Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izifashishwa n’abatwara ibinyabiziga, mu gihe hari imwe mu izifashishwa muri Kigali Peace Marathon izaba ifunze.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Hagenda haduka ibikoresho bidasanzwe kandi byiyongera uko ikoranabuhanga ritera imbere, byakoroshya ubuzima n’ubwo mu Rwanda byose bitatugeraho cyangwa byanahagera ntitubimenye.
Danmark yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Danmark, kubera ibyaha akurikiranyweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu wose rwasabwa , mu kubungabunga umutekano muri Afurika.
Morgan Freeman umukinnyi ukomeye wa Filime wo muri Amerika (USA) ahamya ko ibyo yabonye mu Rwanda bimwereka ko amahoro ashoboka ku isi.
Mu rucyerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Gicurasi 2017, u Rwanda rwakiriye inkura umunani zije ziyongera ku 10 zahageze mu cyumweru gishize.
Hari zimwe mu ndirimbo z’Abahanzi bo mu Rwanda zigaragaramo ukubusanya haba mu magambo cyangwa mu mashusho yazo, bigatuma umuntu yibaza niba barasobwe cyangwa batarabyitayeho.
Ku majwi 65.1% Emmanuel Macron atsindiye kuba Perezida w’u Bufaransa, ahigika mugenzi we Marine Le Pen bari bahanganye wegukanye amajwi 34.9%.
Madame Jeannette Kagame ahamya ko guha uburezi umwana w’umukobwa ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiye kwakira abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu 54 bya Afurika kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ivugururwa rya Afurika yunze Ubumwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bigaragaza ko litiro ya essence mu Rwanda yagabanutseho 20RWf.
Umunyamuziki wo muri Amerika yanyuzwe n’uburyo Sophie Nzayisenga acuranga Inanga bituma amujyana muri Amerika (USA) bakorana umuzingo w’indirimbo (Album).
Perezida Kagame yemeza ko mu myaka 10 ishize Global Fund yaje ku isonga mu gufatanya n’u Rwanda kugera intego yo kurwanya indwara z’ibikatu nta gutezuka.
Impunzi z’Abanyarwanda 10 ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba isura nyayo y’u Rwanda nyuma y’imyaka 23 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Ihuriro ry’Abanyawanda baba n’abakorera muri Chad ryibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Samuel Abisai wo muri Kenya yatsindiye miliyoni 2 z’Amadolari, arenga miliyari 1.6RWf, mu mikino yo gutega (Betting) mu mupira w’amaguru.
Irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) biteganijwe ko rizitabirwa na Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa, rizabera mu Bushinwa.
Ikiyaga cya Ruhondo giherereye hagati y’uturere twa Burera na Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ni kimwe mu mitungo kamere y’Intara y’Amajyaruguru itavugwa.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Leta ya Arizona muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, wibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Dessalegn na Madame we Romane Tesfaye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Musawenkosi Donia Saurombe ufite imyaka 23 y’amavuko niwe wabaye Umunyafurika wa mbere ubonye Impamyabushobozi y’ikirenga (PhD) akiri muto.
Imibare itangwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) igaragaza ko umubare w’impunzi z’Abarundi ukomeje kwiyongera mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori rigomba kurwanywa aho riva rikagera bihereye mu miryango.
Abakozi n’abayobozi ba Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) bibutse abari abakozi b’iyo banki babarirwa muri 33 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani hatashywe umuhanda witiriwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, uherutse kwitaba Imana yashyinguwe mu cyubahiro.
Umugore ucururiza amandazi hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa Rwingwe rwo mu Murenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango, yinjiranye icyuma mu kigo agitera umwana yahuye nawe.
Umuhanzi Teta Diana agiye gukorera igitaramo i Geneva mu Busuwisi, amafaranga azakivamo akazagurira mitiweri Abanyarwanda 5000 batishoboye.
Madame Jeannette Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Djibouti, aho yaherekeje Perezida Kagame, yeretswe uburyo abagore bo muri icyo gihugu biteza imbere.