Abagabo batatu bo mu Karere ka Huye bihangiye umurimo wo gukora amakaro, amapave, verini n’amatafari, bifashishije pulasitiki (plastics) zajugunywe.
Mu gihe icyorezo cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira hirya no hino ku isi, ibihugu binyuranye aho kitaragera birimo n’u Rwanda byafashe ingamba zo gukumira ko cyahagera.
Mu gihe mu Rwanda hashyizwe imbaraga nyinshi mu kwigisha ikoranabuhanga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abiga mu mashuri yisumbuye ku rwunge rw’amashuri rwa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bo baryiga mu magambo.
Abatuye mu Mudugudu w’Agatare mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, bishimira amashanyarazi y’imirasire y’izuba bahawe na Polisi y’u Rwanda, kuko yabafashije gutangira kuva mu bukene.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Ignacienne Nyirarukundo, avuga ko adashyigikiye kuba hari ababyeyi bahabwa akazi muri gahunda ya VUP aho kukikorera bagatumayo abana babo.
Abapadiri 30 bo mu bihugu byo muri Afurika, guhera tariki 28 Gashyantare kuzageza ku ya 2 Werurwe 2020, bari i Kibeho kugira ngo basobanurirwe iby’amabonekerwa yahabereye.
Abanyehuye bafite inzu zicumbikira abagenzi n’uburiro, bavuga ko igihe cyose habaye amasiganwa y’amagare atuma abayitabiriye baharara, babona icyashara gishimishije ugereranyije n’uko bisanzwe.
Abaganga barasabwa kurushaho kwita ku murwayi, n’ubwo yaba arwaye indwara itazakira bakamwitaho bakamuhumuriza, bakamufasha kuzigendera neza batamuhuhuye.
Nyuma y’uko Radio Horeb, ari yo Radiyo Mariya yo mu Budage, yafashije mu kubaka Radio Mariya Kibeho, yatangiye no gushishikariza Abadage gusura Kibeho.
Abaturage batuye i Sovu mu Karere ka Huye mu butaka bahawe na Leta mu mwaka wa 1963, binubira gukomeza gushorwa mu manza nyamara Perezida Kagame yaravuze ko bene ibi bibazo bidakwiye gukemurwa n’inkiko.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abarezi bigisha mu mashuri yisumbuye bavuga ko imfashanyigisho zidahagije ziri mu bituma batabasha gutanga uburezi bufite ireme nk’uko babyifuza.
Ababyeyi bivugwa ko bateje impagarara ku ishuri no ku murenge bakabifungirwa, baravuga ko intandaro yo kugirana amakimbirane n’ubuyobozi bw’ikigo, ari uko bangaga itotezwa ikigo gikorera abana babo.
Pasitoro Abidan Ruhongeka uyobora Itorero ry’Abadivantisiti mu gice cy’Amajyepfo y’u Rwanda, avuga ko niba hifuzwa ko abantu bazagera mu ijuru amahoro, bakwiye no kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abana babiri bavukana bahanganye n’abarezi, ababyeyi babo na bo babizamo nuko bibaviramo gufungwa.
Abakozi batatu bo muri SACCO yo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, bafunze mu gihe hari gukorwa iperereza ku cyaha cyo kunyereza umutungo bakurikiranyweho.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye, ku wa kane tariki 13 Gashyantare 2020, rwaburanishije Madeleine Musabyuwera w’i Kibirizi mu Karere ka Nyanza n’abahungu be babiri. Bakurikiranyweho kwica no guta mu musarane abana babiri b’uwitwaga Didace Disi.
Ubuyobozi bwa Seminari Ntoya yitiriwe Mutagatifu Jean Paul II ya Gikongoro (Petit Seminaire Saint Jean Paul II), buvuga ko abanyeshuri bigaga mu mwaka wa gatatu bagize amanota abashyira ku mwanya wa kane, ariko ngo ntibagaragaye mu mashuri 10 ya mbere mu Rwanda.
Umwarimu wigisha mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza ku Rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ku bana 49 yigisha, urebye 15 ari bo bazi gusoma no kwandika neza Ikinyarwanda.
Ku itariki ya 17 Mutarama 2020, mu Karere ka Huye hatangijwe igikorwa cyo gusukura umujyi, hatemwa ingo z’imiyenzi n’insina.
Serivise ishinzwe ibiza mu Karere ka Huye ivuga ko imvura yaguye muri Mutarama ariko cyane cyane mu ntangiriro za Gashyantare 2020, yasenyeye imiryango igera kuri 67.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza, Annonciata Kankesha, avuga ko ababyeyi bagiye bagenera abana babo nibura iminota 15 yo kubafasha kwitoza gusoma, byatuma biyungura ubwenge.
Nyuma yo kubona ko hari abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi barangiza ibihano bakananirwa kubana n’abo basanze, ntibanabashe kwiyunga n’abo biciye, itorero ADEPR ryiyemeje gutangiza inyigisho z’isanamitima.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bemerewe ishwagara na Perezida wa Repubulika Perezida Kagame, ngo bayifashihse mu buhinzi, ariko bakinubira ko bakyihawe rimwe gusa, nyamara bari bayikeneye kenshi kugira ngo umusaruro ube mwiza.
Minisiteri y’Uburezi irashishikariza ababyeyi kohereza abana b’inshuke mu ishuri, banataha na bo bakabafasha kurushaho kumva ibyo bize bifashishije ibyo bafite mu rugo ndetse n’ibitabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Inama Njyanama y’aka karere yo guca amande abazerereza inka ku gasozi.
Nyuma y’uko byavuzwe mu itangazamakuru ko hari abanyeshuri 47 bigaga kuri Butare Catholique birukanywe, ubuyobozi bw’iri shuri bwafatanyije n’ubw’akarere bubashakira aho bigira.
Abanyeshuri 10 bigaga gukina umupira w’amaguru mu ishuri ry’imyuga riherereye ku Kabutare (bakunze kwita EAV Kabutare) mu Karere ka Huye, birukanywe bazira imyitwarire mibi none babuze aho berekera.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Edouard Ngirente, yibaza icyo impuzamakoperative zimariye abaturage kitari ukubatwara amafaranga, bigatuma igiciro cy’umuceri wo mu Rwanda cyiyongera.
Abasoromyi b’icyayi bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko umurimo bakora wabagejeje kuri byinshi, bityo bakabona ko na wo ari umurimo nk’iyindi.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Claver Gatete, avuga ko uruganda ruzakora amashanyarazi rwifashishije nyiramugengeri ruzatuma igiciro cy’amashanyarazi kigabanuka.