Mu gihe mu Rwanda hatangiye gutekerezwa ku bizagerwaho muri 2050, urugaga rw’abagore rushamikiye ku Muryango RPF-Inkotanyi rwifuza ko icyo gihe umugore w’Umunyarwandakazi azaba abasha kuzuza inshingano z’urugo neza, yaranateye imbere.
Hari abapasitoro bo mu byaro babona ibyo basabwa kugira ngo insengero zabo zifungurwe (mu rwego rwo kwirinda Coronavirus) ari nk’amananiza kuko abayobozi babagenzura na bo batabasha kubyubahiriza uko byakabaye.
Umuhinzi w’icyayi witwa Claude Mayira utuye mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, yahanze umuhanda wa kilometero hafi eshatu mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye bifatanyije n’abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize aka Karere mu muganda wo gutangiza kubaka ibyumba by’amashuri 393.
Nyuma y’uko tariki ya 21 Kamena 2020 mu Karere ka Huye hatangijwe igikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri 74, tariki 5 Kanama 2020 batashye 19 muri byo byari bimaze kuzura.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko yiyemeje kuzasezeranya Jérémie Nzindukiyimana bivugwa ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi yabyangiye yari yageze ku murenge n’umugeni we.
Abantu babarirwa mu 2000 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, biganjemo abafashwe batambaye udupfukamunwa cyangwa batwambaye nabi, baraye bafashwe bamwe barazwa muri sitade, abandi ku biro by’inzego z’ubuyobozi mu turere two mu Ntara y’Amajyepfo.
Abakunze kugendagenda mu Mujyi wa Huye ndetse no mu nkengero zaho, bavuga ko kutambara agapfukamunwa cyangwa kukambara nabi biviramo nyir’ikosa gutakaza umubyizi w’ibyo yikoreraga.
Nyuma y’ibyumweru hafi bitatu insengero zikomorewe kongera gukora, esheshatu zari zakomorewe mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye zongeye kuba zifunzwe.
Abacururiza imyambaro mu isoko ryo mu Rwabayanga mu mujyi i Huye, binubira gutangira gukora bwakeye cyane kuko aho bacururiza habanza kurangurizwa imboga.
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango tariki 23 Nyakanga 2020, ufashwe atambaye agapfukamunwa cyangwa akambaye nabi arigishwa akanacibwa amande y’amafaranga 1000.
Abasengera mu itorero ADEPR mu Karere ka Nyaruguru, bishimira gahunda ya ‘Ndiho ku bwawe’ yahatangijwe muri 2019, kuko yabigishije ubuvandimwe ikanabakura mu bwigunge.
Mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, hari ababarirwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe binubira kuba umurenge ubarimo amafaranga 7000, bakaba bari gusabwa gufunguza konti ku 7,500Frws kugira ngo bishyurwe.
Mu bihe bisanzwe bitari ibya Coronavirus hari igihe i Kibeho hagendwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 30, ariko kugeza ubu inzu zihari zicumbikira abagenzi zirimo ibyumba 135 gusa.
Nyuma y’uko ku cyumweru tariki 19 Nyakanga 2020, abantu bakomorewe kongera gusengera mu nsengero, abayoboke b’amadini bavuga ko bashimishijwe no kongera guteranira mu isengesho rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwahagaritse kwakira ibibazo by’abaturage guhera kuri uyu wa kabiri tariki 21 Nyakanga 2020.
Abagiye bahohoterwa mu ngo bakaza gufashwa bakiyunga n’ababahohoteraga, bavuga ko babanye neza na bagenzi babo, ariko ko nubwo babababariye batabura kugira inkomanga ku mutima.
Abatuye mu Mudugudu wa Kibyibushye mu Kagari ka Gitita ho mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, barifuza kwegerezwa serivise z’ubuvuzi kuko ngo na mituweri basigaye bayiriha 100%.
Akarere ka Nyaruguru kabimburiye utundi turere two mu Rwanda mu kuzuza ibyumba by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi.
Abatuye mu Kagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, tariki 2 Nyakanga 2020 bari bamaze kwishyura imisanzu ya mituweli 2020-2021 bose.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwari bwemereye Cyprien Tegamaso kumuvuza, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yapfiriye ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), ataragera kuri Faisal ngo avurwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Jérôme Rutaburingoga, avuga ko abatujwe mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha uri mu Murenge wa Mamba bagenda batera imbere, ku buryo n’imodoka bazazitunga.
Damien Manirakiza bakunze kwita Muzamuzi, yakuye amazi mu birometero bitatu n’igice ayageza aho atuye, none arifuza inkunga y’ibigega kugira ngo we n’abaturanyi be bajye babasha kuhira imyaka bahinga imusozi.
Jean Bishokaninkindi utuye i Nkanda mu Karere ka Nyaruguru, yishimira inzu nziza yahawe hamwe n’inka kandi ngo abibonamo inyungu y’uruhare yagize mu kubohora u Rwanda.
Nyuma y’imyaka ibiri Cyprien Tegamaso w’i Nyamagabe yarabuze miliyoni umunani n’ibihumbi 200 byo kwivuza, Akarere ka Nyamagabe kamwemereye kuzamurihira fagitire y’ibitaro.
Abatuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara barashima ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe. Ngo rizatuma kugera ku isoko biborohera, bityo babashe gutera imbere babikesha ubworozi bwabo.
General James Kabarebe mu ntangiriro z’uyu mwaka tariki 9 Mutarama 2020 yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.
Abatuye mu mudugudu wa Rweru mu Murenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe, barishimira iteme ryo mu kirere bubakiwe muri uyu mwaka kuko ngo rizatuma imyigire y’abana babo irushaho kugenda neza.
Abakuru b’imidugudu 93 igize imirenge ya Ruheru, Nyabimata, Muganza na Kivu mu Karere ka Nyaruguru, bahawe amagare kuri uyu wa Kane tariki 02 Nyakanga 2020.
Abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Yanza mu Murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru baherutse kugabwaho igitero n’abaturutse i Burundi, bavuga n’ubwo hari abo babwiye ko bazagaruka, bitabateye ubwoba.