Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko muri Afurika hari amahirwe yarufasha kugera ku cyo rwifuza cyose, kuko imbogamizi rwahura na zo atari nyinshi nk’uko rubikeka.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ifunguro rya saa Sita na bamwe mu baturutse muri kongere ya Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Mu mezi abiri ashize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangiye urugendo rwo kuzenguruka isi yiyamamariza kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).
Lisansi ikoreshwa mu Rwanda ntigitumizwa muri Kenya kubera ko itacyujuje ubuziranenge, nk’uko byatangajwe n’umwe mu banyapolitiki bakomeye muri iki gihugu.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) ku miyoborere, bwagaragaje ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kurwanya ruswa, ndetse hakanavugururwa uburyo bwo gukorera mu mucyo
Pasiteri Rutayisire Antoine yakanguriye bagenzi be b’abapasiteri ndetse n’abigisha muri rusange, kujya babanza kweza imitima yabo, bagakiranuka nabo ubwabo, mbere yo kujya kwigisha abakirisitu bashinzwe.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Intara ya Rhineland-Palatinat, Malu Dreyer, uri mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho imishinga bafatanya n’u Rwanda igeze ishyirwa mu bikorwa.
Kanyankore Alex wahoze ari umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura Amajyambere, BRD yatawe muri yombi n’Urwego rw’ igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB.
Akarere ka Gasabo kazitaba urukiko mu gutaha kw’ Ugushyingo, mu kirego akarere karezwemo n’abatuye muri Kangondo ya mbere, iya kabiri na Kibiraro ya mbere.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare baraye bakoreye impanuka mu gihugu cya Cameroun aho yari iri kwitabira irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya ariko Imana ikinga akaboko.
Madame Jeannette Kagame yaraye ahawe igihembo cy’umudamu w’indashyikirwa muri Afurika kubera uruhare rwe mu bikorwa bihindura ubuzima bw’abaturage, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo harabera umuhango wo gushyikiriza Madame Jeannette Kagame igihembo cy’umugore w’Umunyafurika wakoze ibikorwa by’indashyikirwa.
Perezida Paul Kagame yemeza ko Amerika isa nk’itarahinduye imyitwarire muri politiki yayo ku mugabane wa Afurika kuva intambara y’Ubutita yarangira.
Perezida Paul Kagame avuga ko kimwe mu bidindiza iterambere ry’umugabane wa Afurika ari indwara z’ibikatu zikomeza kwibasira abayituye.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ubwinshi bw’urubyiruko muri Afurika buzagira uruhare rukomeye mu bukungu bwayo mu minsi iri imbere, ariko ngo bikazasaba n’ingamba ingamba zishyigikira urubyiruko.
Perezida Paul Kagame yavuze ko idindira ry’umugabane wa Afurika ryaturutse ku kuba ibindi bihugu byarayibonaga nk’umugabane udahuriza hamwe
Perezida Paul Kagame yemeye kuba umwe mu bayobozi ba gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gushaka icyafasha urubyiruko gutera imbere.
Kuri iki Cyumweru, Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA, ryashyikirijwe impano y’ibibuga bikorerwaho imyitozo bikanakinirwaho amarushanwa bizwi nka Tatami, bifite agaciro ka Miliyoni 56 y’amafaranga y’u Rwanda. (67,372 USD)
Perezida Paul Kagame yavuze ko Nelson Mandela yasigiye isi umurage wo kwirinda gutandukanya abaturage, kuko byangiza imibanire yabo y’igihe kirekire kandi bikagira ingaruka ku bukungu.
Tariki 19 Nzeri, Perezida Paul Kagame yayoboye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 bagize inteko nshingamategeko ya kane.
Madame Jeannette Kagame aritabira inama y’Umuryango w’abagore b’Abaperezida (OAFLA), aho aza kuba garagariza icyo u Rwanda ruri gukora mu kurwanya SIDA.
Umushinga wa ArtRwanda-Ubuhanzi ni igitekerezo cya Minisiteri y’Urubyiruko na Minisiteri ya Siporo n’Umuco, ushyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation.
Ubutumwa Intumwa Gitwaza uyobora itorero rya Zion Temple yahaye abakristo basengera mu itorero ayoboye bwumviswe mu buryo butandukanye.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu gihe abantu benshi bagenda bagerwaho n’ikoranabuhanga, hakwiye no gutekerezwa uko nta busumbane bujyanye na ryo bwabaho.
Perezida Paul Kagame yashimye uruhare ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ryagize mu gufasha urubyiruko rwa Afurika kugera ku nzozi zarwo.
Nyuma y’uko mu mugezi wa Mukungwa hagaragayemo amafi menshi yapfuye icyayishe Kikaba kitaramenyekana, Minisiteri y’ ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, yasabye ko abantu bakwirinda kurya ayo mafi birinda ingaruka yateza.
Polisi y’u Rwanda Kubufatanye n’inzego zitandukanye yakoze umukwabu wo gufata abakora bakanacuruza inzoga z’inkorano mu turere twa Nyaruguru, Huye na Ruhango ahafatiwe litiro 3099 zikamenerwa mu ruhame.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwifatanyije n’imiryango y’Abanyatanzaniya yaburiye ababo mu mpanuka y’ubwato bwarohamiye mu kiyaga cya Victoria.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yavuze ko igihugu cye gishima umusanzu wa Perezida Kagame mu kuyobora iterambere rya Afurika kuva yafata intebe y’ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.