Mu minsi mikuru mu Rwanda no ku isi hose niho abantu bafata umwanya wo kwishima no kwishimana n’ababo babaha impano. Usanga urujya n’uruza mu masoko bamwe bahaha abandi basurana n’inshuti zabo.
Abahanzi batandukanye baririmba inyana ya ‘Gospel’, barimo Israel Mbonyi, Aime Uwimana na Gabby Kamanzi bazahurira mu gitaramo cyo kwizihiza Noheli kizabera muri Kigali Convention Center.
Shepherd Bushiri, umupasiteri wo muri Malawi yatunguye umwana we ku isabukuru y’amavuko, amuha imodoka ihenze yo mu bwoko bwa Maserati Levante.
Umucamanza w’umufaransa witwa Jean-Marc Herbaut yafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari ryubuwe ku nshuro ya kabiri.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyafurika badakwiye kurambiriza ku mutungo kamere kuko abaturage ubwabo bafite imbaraga zazamura igihugu, nk’uko byagenze ku Rwanda.
Perezida Paul Kagame avuga ko kuba ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukigoranye, biri mu bikomeje kudindiza uyu mugabane kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Sudani, yataramanye na Mugenzi we Omar El Bashir mu mugoroba wiganjemo imbyino gakondo zo mu gihugu cya Sudani.
Neza Da Songbird, umuririmbyi w’umunyarwanda uba muri Nigeria yashyizwe ku rutonde rw’abazasusurutsa igitaramo cyo gutora uzegukana ikamba rya Miss Africa 2017.
Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora iyo nteko.
Inama y’Umushyikirano wa 2017 yari iteraniye i Kigali isoje hafashwe imyanzuro umunani igomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.
Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ababyeyi b’iki gihe bahangayikishijwe bikomeye n’ibiyobyabwenge byibasiye urubyiruko, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kubirandura burundu kuko bikomeje gufata indi ntera
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki yibukije urubyiruko ko aho Abanyarwanda bicaye ubu hakomoka ku butwari no ku bwitange bw’abababanjirije, abasaba guca bugufi no kubigiraho kugira ngo bazatere ikirenge mu cyabo.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.
Bampiriki Eduard, umuyobozi w’itorero ry’igihugu ahamya ko umuco wo guhiganwa ariwo ukwiye kuranga Abanyarwanda nkuko byahozeho kuva kera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi muri beto (Beton) bizorohereza abakora umurimo w’ubwubatsi.
Perezida Kagame Paul yanenze abagoreka Ikinyarwanda ku bushake, asaba urubyiruko kugira ubushake ndetse n’umuhate wo kukiga bakakimenya neza, kugira ngo hato kitazacika cyangwa se kigatakaza umwimerere.
Musenyeri Nzakamwita Servilien yasabye ko ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri, byashyirwa mu mpeshyi aho gushyirwa mu mpera z’umwaka, kuko hari gahunda zigenewe urubyiruko bibangamira.
Abashoramari bo mu Buyapani bafite ikigo cyitwa DMM banyuzwe n’imikorere ya “Tap&Go” maze bashoramo imari kugira ngo irusheho gukora neza.
Perezida Kagame, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2017 hashyizwe imbaraga nyinshi mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda, bituma ibyatumizwaga mu mahanga bigabanukaho 3%.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo atangaza ko mu mwaka wa 2018 aribwo u Rwanda ruzatangira kwakira bamwe mu Banyafurika bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Atangiza inama y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 15, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 8%.
Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda kimwe na Afurika nabyo byaremewe kubaho neza mu cyubahiro gikwiye, kimwe n’ibindi bihugu bibayeho neza ku isi.
Inama Nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi iyobowe na Paul Kagame, umuyobozi mukuru w’umuryango FPR- Inkotanyi, yari imaze iminsi iteranira ku Cyicaro cyayo giherereye i Rusororo, yasoje ifashe ingamba zikomeye zirimo guha Abanyarwanda iteramebre ribakwiye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bongeye gutora Paul Kagame ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’uyu muryango ku majwi 99,9%.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru wa FPR-Inkotanyi avuga ko atajya yicuza buri cyemezo cyafashwe n’umuryango ahagarariye, kuko ibyafashwe byose byafashwe byari ngombwa.
Perezida Paul Kagame avuga ko ashima uburyo abashoramari b’Abanyarwanda bakomeje kwitabira gushora imari mu gihugu cyabo, akavuga ko ibikorwa nk’ibyo ari byo byunga Abanyarwanda.
Guhera mu mwaka wa 2013 hagaragaye amakuru avuga ko indabo z’amaroza zifite ibara ry’umukara yera gusa ahantu hitwa Halfeti muri Turukiya.
Donald Kaberuka, umwe mu mpuguke mu by’ubukungu ku isi, avuga iki ari cyo gihe cyiza ku mugabane w’Afruika gushaka uko byizamura mu bukungu kuko politiki ya mpatsibihugu yabidindizaga iri kugenda ishira.
Ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege, RwandAir yahawe uruhushya rwo gutangira gukorera ingendo mu mujyi wa Abuja, umurwa mukuru wa Nigeria.
Imyaka umunani irihiritse irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda ribaye bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.