Abahinzi b’ibirayi b’i Nyaruguru barifuza ko imbuto y’ibirayi bitukura yadutse iwabo yatuburwa nk’izindi mbuto z’ibirayi zemewe, kugira ngo na yo bajye bayihinga.
Abatuye mu Murenge wa Nyabimata ntibategereje ko amasaha akura kugira ngo bitabire igikorwa cy’itora, kuko aba mbere bari batangiye akazi saa Mbili nyuma yo gutora abadepide.
Abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bahangayikishijwe n’umusaruro w’ingano n’ibigori bejeje, wangirikira mu bubiko kubera kubura uwubagurira, n’umuguzi ubonetse akabagurira ku giciro gito.
Yabigarutseho ubwo yamamazaga abadepite b’Umuryango FPR mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara kuri uyu wa Kane tariki 23 Kanama 2018.
Abikorera b’i Huye bifuza kwemererwa kuba bavuguruye amazu y’ubucuruzi yafunzwe, kugira ngo babashe kwegeranya ubushobozi bwazabafasha kubaka ay’amagorofa basabwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, arasaba abo ayobora gufatira urugero ku kudatsimburwa kw’Inkotanyi, kuko bizabafasha kwesa imihigo neza.
Abatuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bishimiye imihanda ya kaburimbo yatunganijwe, aho batuye kuko yabakuriyeho icyondo cyababangamiraga mu gihe cy’imvura.
Bakunzibake Jean de Dieu utuye mu Karere ka Huye yarangije mu ishami ryo gukurikirana imyaka yabaturage (Agronomie), ariko ubu ni umunyonzi kuko ari byo byamukuye mu bushomeri.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye, yatangaje ko umuhanda Huye-Kibeho-Ngoma uratangira gushyirwamo kaburimbo muri Nzeri 2018.
Mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bijihije umuganura ingo 34 zabanaga mu buryo butemewe n’amategeko zisezerana.
Mu gihe usanga abakundana cyangwa abagabo n’abagore bitana ba sheri (chéri), Liberata Hategekimana we hashize umwezi kumwe atangiye kurihamagara umugabo bamaranye imyaka 10.
Ingo 300 zo mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru ni zo zigiye kubona amashanyarazi aturuka ku Rugomero ruri kubakwa ku mugezi wa Mudasomwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Isaac Munyakazi, avuga ko abavuga ko Nyaruguru ari agace kafashwe n’abarwanya u Rwanda atari byo.
Uwitwa Vincent Mutabazi utuye i Save, avuga ko yimukiye i Save muri 2015 aturutse mu Mujyi wa Butare, agamije kuhacururiza, ariko ngo nta mahoro yigeze ahagirira, ayabuzwa n’abafatanyije n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save atuyemo, Innocent Kimonyo. Amahoro ayabuzwa n’uko aterwa n’abamubuza umutekano (…)
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2018, mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Maraba harasiwe abajura babiri bahita bapfa, ubwo bageragezaga kurwanya inzego z’umutekano zari zibatesheje aho bibaga.
Mu mirenge itandatu kuri 13 igize Akarere ka Gisagara hamaze kubarurwa abana b’abakobwa 105 batewe inda, bakabyara bataruzuza imyaka 18.
Nkeramihigo André utuye mu Murenge wa Gishubi wo mu Karere ka Gisagara, avuga ko kuvuka ari uwa 22 mu muryango w’abana 32, byatumye atabasha kugera ku nzozi yakuranye kubera ubukene.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, Bosenibamwe Aimé avuga ko mu nzererezi ziri mu bigo ngororamuco, abenshi baturuka mu Ntara y’Amajyepfo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza, Clémence Gasengayire, avuga ko kugeza ubu,kuboneza urubyaro bigeze ku kigero rwa 64%, mu Karere ka Gisagara.
Ku tugari 51 tugize Akarere ka Nyanza, 49 twamaze kubakwamo amavuriro bita “Poste de santé” mu rurimi rw’Igifaransa.
Urubyiruko n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, batangiye kubakira Ruzigamanzi Deo warwanye urugamba rwo kubohora igihugu.
Mukamusoni Julienne utuye i Mbazi mu Karere ka Huye, avuga ko atumvaga akamaro k’umuganda mbere y’uko abwirwa ko uzamwubakira inzu yizeye kuzataha mbere y’umuhindo.
Mahoro Emmanuella ushinzwe isanamitima n’ubwiyunge mu itorero ADEPR avuga ko Abakirisito batamaganye ikibi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko batatojwe kuba Abakirisito nyabo.
Abamotari b’i Huye bibumbiye muri koperative Cottamohu bifuza ko urubyiruko rwajya rusura urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kugira ngo rusobanukirwe amateka ya jenoside.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano, yasezeranije Abatuye Intara y’Amajyepfo ko ntaho abagizi ba nabi bazongera kumenera ngo bahungabanye umutekano.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko abayobozi bitwara nabi bakwiye kubibazwa, kandi ko badakwiye gukomeza kurwazwa nyamara bahemukira abaturage.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, avuga ko ibigo by’amashuri gaturika byose bikwiye kugira umukozi utega amatwi abana.
Bisanzwe bizwi ko mu mashuri y’abihayimana mu Rwanda, batihanganira na busa umunyeshuri w’umukobwa watewe inda kuko ahita yirukanwa burundu.
Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye kureka kunamira ababo ngo kuko batazi aho baguye.