U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeza bidasubirwaho imirimo yo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uzava Isaka ukagera i Kigali izatangira mu Kwakira 2018.
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, nyuma yo kwitwara neza mu bizami bya Leta biheruka.
Diamond Platinumz umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aje muri gahunda ze bwite zirimo igikorwa cyo gusura ikigo kirera abana bafite ubumuga bwo kutabona kitwa Jordan Foundation.
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.
David Adedeji Adeleke uzwi nka arateganya gukorera igitaramo yise ‘Miliyari 30”, i Kigali muri Werurwe 2018.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesheje agaciro ubujurire bwa Gacinya Denis, wungirije ku buyobozi bw’ikipe ya Rayons Sport, rutegeka ko akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryatoye Reverend Dr. Laurent Mbanda nk’Umuyobozi Mukuru waryo asimbuye Onesphore Rwaje wari umaze imyaka irindwi ariyobora.
Perezida Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko umwaka ushize wabaye mwiza ariko ikibazo cy’abimukira bakomeje gushirira muri Libiya kikaba cyaragoranye cyane.
Igikomangoma Sheikh Abdul Aziz Al Nuaimi uturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ari mu Rwanda aho yaje kureba ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije yashoramo imari.
Isiraheli yasabye u Bufaransa gutangira kuburanisha abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakidegembya muri iki gihugu nyuma y’imyaka 24 Jenoside ihagaritswe.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa, yazanye abashoramari b’iwabo kureba amahirwe ari mu Rwanda.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda IBUKA, uravuga ko uhangayikishijwe n’imfu za bamwe mu barokotse Jenoside bakicwa nanubu, ugasaba Abanyarwanda bose kurushaho kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside ikaranduka burundu mu Banyarwanda.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa yakoreye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida paul Kagame mu biro bye.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeranya ku mushinga wo kubaka umuhanda wa Gare ya Moshi uzahuza icyambu cya Dar es Salaam n’u Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaak, yatangaje ko abanyeshuri batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza, n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye bamaze guhabwa amashuri bazigamo.
U Rwanda ruratangaza ko ibihugu bigize Afurika yunze Ubumwe (AU) byatangiye gutanga umusanzu ufasha komisiyo ishinzwe gushyira mu bikorwa imirimo y’uyu muryango ikora.
Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu John Magufuli.
Bitarenze ukwezi kwa Gatanu 2018, kompanyi Nyarwanda y’Indege Rwandair izaba yatangiye gukora ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yavuze ko bibabaje kumva Umuyobozi nka Perezida Donald Trump arangwa n’imvugo nyandagazi igamije gupfobya Afurika.
Alexis Murenzi wari ufite ipeti rya Senior Sergent muri Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda ( Traffic), yazamuwe mu ntera agirwa Assistant Inspector of Police (AIP) asimbutse iranka ya Chief Sergent (CS).
Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’Igihugu Perezida Paul Kagame, yazamuye mu ntera Fred Ibingira wari Lt General mu Ngabo z’igihugu, amugira Generali .
Perezida Kagame yemeza ko ari uruhare rw’abayobozi kugira ngo ihame ry’ubuvuzi butagize uwo busiga inyuma butere imbere.
Rwiyemezamirimo Gacinya Chance Denis, uzwi cyane nk’umuyobozi wungirije w’ikipe ya Rayons Sport yajuririye kuri uyu wa Kane icyemezo cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo yakatiwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.
Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.
Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’Umuryano w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yageze mu Rwanda aho aje kureba aho u Rwanda rugeze rwubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’ubuvuzi kuri bose.
Umwe mu bakekwaho urupfu rw’Umunyarwanda Dr. Raymond Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo, yagejejwe bwa mbere imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Cape Town.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubushinwa, Wang Yi azasura u Rwanda ku itariki ya 12 Mutarama 2018, mu rwego rwo gutsura umubano muri politiki hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yatangaje ko ibiganiro yagiranye na Perezida w’iki gihugu, Muhammadu Buhari, yavuze ko ibiganiro bagiranye bigamije impinduka kuri Afurika.
kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Mutarama, Urukiko rwo mu Mujyi wa Hillerød mu gihugu cya Denmark rwatangije urubanza rwo kohereza umunyarwanda Wenceslas Twagirayezu akaza kuburanishirizwa mu Rwanda ku byaha ashinjwa bya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.