Iradukunda Elsa niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 nyuma yo guhigika abandi bakobwa 14 bari bahanganye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije Umwiherero wa 14 w’abayobozi bakuru b’igihugu abahamagarira kwisuzuma kugira ngo banoze ibyo bashinzwe gukora.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), ruratangaza ko umugororwa witwa Rugamba Jovin, wari ufungiye muri gereza ya Mageragere ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Abayobozi bakuru b’igihugu bagiye mu mwiherero, basuzumiramo imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Abayobozi mu nzego nkuru za leta bagiye guhurira mu mwiherero, basuzumira hamwe imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku gutwara abantu n’ibintu mu ndege ku Mugabane w’Afurika, ko hakwiye gushyirwa ingufu mu bwikorezi bwo mu Kirere hagati y’Abanyafurika.
Visi Perezida w’u Buhinde, M. Hamid Ansari uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yavuze ko u Rwanda rufitanye umubano mwiza n’Ubuhinde, ushingiye ku bikorwa by’iterambere birimo ubucuruzi bumaze kwikuba kabiri mu myaka itanu ishize, bukagera kuri Miliyoni 106 z’Amadolari.
Guhera ku itariki ya 20 Gashyantare 2017, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imodoka zitwara abagenzi zitazongera kunyura mu muhanda uca ku Kacyiru kuri za minisiteri.
Modeste Nzayisenga “Muganga Rutangarwamaboko” inzobere mu buzima bushingiye ku muco, yashyize hanze isengesho yasabiyemo Abanyarwanda guhirwa muri 2017 yifashishije umuco gakondo.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 bari mu mwiherero i Nyamata bahize imihigo bagomba kuzahigura muri manda yabo.
Perezida Kagame yakiriye Visi Perezida w’u Buhinde Hamid Ansari, bakaba bari bugirane ibiganiro birebana n’imibanire y’ibihugu byombi.
Uko ari 15 bose barifuza kuzegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, ariko iri kamba rizahabwa umwe muri bo. Nyuma yo kwitegereza buri wese kuri aya mafoto ari ku mbuga zabo za Facebook, murabona ari nde ufite urubuga ( Facebook page) ruryoshye guhiga abandi?
Sina Gerard ni umushoramali umenyerewe mu bucuruzi bw’ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye birimo imitobe, urwagwa, amandazi ibisuguti n’ibindi.
Eng Didier Sagashya wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) yatsindiye kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Munich mu Budage aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku mutekano w’isi.
Pascal Nyamurinda ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, atsinze Umuhoza Aurore bari bahanganye kuri uwo mwanya ku majwi 161 kuri 35.
Guverinoma y’u Buhinde yemereye Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere Rwandair, uburenganzira bwo gukorera muri icyo gihugu.
U Rwanda rwifatanyije na Isiraheli kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa Gisozi, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017.
Abaririmbyi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman bataramiye Abanye-Huye ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho, Airtel.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwibutsa abayobozi inshingano zabo mu gihe baba bibagiwe cyangwa bazirengagije, kuko ari ko kazi bashinzwe.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, batangiye umwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, bazajya mu mwiherero i Nyamata mu ntara y’Iburasirazuba bamaze kumenyekana.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2017 muri Village Urugwiro, yashyizeho abayobozi mu nzego zitandukanye, aho Claire Akamanzi wigeze kuba Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, yongeye gushyirwa muri uyu mwanya asimbura Francis Gatare.
Bamwe mu bayobozi b’imiryango itegamiye kuri Leta batangaje ko amafaranga bemerewe n’ Urwego rw’Imiyoborere RGB, nibayabona azabafasha kugera ku ndoto bafite zo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko u Rwanda ruzakomera gushyigikira ibikorwa by’ikigo cya Shelter Afrique, gitera inkunga ibikorwa by’imiturire n’ibikorwa remezo muri Afurika.