Abaturage bo mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahawe akazi muri VUP, barifuza kujya bishyurirwa ku gihe kuko amafaranga abageraho byaratinze.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Gabiro mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, barifuza korozwa kugira ngo babashe kwikura mu bukene, kuko no kubona ibumba bakuragamo ibibatunga bitakiborohera.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 18 Nzeri 2020, i Karama mu Murenge wa Ruhashya hafatiwe umugabo ukekwaho ubujura, barebye basanga ni Isaac Banyangiriki wari warabuze ngo afungirwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Umugabo w’imyaka 61 wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyamagabe, yafashwe asambanya umukobwa w’imyaka 42 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Abatuye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahangayikishijwe n’uko babona igihe cy’ihinga cyageze nyamara bakaba babona nta mvura iri kugwa.
Nyuma y’uko byagaragaye ko umubare w’abanduye indwara ya Coronavirus ugenda wiyongera muri rusange, i Huye hashyizwe santere yo kubavuriramo.
Nyuma y’amakuru yari yavuzwe y’uko ahitwa mu Irango mu Karere ka Huye habonetse inyamaswa imeze nk’ingwe, abashinzwe umutekano bakayica bavuga ko ari urusamagwe, abazi iby’inyamaswa bavuga ko iyo nyamaswa yitwa imondo.
Ntirandekura Ntakirende wo mu Mudugudu wa Subukiniro, Akagari ka Rugogwe, Umurenge wa Uwinkingi yiciwe inka n’abarwanyi ba FLN none yashumbushijwe imbyeyi ihaka n’ikimasa icukije.
Mu kibuga cyo ku biro by’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, Kampani Enviroserve yahashyize kontineri izajya ishyirwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga (electronic) abantu batacyifashisha.
Nyuma y’uko abantu barindwi bo mu Mudugudu w’Agakera mu Kagari ka Rango-A Umurenge wa Mukura bari batinye gusohoka kubera inyamaswa bakekaga ko ari ingwe yari mu rugo rwabo, inzego z’umutekano zaje kuyirasa basanga ari urusamagwe.
Abagize Inama Njyanama z’Utugari mu Karere ka Huye bavuga ko zarushaho gukora neza zigiye zigenerwa inyoroshyangendo, nk’uko bigenda kuri Njyanama z’Imirenge n’iz’Uturere.
Abakunze kugenda mu Karere ka Nyaruguru bakunze kumva ko imodoka za zitwara abagenzi ziturutse i Huye zigarukira ahitwa mu Kamira, ariko ubundi izina uko ryakabaye ni Kamirabagenzi.
Nyuma y’uko muri 2018 inzu za kaminuza y’u Rwanda zishaje zatangiye kuvugururwa, Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, avuga ko iz’i Huye bari kuzivugurura banakora ku buryo zijyana n’icyerekezo cy’umujyi zubatsemo.
Mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, mu Mujyi wa Huye hafashwe ingamba z’uko abacururiza mu isoko bazajya basimburana (hakaza 50%), n’abaranguza ibicuruzwa bimwe na bimwe bimurirwa mu gikari cy’inzu mberabyombi ya Huye.
Mu ijoro rishyira ku itariki ya 02 Nzeri 2020, mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye havuzwe inkuru y’umugabo wishwe, mu bakekwaho kumwica hafatwamo n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu w’Akabuga uwishwe yari atuyemo.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru barashishikarizwa kureka gutuma abana mu isoko kuko usanga akenshi bibaviramo uburara.
Guhera mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, abinjira mu isoko mu Mujyi i Huye basabwa kubanza kwandikwa mu gitabo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Karere ka Huye hafashwe abantu 32 saa moya zageze bakiri mu muhanda bataragera mu rugo.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barenga ibihumbi 57 barishimira ko begerejwe amazi meza, ubu bakaba basigaye bavoma hafi y’aho batuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu Janvier Gashema, arasaba abaturiye Ishyamba rya Nyungwe kuyibungabunga, kuko abayigabiza bayishakamo imibereho batatuma imara umwaka itarashiraho, kandi bagahomba umumaro yari ibafitiye.
Abahinzi b’ibirayi bo ku Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barataka ibura ry’imbuto y’ibirayi yo guhinga mu gihembwe cy’ihinga kigiye gutangira, kuko na nkeya ihari ihenda.
Abakunze gukurikirana imibereho y’urusobe rw’ibinyabuzima bavuga ko bibaho mu buryo bwa magirirane, bityo n’ibimonyo, inshishi, ibinyugunyugu n’inyoni bikaba bikwiye gushimirwa mu gihe cy’umuganura, aho kwicwa.
Abacuruzi bakorera mu nyubako za Gare ya Huye bavuga ko aho gahunda ya #GumaMuRugo yarangiriye bagasubira gucuruza, abakiriya babaye bakeya bityo bakaba bifuza kugabanyirizwa amafaranga y’ubukode.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Anastase Shyaka, arasaba abayobozi baturiye inkiko (imipaka) kugira amaso ane: abiri areba abaturage n’abiri areba inkiko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka, aranenga abantu bibuka kwambara udupfukamunwa ari uko babonye abayobozi hafi yabo.
Mu gihe abantu bashishikarizwa kwifashisha ikoranabunga mu guhererekanya amafaranga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus, hari abacururiza mu isoko rya Huye bavuga ko hashize igihe basabye gushyirwa muri Momo Pay batarabyemererwa.
Nyuma y’uko muri 2016 na 2017 abahinzi bari bahawe imbuto y’ibijumba bikungahaye kuri Vitamini A ntibayikunde kuko yeraga ibijumba bitabaryohera, iyo bahawe muri 2019 na 2020 yo ngo yera ibijumba biryoshye ku buryo abana basigaye babyita Karoti.
Byari bimenyerewe ko ku itariki 15 Kanama i Kibeho hateranira abantu babarirwa mu bihumbi 40, ariko kuri uyu wa 15 Kanama 2020 hateraniye abatagera kuri 400.
Mu gitondo cyo ku wa 14 Kanama 2020, Espérance Mukankindi w’i Karaba, mu Kagari ka Karama mu Murenge wa Cyanika, yasanzwe aryamye imbere y’umuryango w’inzu ye, mu muvu w’amaraso, yapfuye.
Umuturage witwa Yambabariye Védaste w’i Gisarenda mu Kagari ka Uwingugu mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yari muri imwe mu modoka zatwikiwe muri Nyungwe n’inyeshyamba Nsabimana Callixte yari abereye umuvugizi.