Paul Kagame umuyobozi mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi yavuze ko abanyamuryango batatiye amahame yawo byabaviriyemo ibibazo kuko abenshi bahindutse ibikoresho, ababakoresheje barangije barabajugunya.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside (Campaign Against Genocide Museum).
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen James Kabarebe ntaziregura ku birego by’umucamanza w’Umufaransa umushinja hamwe na FPR kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal ku itariki 6 Mata 1994.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba minisitiri bashya barimo uw’Uburezi n’uw’Ikoranabuhanga, kuri uyu Gatatu tariki 13 Ukuboza 2017.
Umuririmbyi ukomeye wo muri Tanzania, Alikiba yatumiwe mu gitaramo cya East African Party aho azataramira Abanyarwanda batangira umwaka mushya wa 2018.
Banjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko u Rwanda rwageze kuri byinshi rubikesha imiyoborere rwazaniwe na FPR Inkotanyi ku buryo hari ibihugu byinshi bya Afurika byarwigiraho.
Ishuri rya Kigali Parents School na Hoteli izwi nka La Palisse bigiye kwimurwa aho byakoreraga mu Karere ka Gasabo kubera ko aho byubatswe hafatwa nko mu gishanga.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Ukuboza 2017, Perezida Kagame yageze mu gihugu cya Ghana aho agiye kwitabira inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Madame Jeannette Kagame umuyobozi wa Imbuto Foundation yongeye guhemba urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu bikorwa bitandukanye, kandi bigafasha abandi banyarwanda.
Perezida Paul Kagame yatangarije abayobozi b’Afurika ko ahazaza h’uyu mugabane hashingiye ku nkingi eshatu zirimo,kwegurira urubyiruko ubushobozi bwo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakwiye kwitabwaho kuko ari bo Afurika itezeho ahazaza hayo.
Abakunzi ba avoka ku isi bashyizwe igorora kuko hadutse avoka itagira ikibuto izafasha abakunda urwo rubuto kuyirya uko babyifuza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yagaragaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2018.
Umunyamabanga wungirije wa Leta y’Amerika ushinzwe Africa, Donald Yamamoto, ategerejwe i Kigali ku matariki ya 13 na 14 Ukuboza 2017, akazagirana ibiganiro na Perezida Kagame ugiye kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mpayimana Phillipe wari umwe mu bakandida biyamamarizaga kuyobora u Rwanda muri Manda ya 2017-2024 ntabashe kwegukana uyu mwanya, yashyize hanze indirimbo yifuriza Noheri nziza n’umwaka mushya muhire abamushyigikiye.
Mu birori byo gutangaza uwegukanye ikamba rya Miss Supranational 2017, Miss Peru witwa Lesly Reyna yituye hasi hitabazwa abaganga bo kumwitwaho.
Diana Fossey yari Umunyamerika weguriye ubuzima bwe kubana n’ingagi no kuzirinda ba rushimusi,gusa intambara yatangiye yapfuye atayitsinze kuko yaje kwicwa n’abataramenyekana kugeza uyu munsi.
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss University Africa 2017 ryaberaga muri Nigeria ryarangiye umukobwa wo mu Birwa bya Maurice (Mauritius), Marie Lorriane Nadal ariwe wegukanye ikamba.
Karekezi Olivier umutoza wa Rayons Sports wari umaze ibyumweru birenga bibiri ari mu maboko y’ubugenzacyaha yarekuwe kandi ngo azakomeza kuba umutoza mukuru w’iyi kipe ashakirwe umutoza wungirije.
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abagore bafatwaga nk’abadashoboye mu bikorwa bitandukanye birimo n’imikino.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yatangaje ko igihugu cye kitegura gufungura bwa mbere Ambasade yacyo i Kigali mu Rwanda.
Mu birori byo kurahira kwa Perezida Uhuru Kenyatta, itorero ryo mu Rwanda ry’imbyino gakondo rizwi nk’Urukerereza ryasusurukije abitabiriye ibyo birori.
Perezida Paul Kagame yitabiriye ibirori byo kurahira kwa mugenzi we wa Kenya, Perezida Uhuru Kenyatta, uzarahira kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2017.
Nyuma y’amezi abiri umuririmbyi w’Umunyarwanda Princess Priscillah ashyize hanze "Audio" (amajwi) y’indirimbo "Biremewe" kuri ubu yashyize hanze na Video yayo.
Demi-Leigh Nel-Peters, ukomoka muri Afurika y’Epfo niwe watsindiye ikamba rya Miss Universe 2017, mu birori byabereye i Las Vegas muri Amerika (USA).
Utsindiye ikamba rya Miss Supranational yambikwa iryo kamba agahabwa indabo ndetse agahabwa n’amafaranga azamufasha mu bikorwa bitandukanye azakora mu gihe cy’umwaka azambara iryo kamba.
Mugurimari Epiphanie wo mu Karere ka Rutsiro ahamya ko kuri ubu afite ibyishimo byo kuba umwana we abasha kugenda nyuma yo gukira imirire mibi.
Umuryango One Acre Fund watangije kampanye yo gutera ibiti bisaga miliyoni eshatu muri gahunda yayo yise ‘Tubura’, igenewe gufasha imiryango igera ku bihumbi 270 mu bikorwa by’ubuhinzi.