Muri Nigeria abantu bitwaje intwaro bishe abapolisi umunani (8) mu Majyepfo y’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri ako gace, bavuga ko ubwo bwicanyi bubaye mu gihe amatora ya Perezida wa Repubulika yegereje, kuko azaba ku itariki 25 Gashyantare 2023.
Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda (National Consultative Forum of Political Organizations - NFPO) na Sosiyete Sivile, yakiriye neza igitekerezo cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) cyo guhuza amatora ya Perezida wa Repubulika ataha, n’ay’Abadepite.
Sosiyete y’ahitwa Chengdu mu Bushinwa, ikora mu bya Logistics (Chengdu Ant Logistics), irashimirwa kuba isaba abashaka akazi ndetse n’abagatanga kwambara ‘masks’ zihisha amasura yabo mu rwego rwo kwirinda ko hari umuntu waje gusaba akazi warenganywa hagendewe ku buryo agaragara ku isura.
Uruzinduko rwa Perezida Joe Biden wa Amerika muri Ukraine yakoze mu buryo butunguranye, rwafashwe nk’ikimenyetso gikomeye, kuko ngo ruje umunsi umwe mbere y’uko Perezida Putin avuga imbwirwaruhame ijyanye no kwizihiza isabukuru y’umwaka ushize, u Burusiya butangije intambara muri Ukraine.
Ukraine yatangaje ko yatangije amahugurwa agenewe Abadipolomate bo mu bihugu bya Afurika , ayo mahugurwa akaba arimo atangwa mu rwego rwo gushimangira umubano hagati ya Ukraine n’Umugabane wa Afurika, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’icyo gihugu, Dmytro Kuleba.
UNHCR n’abafatanyabikorwa barakusanya inkunga yo gufasha impunzi z’Abanyekongo mu bihugu zirimo, mu gihe Abakuru b’Ibihugu bya EAC bashaka ko zisubira mu gihugu cyazo.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umunya-Ghana, Christian Atsu, yagaragaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023 yarapfuye, munsi y’ibikuta by’inzu byasenywe n’umutingito wabaye mu minsi 12 ishize, ugahitana abasaga 41,000 muri Turquie na 3,700 muri Syria.
Umuyobozi mukuru w’Ishami rya UN rishinzwe abimukira (International Organization for Migration/IOM), Antonio Vitorino, yavuze ko umubare w’abagore n’abana b’abimukira baturuka mu bihigu byo mu Ihembe ry’Afurika, bajya mu bihugu bya Golfe (Gulf states) banyuze muri Yemen wiyongereye cyane.
Abahitanywe n’umutingito barasaga 41,000 muri Turquie na 3700 muri Syria, hari bakeya basangwa bagihumeka nyuma y’iminsi isaga 10 bagwiriwe n’ibikuta Nyuma y’iminsi cumi n’umwe umutingito wari ufite ubukana bwa 7.8 wibasiye ibihugu bya Turquie na Syria, abashinzwe ubutabazi, ku buryo bw’ibitangaza baracyarokora abantu (…)
Abadepite bahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), ntibitabiriye umwiherero w’iminsi ibiri w’abagize iyo nteko irimo kubera mu Rwanda.
Dr Nkeshimana Menelas, Umuganga uri mu itsinda rishinzwe kurwanya no kuvura indwara z’ibyorezo mu Kigo cy’igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), yavuze ko nyuma yo kubona amakuru y’indwara itaramenyekana yishe abantu muri Guinea, n’ubu bataratuza kuko bataramenya ibisubizo bizava mu bizamini byoherejwe muri Laboratwari.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yatanze Miliyoni 62Frw, yo gufasha abagore bo mu Karere ka Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka, bibumbiye mu makoperative 26.
Amashuri ari mu bigo bya Leta byagizwe nyambere (priority) mu guhabwa Internet yihuta cyane, ya Starlink ifatira ku cyogajuru (satellite) cy’umuherwe Elon Musk, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko gahunda ihari ari ukubanza kuyishyira nibura mu mashuri 500.
Umunsi wa Saint Valentin ni umunsi witiriwe Mutagatifu Valentin wabayeho mu binyejana byashize, ukomeza kwizihizwa uko imyaka igenda ihita indi igataha. Mu Rwanda uwo munsi w’itariki 14 Gashyantare 2023, waranzwe no guhana indabo, impano, kohererezanya ubutumwa bw’urukundo, ku bakundana no gusohoka bagasangira , mu gihe ku (…)
Abasenateri bafashe ingero ku bikorwa mu bindi bihugu, basanga abahanga mu mitekerereze ya muntu ‘psychologists’, bakoreshwa mu gukemura ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko bakoreshwa mu mashuri bagafasha abanyeshuri kuzamura ubushobozi, kwiga no gufata, bikagabanya umubare w’abahitamo guta ishuri.
Ubushinjacyaha bwasabiye abagabo batandatu bahoze mu mutwe wa FDLR, gufungwa imyaka 25 ku byaha bakurikiranyweho birimo n’icy’ubugambanyi.
Guverinoma y’u Rwanda, irateganya kuzaba ifite Stade mpuzamahanga zigera kuri eshanu mu myaka itanu iri imbere, ni ukuvuga bitarenze 2028, nk’uko byatangajwe na Minisiteri ya Siporo.
Imibare ituruka muri Banki nkuru y’Iguhugu (BNR) no muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, igaragaza ko mu mwaka wa 2022, amabuye y’agaciro yoherezwa mu mahanga yinjirije u Rwanda agera kuri Miliyoni 683 z’Amadolari (Hafi Miliyari 740 z’Amafaranga y’u Rwanda), ni ukuvuga ko yazamutseho 52.3 %, ugereranyije na Miliyoni 448 (…)
Muri iki cyumweru, inama rusange y’itorero ry’Abangilikani mu Bwongereza yarateranye, ifata imyanzuro itandukanye harimo n’ugamije gushyingira abakundana bahuje ibitsina mu gihe babyifuza.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bari i Nairobi muri Kenya kuba maso kuko hari ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira uwo Mujyi wa Nairobi.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama igamijwe kureba uko ibijyanye n’abakozi n’umurimo bihagaze mu Rwanda, yitabiriwe n’abahagarariye ibigo bitandukanye birimo ibya Leta n’ibyigenga, yasabye abakoresha kubahiriza amabwiriza arebana n’umurimo.
Delroy Chuck, Minisitiri w’ubutabera wa Jamaica yavuze ko ubu biteguye gutangira uburyo bwo kudakoresha impapuro mu nkiko ‘paperless court system’ muri uyu mwaka, aho bashobora kurebera ku Rwanda uko rubigenza.
Mu ruzinduko rw’akazi arimo muri Mali, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’U Burusiya Sergey Lavrov, yatangaje ko igihugu cye kizakomeza gutanga inkunga yacyo mu gushyigikira igisirikare cya Mali.
Umugabo w’Umushinwa yatunguwe no kumenya ko hari amenyo y’umuntu yamwinjiye mu mubiri (mu isura) n’ubwo abaganga batahise babibona kuko yabimenye hashize iminsi agonganye n’umuntu barimo bakina umukino wa ‘basketball’.
Umubiri wa Thomas Sankara wigeze kuba Perezida wa Burkina Faso ndetse na bagenzi 12 bicanywe muri ‘Coup d’Etat’ yabaye mu 1987, biteganyijwe ko izashyingurwa mu cyubahiro mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare 2023.
Umutingito ukomeye wibasiye Amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Turquie ndetse n’Amajyaruguru ya Syria, ubu ukaba umaze kwica abagera kuri 1400.
Ikuzo Audace ni umushoramari w’Umunyarwanda utuye mu Bubiligi, ariko akaba ari umwe mu bitabiriye inama yerekeye ishoramari yabaye muri Werurwe 2022, aho abari bayitabiriye bagize umwanya wo kuganira n’abashinzwe ibijyanye n’ishoramari mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Abakuwe mu byabo n’intambara muri Sudani y’ Epfo bafite icyizere ko uruzinduko rwa Papa Francis muri icyo gihugu ruzazana amahoro rugatuma abayobozi bacyo bahindura imikorere bagaharanira ko icyo gihugu kibamo amahoro arambye.
Umuyobozi w’ikigo cyo mu Bufaransa cya TotalEnergies gicukura kandi kandi kigatunganya ibikomoka kuri Peteroli, Patrick Jean Pouyanné, arateganya gusura intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu rwego rwo kureba uko umutekano wifashe muri ako gace.
Ni igitero cyagabwe ku musigiti uherereye ahakorera ibiro bikuru bya Polisi ahitwa i Peshawar, mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Pakistan, kikaba cyahitanye abagera kuri 83 nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023.