Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka.
Missosology, igitangazamakuru kabuhariwe mu gukurikirana amarushanwa y’ubwiza akomeye abera ku isi, cyagaragaje ba Nyampinga 15 bahatanira ikamba rya Miss Earth 2017, berekanye ko bazi ubwenge.
KCB Bank Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga yise “MobiLoan” bufasha abakiriya bayo kwiguriza amafaranga ari hagati ya 500Fr na 500,000 frw, bifashishije Telefoni zigendanwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dubai aho yitabiriye inama ikomeye mu rwego rw’isi yiga ku ishoramari muri Afurika (Africa Global Business Forum).
Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” uhagarariye u Rwanda muri Miss Earth 2017 akomeje kubura imidari mu bihembo bihatangirwa.
Umutoniwase Linda, igisonga cya kabiri cya Miss Rwanda 2017 ari kwitegura kujya guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’ubwiza rya "Miss University Africa".
Si buri wese wakwiyumvisha uburyo abantu bahurira mu itsinda rimwe bashobora kumara umunsi, icyumweru cyangwa amezi batavuga kandi bahura kenshi mu kazi ka buri munsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo ahamya ko intambara ubufaransa burwana bukingira ikibaba Abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi budashobora kuyitsinda.
Urubyiruko rukunze kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bitandukanye byo kwidagadura no kwishimisha, ugereranije n’uko rwitabira izindi gahunda za Leta cyane cyane Umuganda.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda ari mu gihugu cy’Ubushinwa aho yitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss World rimwe mu marushanwa y’ubwiza akomeye ku isi.
Umucamanza waburanishaga urubanza ku ifunga n’ ifungurwa ry’agateganyo rya Diane Rwigara, Anne Rwigara na Mukangemanyi Adeline ubabyara rwaberaga mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, yanzuye ko Anne Rwigara arekurwa akazajya akurukiranwa ari hanze.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, Perezida wa Repubulika Paul Kagame arizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’amavuko. Kigali Today yabahitiyemo amafoto 25 yo mu mwaka wa 2017, agaragaza Perezida Kagame asabana n’abantu mu bikorwa bitandukanye.
Isomwa ry’urubanza Diane Rwigara areganwamo na bamwe mu bagize umuryango we, Anne Rwigara murumuna we n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi , ryari riteganijwe kuri uyu wa Gatanu rirasubitswe.
Nyuma y’ibyumweru bigera kuri bitatu Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yari amaze mu Burayi amenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda,kuri ubu ari mu Bushinwa.
Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.
Abitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss Earth 2017 riri kubera muri Philippines bakoze igikorwa cyo kwiyerekana harebwa ubwiza n’imiterere y’umubiri wabo.
Sosiyete Nakumatt Holdings ifite amasoko ya kijyambere muri Kigali yatangaje ko igiye kwagura ibikorwa byayo, mu gihe ahandi yakoreraga mu karere yatangiye gufunga.
Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville mu Murwa mukuru wa Congo Brazza, aho agiye kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bo mu karere k’ibiyaga bigari.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo gihabwa abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, ahishura ko ibyo yagejeje k’u Rwanda byagezweho kubera ubufatanye n’abandi Banyarwanda.
Yiregura mu cyaha akurikiranweho cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano agamije kwemererwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Diane Rwigara yakunze kumvikana avuga ko asaba Perezida Kagame kumurekura n’umuryango we.
Abanyarwanda babiri bahinga Ikawa bari mu bahembwe kubera ubwiza bw’Ikawa bahinga bakanatunganya, ni umuhango wabereye ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye ibirori bise “Rwanda Cultural Day” byo kwerekana ibyiza by’umuco Nyarwanda ku banyamahanga.
Kuri uyu wa mbere mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, hasubukuwe urubanza ku ifungwa n’ifungurwa rwa Diane Rwigara na bamwe mu bagize umuryango we.
Hari kubakwa ikigo kizajya gitanga serivisi nk’izitangirwa ku cyambu aho ibyinjizwa mu gihugu binyuze mu nyanja ari ho bizajya bihita byohoherezwa nta handi bihagaze.
Kubera ibyifuzo by’abasomyi b’ urubuga rwa Kigali Today rwandika mu Cyongereza, (www.ktpress.rw), uru rubuga rwaravuguruwe, rukaba ruri bugaragare mu isura nshya kuri uyu wa mbere.
Perezida Paul Kagame, yifashishije ingero zifatika, yasobanuye ko ubuyobozi bwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bwatoranyaga uwiga n’utiga.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya Kane Urubanza rwa Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara Mukangemanyi, aho bari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Imvura nyinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2017, yateje inkangu zangije umuhanda wa kaburimbo Gakenke-Musanze.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka “Igisabo, uhagarariye u Rwanda muri irushanwa ry’ubwiza rya “Miss Earth 2017” yagaragarije abaryitabiriye uburyo Abanyarwandakazi ari beza.