga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyasohoye gahunda y’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko, hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo ya Minisiteri y’Uburezi y’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2022-23.
Abayobozi bo muri Afurika y’Epfo batangaje ko imyigaragambyo yatejwe n’abakozi bo mu mavuriro ya Leta, yagize ingaruka zikomeya ku bikorwa by’ubuvuzi mu bitaro binini byo muri icyo gihugu, bityo Urukiko rw’ubujurire rukaba rwategetse ko iyo myigaragambyo ihagarara.
Muri Kenya, ahitwa Homa Bay, umugabo witwa Dan Ouma w’imyaka 24, yakubiswe ikintu kiremereye mu mutwe bimuviramo urupfu, ubwo yarimo akiza umugabo mugenzi we wari urimo kurwana n’umugore we.
Umuvuduko w’amaraso ukabije ushobora guterwa n’ibintu bitandukanye, harimo uruhererekane rwo mu muryango, kunywa itabi, kuba umuntu arwaye Diyabete, no kuba nta siporo ajya akora. Kugira umuvudko w’amaraso ukabije byongera ibyago byo kugira amaraso yipfundika mu mitsi ntagere ku mutima bikawubuza gukora (heart attacks), (…)
Ifi yagombye kuba mu mafunguro y’ibanze abantu bafata, kubera intungamubiri nziza yifitemo, nk’uko bisobanurwa n’abahanga mu by’imirire mu nkuru dukesha urubuga www.findus.fr.
Inkubi y’umuyaga idasanzwe yiswe Freddy, yahitanye abasaga 100 muri Malawi no muri Mozambique, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ibyo bihugu byombi.
Ibyari ibyishimo n’umunezero byari bigiye kurangirira mu marira, ariko Imana ikinga ukuboko, ubwo umukobwa yamiraga impeta yari yahishwe mu byo kurya bye, kugira ngo umusore bakundana aze kuyimutunguza, amasuba kuzamubera umugore. Ibyo byabereye muri Kenya ahitwa i Gongoni, Tana River County.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) cyasabye ko guhera ku wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023 mu Rwanda hose nta mucuruzi wemerewe gucuruza inyama zitabanje gukonjeshwa nibura amasaha 24 muri Firigo.
Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge (RSB), cyaburiye abakoresha utumashini twifashishwa mu kumutsa inzara zasizwe imiti ihindura ibara (vernis), mu nzu zitunganyirizwamo imisatsi n’inzara, kuko harimo tumwe tutujuje ubuziranenge, kandi tukaba twateza ingaruka ku buzima bw’abakiriya, harimo indwara ya kanseri.
Agapira gashyirwa mu gifu (ballon gastrique), ni ubundi buryo budasaba kubanza kubagwa, bwifashishwa n’abantu bifuza kugabanya ibiro.
Kaushik azwi nk’umukinnyi wa Filimi wakunze kuba umukinankuru usetsa abantu muri Filimi zitandukanye za Bollywood, yitabye Imana ku myaka 67 y’amavuko.
Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo kwagura no kongera serivisi zitangirwa ahantu hamwe hazwi nka ‘One Stop Centre’ ku cyicaro cya RDB, ibyo bikaba byakozwe mu rwego rwo kuvugurura itangwa rya serivisi ku bakiriya no guha abashoramari serivisi zitandukanye bakenera kandi baziboneye ahantu hamwe.
N’ubwo umuntu aba yabonye ibimenyetso bisanzwe bijyana na gutwita, harimo kuba ibisubizo byo kwa muganga byerekanye ko umuntu atwite (test positif), kubara igihe inda ifite bahereye ku gihe aherukira mu mihango, ariko hari ubwo bibaho, bareba mu nda y’umubyeyi bakoresheje ibyuma byabugenewe bagasanga nta rusoro rwigeze rwirema.
Umubare w’abagore batwite n’abonsa bahuye n’imirire mibi, wazamutseho 25% mu bihugu 12 byo muri Afurika no muri Aziya, guhera mu 2020, nk’uko byagaragajwe muri raporo ya UNICEF.
Umugabo wo mu Bushinwa yibye kuri Sitasiyo ya Gaz mu 2009, atwara Amayuwani (yuan) 156, ni ukuvuga Amadolari 22.50, nyuma amara imyaka 14 mu buvumo bw’umusozi yihisha Polisi.
Itegeko rigena ibyo gutanga ingingo (Organ donation), biteganyijwe ko rizasohoka mu Igazeti ya Leta mu bihe bya vuba, nyuma ubuvuzi bujyanye no gusimbuza ingingo mu Rwanda bukaba bwatangira muri Gicurasi uyu mwaka 2023.
Umuryango GAERG ( Groupe des Anciens Etudiants et Eleves Rescapés du Genocide), ugizwe n’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside, wateguye igikorwa wise ’GAERG TURASHIMA’, aho bashimye ibyo bagezeho mu myaka 20 ishize uwo muryango umaze uvutse kuko wabayeho kuva mu 2003.
Ubushakashatsi bugaragaza ko abasaga kimwe cya kabiri cy’abatuye Isi bazaba bafite ikibazo cy’ibiro by’umurengera muri 2035, nk’uko byatangajwe na ‘World obesity federation’.
Imiryango itari iya Leta, RWAMREC (Rwanda Men’s Resource Centre ) na RCSP (Rwanda Civil Society Platform), isaba ko ikiruhuko cyo kubyara abagabo bahabwa (paternity leave), cyakongerwa kikaba ibyumweru bitandatu, ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’ikiruhuko gihabwa umubyeyi w’umugore iyo yabyaye, kugira ngo babone umwanya (…)
Impyiko ni ingenzi mu buzima bw’umuntu ku buryo bukomeye, bityo ni ngombwa kuzitaho no kuzirinda, binyuze mu kurya indyo yuzuye kandi iboneye, no kugenzura amafunguro umuntu afata cyane cyane za poroteyine n’ibyo kurya birimo umunyu mwinshi.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kwishimira ibyagezweho mu bijyanye n’uburinganire bw’ibitsina byombi ari ibintu bikwiye, ariko ko abantu bakwiye kumva ko ibyagezweho muri urwo rwego bitapfuye kwizana gusa, ahubwo byaturutse kuri Guverinoma ishyira abaturage imbere, cyane cyane abagore.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 01 Werurwe 2023, Perezida Kagame yabajijwe ibibazo bitandukanye birimo n’icy’uko yaba ateganya kwiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda itaha.
Inama y’igihugu y’umushyikirano yabaye ku nshuro ya 18, yamaze iminsi ibiri, ikaba yari ihuriwemo n’abayobozi ku nzego zitandukanye, abaturage , Abanyarwanda baba mu mahanga bayitabira ku buryo bw’ikoranabuhanga n’abandi. Umunsi wa kabiri ari na wo wa nyuma, wabaye n’umwanya wo gutangaza uko Uturere twakurikiranye mu manota (…)
Mu itangazo ryasohowe na Roberto Occhiuto, Umuyobozi wo mu Majyepfo y’u Butaliyani ahabereye iyo mpanuka ikomeye, yagize ati "Abantu benshi bapfuye barohamye mu mazi, muri bo harimo n’abana kandi abenshi baburiwe irengero. Umujyi wa Calabre uri mu cyunamo kubera ibyo byago bikomeye”.
Mu kiganiro kivuga ku iterambere ry’umuryango mu nama ya 18 y’Umushyikirano, umusore witwa Ntwali Christian uyoboye umuryango ‘Past Initiative’, yasobunuye ko uburere umwana akura mu rugo, n’uburezi akura ku ishuri ari byo bihura bikamufasha kuba umuntu nyawe uhamye.
Mu nama y’Umushyikirano habamo n’umwanya abaturage mu ngeri zinyuranye bahabwa wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye, abo bireba bagatanga ibisobanuro cyangwa se inama z’uko ikibazo runaka kigaragajwe cyakemuka.