Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika yari iteraniye i Addis Abeba muri Ethipia yatoreye u Rwanda kuzayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.
Mu nama ya 29 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.
Bosenibamwe Aimé wahoze ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS).
Madame Jeannette Kagame yeretse amahanga uburyo u Rwanda rwashyizeho gahunda zitandukanye zita ku buzima bw’ingimbi n’abangavu.
Hotel Radisson Blu ikimara kumva iby’inkuru yasakaye ivuga ku mwana wabumbye inzu Kigali Convention Center (KCC) ari naho ikorera, yahise itangaza ko yifuza guhura n’uwo mwana byihuse.
U Rwanda rwatangije ku mugaragaro iyubakwa ry’ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga (ICT Innovation Center), kizafatwa nk’isoko ry’udushya mu ikoranabuhanga mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umuhanda uva mu mujyi ugana Nyabugogo watangiye gushyirwamo kaburimbo, ukazatangira gukoreshwa n’ibinyabiziga bidatinze.
Primus ni inzoga ishobora kuba inyobwa cyane kurusha izindi mu Rwanda ugendeye ku kureba abayinywa mu tubari, cyane cyane utwinshi two mu byaro na hamwe na hamwe mu Mujyi.
Madame Jeannette Kagame arahamagarira Abanyarwanda baba mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi guterwa ishema no guteza imbere u Rwanda.
Itsinda ry’abaririmbyi “Dream Boys” niryo ryegukanye irusharwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Superstar ribaye ku nshuro ya karindwi (PGGSS7).
Perezida Kagame yasabye abafite ibikorwa bakorera mu bishanga mu gihugu hose ku buryo butemewe kubikuramo byihuse kugira ngo batangire babibungabunge.
Buri mpera mu gihugu hose hakorwa igikorwa cy’umuganda cyo gusukura aho abaturage batuye, kubakira abatishoboye cyangwa gukorera hamwe ikindi gikorwa kiba kemeranyijweho.
Iyo winjiye mu Mudugudu wa Ayabaraya uherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Masaka, usanganirwa n’inzu nziza zibereye ijisho kandi zubatse kimwe ku gasozi kirengeye ka Masaka.
Paul Kagame, umukandida uzahagararira FPR mu matora ari imbere, yaganiriye n’abanyamakuru nyuma yo gutanga kandidatire, abamenyesha aho ahagaze mu gutuma u Rwanda rukomeza inzira y’iterambere.
Komisiyo y’Amatora (NEC) yakiriye kandidatire Paul Kagame, umukandida uzahagararira ishyaka FPR mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama 2017.
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Udahemuka Aimable, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye.
Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Zambia muri rusange uri ku rwego rushimishije, ariko avuga ko ukwiye kwaguka ukagera cyane cyane no mu bucuruzi, ngo kuko mu cyiciro cy’ubucuruzi utaragera mu rwego rushimishije.
Umushinga wa Kivu Watt watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 2 Werurwe 2009. Gaz Methane ikurwamo izi ngufu yavumbuwe mu Kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 1936.
Perezida Paul Kagame yamaze ku gera i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yahise yakirwa na mugenzi we Perezida Edgar Lungu.
Abitabiriye irushanwa ry’ibigeragezo rya “Waka Warrior Race 2017” banyuze mu bigeragezo bikomeye bisaba ko umuntu aba afite ingufu zimufasha kunyura mu mitego.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahamagarira Polisi y’u Rwanda kurangwa n’imico myiza no gukora akazi neza kugira ngo abaturage barusheho kuyibonamo.
Mu gihe usanga hari ibyamamare biba bifite abantu bihariye babyambika, umuhanzi Teta Diana we agaragaza ko ibyo atajya abitaho umwanya.
U Rwanda rwagizwe umunyamuryango mu kanama gashinzwe umurimo ku isi, mu matora yabaye kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.
Barafinda Sekikubo Fred, ni umwe mu Bakandida bifuza kuzahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, mu matora ateganijwe mu mu kwezi kwa Kanama 2017.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) avuga ko icyo ashyize imbere ari ukubanza kumenyekana muri Afurika kuko hari benshi bataramumenya.
Perezida Kagame Yagaragaje ko muri Afurika ahantu hakenewe gushora imari kurusha ahandi ari mu mihanda, ibiraro, ibyambu, inzira za gari ya moshi ndetse no kubaka ingomero z’amashanyarazi.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yatangaje ko Depite Mukayisenga Françoise, umwe mu badepite bari bayigize yamaze kwitaba Imana azize indwara.
Rwanda Day 2017 yaberaga mu gihugu cy’u Bubiligi, yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byiganjemo kugaragaza aho u Rwanda rugeze rwiteza imbere, no kwibutsa Abanyarwanda baba hanze uruhare rwabo mu kubaka urwababyaye.
Abantu bafite uruhara n’abandi bafite ikibazo cy’imisatsi barasubijwe kuko mu gihe kiri imbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ivuriro rigarura imisatsi.