Bamwe mu bihaye Imana bikekwa ko bakomoka mu idini y’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi kubera imiririmbire ya bo, bemeza ko abahanga mu mibare bakomora ubwenge ikuzimu.
Kuri iki cyumweru Madame Jeannette Kagame yitabiriye Siporo iba buri cyumweru cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi yitwa Car free day.
FXB Rwanda, ni umushinga utegamiye kuri Leta ugamije kurandura ubukene mu baturage, ubinyujije mu muryango no kurengera uburenganzira bw’umwana.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo inzira nziza yo kurengera urusobe rw’ibidukikije n’ibinyabuzima nabyo bikarufungurira amarembo mu ishoramari.
Umuherwe w’Umushinwa Jack Ma yemeza ko kuba u Rwanda ari igihugu gishaka impinduka z’iterambere byamworoheye kuruhitamo nk’igihugu cyakorana na sosiyete ya Alibaba.
U Rwanda na sosiyete yo mu Bushinwa ya Alibaba Group y’umuherwe Jack Ma, barasinyana amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi bukorerwa kuri internet.
Bimenyerewe ko ibikorwa byinshi byo kwita ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, bikunze gukorwa cyane cyane mu mezi atatu yo kwibuka Jenoside, asoza tariki ya 4 Nyakanga hizihizwa umunsi ngarukamwaka wo kwibohora.
Perezida Kagame yavuze ko gushaka kubaka Afurika ku isura ariko imikorere ya kera ntihindurwe ari nko “gushyira divayi nshya mu icupa rishaje.”
U Rwanda rugiye kohereza abasirikare 150 mu myitozo yateguwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, izabera muri Tanzania mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Perezida Paul Kagame yageze i Berlin mu Budage yitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku isi, aho aza no gusobanurira abayitabiriye uruhare rwa Afurika mu iterambere ry’isi.
Ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bwagize Commissioner of Police John Bosco Kabera umuvugizi wayo, asimbuye CP Theos Badege wahinduriwe inshingano.
Hamble Jizzo umwe mu bagize itsinda Urban Boys yatunguye benshi mu ndirimbo "Mon Amour" bafatanyijemo n’umuhanzi Tresor ndetse na Ziggy 55, aririmb mu njyana atamenyerewemo ya Rumba.
Umwanditsi akaba n’umufotozi w’Umunyamerika Brandon Stanton, amaze gukusanya amadolari y’Amerika agera ku bihumbi 400 mu minsi itatu yo kubakira amazu ikigo kirera abana kizwi nko "kwa Gisimba."
Irankunda Issiak bakunze kwita Bebeto ukinira ikipe ya Vision Jeunesse nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, yegukanye imidali ibiri y’Ifeza mu isiganwa yitabiriye muri Thailand.
Umukinnyi w’ikipe ya Fly Cycling Club Mugisha Moise yegukanye irishanwa rya Karongi Challenge, rimwe mu ma siganwa agize amarushanwa ngarukamwaka ya Rwanda Cycling Cup.
Intumwa Gitwaza akaba Umuyobozi w’Itorero Zion Temple, akunze kuvugwaho ibintu byinshi bimwe biri byo n’ ibindi biba bigamije kumusebya, bitewe n’imibanire ye, n’abo bakorana uwo bita umurimo w’Imana.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, yakanguriye abahinzi baterwa inkunga n’ umushinga uyishamikiyeho witwa PASP, gutekereza ku mishinga y’ubuhinzi izabagirira akamaro, ikazanakagirira abazabakomokaho.
Abantu 324 biganjemo abatagiraga aho baba n’abandi bari batuye mu manegeka bagiye kwimurirwa mu nyubako ziherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko indangagaciro z’u Rwanda ari wo mutima warwo, bitandukanye n’urugero rw’ingunguru yatanze iba ari nini inyuma ariko imbere irimo ubusa.
Ikipe y’abanyeshuri b’Abanyarwanda yegukanye igikombe kiswe Rollins Cup, nyuma yo gutsinda ikipe y’abanyeshuri bo mu ishuri rya Rollins College ryo muri Leta ya Florida muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Muyoboke Alex yasabye imbabazi abakunzi b’Umuziki Nyarwanda, nyuma yo kugura indirimbo muri Studio itunganya umuziki ya Monster Records bagasanga yaribwe.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) Gianni Infantino, uri mu Rwanda mu nama y’abayobozi bakuru ba FIFA.
Umukinnyi wa filime ukomeye muri Hollywood Tyler Perry ni umwe mu bazatanga ikiganiro hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa videwo (Video conference) ku bijyanye no kwiyubakamo icyizere n’ubushobozi mu byo kuyobora abantu (Leadership).
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, barimo Kanzayire Denyse wagizwe umuyobozi ushinzwe guteza imbere ubushakashatsi n’iterambere ry’ireme ry’ibitangazwa mu binyamakuru (Director of Media Content, Research and Development), (…)
Imyitwarire itari ya gitore imaze iminsi igaragara ku muhanzi Oda Paccy, yatumye ubuyobozi bw’Itorero ry’igihugu bwambura izina ry’Ubutore uwo muhanzi.
Guhera ku wa Kane tariki 24 Ukwakira 2018 i Kigali harateranira inama ihuza abayobozi bakuru b’ishyirahamwe ry’umukino w’umupira w’amaguru ku isi.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ishema atewe n’ikipe ya Arsenal afana, nyuma y’intsinzi y’ibitego 3 kuri 1 yaraye ikuye ku ikipe ya Leicester City.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2018, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe, yujuje imyaka 61 y’amavuko.
Gen Maj Emmanuel Bayingana wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Itorero ry’igihugu, yasimbuye Gen Maj Albert Murasira wagizwe Minisitiri w’ingabo asimbura Gen James Kabarebe.
Kompanyi ya Agasani Online Market ikora ubucuruzi kuri Internet, yatangiye gukorera mu Rwanda yizeza ubunyangamugayo imikorere no kugeza ibicuruzwa aho bikenewe, yaba imbere mu gihugu no hanze yacyo.