StarTimes yagabanyije ibiciro bya Dekoderi ku giciro kitari cyabaho mu Rwanda. Ubu ni muri StarTimes wasanga Dekoderi ya make ku isoko ryose. StarTimes yongeye kudabagiza abafatabuguzi bayo ndetse n’abifuza kuyigana muri Poromosiyo ya Pasika yise “TERIMBERE HAMWE NA STARTIMES”; aho mubasha gutsindira bimwe mu bikoresho (...)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 27 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 84 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 61, abakirwaye bose hamwe ni 1328. Umugabo w’imyaka 46 y’amavuko yitabye Imana i Kigali, abantu barindwi ni bo barembye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 117 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 99, abakirwaye bose hamwe ni 1352. Umugore w’imyaka 91 (i Gisagara) n’umugabo w’imyaka 86 bitabye Imana, abantu batanu ari bo barembye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 25 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 99 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 104, abakirwaye bose hamwe ni 1372. Umugabo w’imyaka 77 yitabye Imana i Kigali, abantu batanu ni bo barembye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 131 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 131, abakirwaye bose hamwe ni 1368. Abantu babiri ari bo abagore babiri b’imyaka 80 (i Nyamagabe) na 51 (i Kigali) bitabye Imana, abantu babiri ni bo barembye. Ku wa Gatatu kandi (...)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Mimuli ku wa mbere tariki 22 Werurwe 2021 yafashe Nzabonimana Obama w’imyaka 26, Muhire Jean de Dieu na Kwizera Nowa bacyekwaho kwiba batiri (Batteries) zitanga ingufu z’amashanyarazi mu nzu z’abaturage. Aba basore bafatiwe mu Mudugudu wa Isangano mu Kagari ka (...)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 23 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 96 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 79, abakirwaye bose hamwe ni 1370. Abantu batatu ari bo umukobwa w’imyaka 13, umugore w’imyaka 69 (i Kigali) n’umugabo w’imyaka 85 (i Muhanga) bitabye Imana, umuntu umwe ni we urembye. Ku (...)
Nkomane ni umwe mu Mirenge igize Akarere ka Nyamagabe, uyu Murenge ukaba umaze amezi ane gusa ubonye amashanyarazi. Uyu Murenge uri mu Mirenge ya nyuma yabonye amashanyarazi muri Nyamagabe ndetse no mu Rwanda aho waje ubanziriza Umurenge wa Kibangu wo muri Muhanga wayabonye bwa nyuma.
Biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ku Cyumweru tariki ya 21 Werurwe 2021 Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro, yafashe Turabayo Pierre w’imyaka 38 arimo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano. Yafatanwe inoti 2 z’ibihumbi bitanu, ariko hari amakuru avuga ko yari amaze igihe abikora.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 22 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 34 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 68, abakirwaye bose hamwe ni 1390. Umugore w’imyaka 74 n’umugabo w’imyaka 81 bitabye Imana i Kigali, umuntu umwe ni we urembye. Ku wa Mbere kandi hakingiwe abantu 4,006 nk’uko imibare (...)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza ku wa Gatandatu tariki ya 20 Werurwe 2021 yafashe uwitwa Sebahutu Celestin w’imyaka 50 uherutse kwambura umuturage amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 30.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 21 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 3 bishwe na Covid-19. Habonetse abanduye bashya 67, abayikize ni 17.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 80, abayikize ni 20, abakirwaye ni 1,311.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santarafurika (MINUSCA), zambitswe imidali y’ishimwe kubera umurava zikorana akazi zishinzwe muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, abagize Urwego rwunganira akarere mu mutekano (DASSO) mu Karere ka Nyarugenge, batangiye kubakira umuturage witwa Mukampogazi Jacqueline wimyaka 70, utuye mu Murenge wa Mageragere, Akagari ka Kankuba mu mudugudu wa Kankuba, utari ufite aho kuba.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 136 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 130, abakirwaye bose hamwe ni 1251. Abagore babiri b’imyaka 72 na 42 (i Kigali) n’umugabo w’imyaka 72 (i Nyaruguru) bitabye Imana, abarembye ni batanu. Ku wa Gatanu kandi hakingiwe abantu (...)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu barindwi bafatanywe ibikoresho byo kwa muganga birimo ibipima indwara zitandukanye zirimo na Covid-19, bikekwa ko babyibye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021 yakiriye indahiro z’Abaminisitiri babiri bashya barahiye, abifuriza imirimo myiza mu nshingano nshya barahiriye, ariko ababwira ko bagomba gukora cyane kurusha uko bakoraga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Bwishyura ku bufatanye n’abandi barobyi, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, bafashe abantu babiri bari mu kiyaga cya Kivu baroba amafi bitemewe n’amategeko.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 18 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 101 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 71, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1260. Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko yitabye Imana i Kigali, abarembye ni barindwi. Ku wa Kane kandi hakingiwe abantu 2,046 nk’uko imibare ibigaragaza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli.
Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wifatanyije n’Abanyatanzaniya bagize ibyago byo kubura Perezida w’Igihugu cyabo, Dr John Pombe Magufuli, witabye Imana azize indwara y’umutima nk’uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwabitangaje. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 nibwo Visi Perezida wa (...)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 102 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 68, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1291. Umugore w’imyaka 87 yitabye Imana i Kigali, abarembye ni icyenda. Ku wa Gatatu kandi hakingiwe abantu 3,990 nk’uko imibare ibigaragaza.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko akurikije umuvuduko Akarere ayoboye kariho mu kwihutisha kugeza ibikorwa remezo by’amashanyarazi kuri bose, yizera ko mu myaka mike buri muturage uri muri Huye azaba afite amashanyarazi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Kayenzi, ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, ku wa Mbere tariki ya 15 Werurwe bafashe abantu bane bari bagiye kwambura umuturage bamushuka ko bagiye kumuha amadolari ya Amerika we akabaha amafaranga y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 16 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 169 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 110, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1326. Ntawapfuye, abarembye ni icyenda. Ku wa Kabiri kandi hakingiwe abantu 3,693 nk’uko imibare ibigaragaza.
Abayobozi batandukanye bashyizwe mu myanya ku wa 15 Werurwe 2021, bakomeje gushimira Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, kubera ikizere yabagiriye.
Agace kazwi nka Car Free Zone kari mu Mujyi wa Kigali rwagati mu Karere ka Nyarugenge, katangiye gutunganywa mu rwego rwo kukagira icyanya cy’imyidagaduro.
Ku Cyumweru tariki ya 14 Werurwe 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga yafashe abagabo batandatu (6) batemaga ibiti bya Leta byatewe ku muhanda nta burenganzira babiherewe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 15 Werurwe 2021, yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira: