Urwego ngenzuramikorere ruzwi nka RURA, rubicishije mu itangazo rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori mu Rwanda byazamutse.
The Ben, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika (USA) yakoze igitaramo cyashimishije abatari bake kuburyo cyarangiye bamwe batabyifuza.
Shyaka Kanuma uyobora Ikompanyi yitwa Rwanda Focus Limited, akaba na Nyir’ igitangazamakuru cyitwa The Rwanda Focus giherutse gufunga imiryango, yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu akurikiranyweho ibyaha birimo kutishyura imisoro, ndetse no gukoresha impapuro (...)
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Ukuboza rishyira tariki ya 1 Mutarama 2017, Mu Mujyi wa Kigali habaye ibirori bitandukanye bisoza umwaka, byagaragaza ibyishimo n’umunezero abantu binjiranye mu mwaka wa 2017.
Perezida wa Repubulira Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda kurushaho gukora cyane mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’u Rwanda.
Biteganyijwe ko guhitamo abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017, bizatangirira mu mujyi wa Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, tariki ya 14 Mutarama 2017.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ibicishije mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukuboza uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu uzakorerwa mu ngo, abantu basukura aho batuye.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Congo (DRC), Koffi Olomide yamaze kugera i Kigali aho aje mu gitaramo gisoza umwaka kizaba ku wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
Umuhanzi w’icyamamare w’umunye congo Koffi Olomide, ari mu nzira agana i Kigali aho ategerejwe mu gitaramo gisoza umwaka kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko kuba akunze kugaragaza amarangamutima akarira ari ibintu bimubaho atabishaka.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), riratangaza ko umugororwa witwa Simbarikure Theodore wari ufungiye muri gereza ya Rusizi, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Leta y’u Rwanda n’uruganda rwa Volkswagen rwo mu Budage rukora amamodoka, baragirana amasezerano agamije kwemerera urwo ruganda gutangira kujya ruteranyiriza imodoka mu Rwanda.
Nyuma y’uko mu kwezi kw’Ugushyingo Padiri Nahimana Thomas agerageje gutahuka ntarenge muri Kenya, yongeye gutangaza ko azagera mu Rwanda muri Mutarama 2017.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyashyizeho ibiciro bishya by’amazi n’amashanyarazi akoreshwa mu bice by’icyaro.
Perezida Kagame yatangaje ko Padiri Nahimana atari akwiye kubuzwa kwinjira mu gihugu kubera ibyaha akekwaho, ahubwo ko bari kumureka akinjira ubundi akabiryozwa .
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko bafite inshingano zo kwita ku baturage mbere y’ibindi byose.
Uyu munsi ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse ifoto y’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40, ufite imbunda yo mu bwoko bwa Karachinikov yicaye ku ntebe y’urubaho ishinze ahantu ku muhanda.
Guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 10 Ukuboza 2016, muri Kigali City Tower hateganyijwe imurikagurisha ryiswe Rwanda Wedding Expo, rizahuriramo abafite ibikorwa bifite aho bihuriye no gutegura ubukwe.
Mu Kiganiro kihariye Madame Jeannette Kagame yagiranye n’igitangazamakuru mpuzamahanga cyitwa FORBES WOMAN AFRICA, yerekanye uburyo Umuryango Imbuto Foundation wagize uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 5 ukuboza 2016, Perezida Kagame yatashye inyubako ya Chic Complex na Kigali Heights.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Porogaramu ya telefoni ifasha ababyeyi gukurikirana abana babo ku ishuri yahimbwe n’Abanyarwanda, yahawe igihembo mpuzamahanga kubera uburyo izongera ireme ry’uburezi.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda barakangurirwa gukoresha imibare n’ibishushanyo mu nkuru bakora kugira ngo zirusheho kuba inyamwuga.
Umuvugizi w’Ingabo z’ u Rwanda Lt Col René Ngendahimana, atangaza ko nta nyungu u Rwanda ruteze mu rupfu rw’ Umujyanama wa Perezida w’ u Burundi mu by’itangazamakuru Willy Nyamitwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Gabon aho yitabiriye inama y’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’Afurika yo hagati (ECCAS), yibanda ku mahoro n’umutekano.
S/ Lieutenant Seyoboka Herni Jean Claude uherutse koherezwa na Canada kuburanishirizwa mu Rwanda, yagejejwe bwa mbere mu rukiko.
COPEDU LTD yitabye urukiko rw’ubucuruzi rwa NYARUGENGE ishinjwa na ADFINANCE LTD kuba ikoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Henri Jean Claude Seyoboka, Umunyarwanda uregwa ibyaha birimo icya Jenoside, wari warahungiye muri Canada, yagejejwe i Kigali, mu ijoro ryakeye.