Perezida Paul Kagame yemeza ko gushyiraho ibikorwa byorohereza urubyiruko kwishakamo ibisubizo atari impuhwe abayobozi barugirira ahubwo ari zo nshingano zabo za mbere.
Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Sharm El Sheikh mu Misiri, aho yitabiriye inama yateguwe na Perezida w’iki gihugu Abdel Fattah Al Sisi, izaba yiga ku iterambere n’ishoramari muri Afurika.
Igihugu cya Autriche kigiye gushora imari ingana na miliyoni 66 z’amayero (Euros) muri Afurika, azajya mu bikorwa bigamije itarambere muri rusange ndetse no mu guteza imbere imishinga mito n’iciriritse.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz uri muruzinduko rw’akazi mu Rwanda araganira na perezida Paul Kagame ku myiteguro y’inama izahuza abayobozi b’Afurika n’Abuburayi ‘Africa Europe High Level Forum’ izabera I Vienne muri Autriche tariki 18 z’uku kwezi kw’Ukuboza 2018.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro (RRA) bwemeranyije n’abahagarariye amadini mu Rwanda ko bagiye kubahiriza amategeko y’imisoro ku bikorwa bimwe na bimwe akora.
Urukiko rukuru rwa Kimihurura ruhanaguyeho ibyaha byose Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi Rwigara n’abo bareganwaga, ruvugako ibimenyetso ubushinjacyaha bwatanze nta shingiro bifite.
Umucamanza wo mu rukiko mpanabyaha rw’i Paris mu Bufaransa ushinzwe idosiye y’Umunyarwanda Sosthène Munyemana, yemeje ko agezwa imbere y’ubutabera ku byaha bya Jenoside akurikiranyweho.
Urupapuro rusanzwe rwanditsweho amagambo n’ikaramu rwanditswe na Albert Einstein mu myaka 64 ishize rwaraye rugurishijwe akayabo ka miliyari 2,5 z’amanyarwanda, mu igurikagurisha ryabereye I New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Birashoboka ko umuntu ufite ibiro 80, anyoye munsi ya litori imwe ya primus agatwara imodoka atahanwa ariko ufite ibiro 60 anyoye urwo rugero ashobora guhanwa.
APR FC itsinzwe na Club Africain yo muri Tunisia 3-1 mu mukino ubanza w’amajonjora ya Champions League ihita isezererwa muri aya marushanwa.
Luka Modric ukinirira Real Madrid, atwaye iki gikombe akuraho agahigo ka Christiano Ronaldo na Lionel Messi bakomeje kukiharira bagisimburanwaho kuva mu 2008.
Umwe mu mwanya wagaragayemo amarangamutima menshi mu gitaramo cya Buravan ni aho yashimiye ise mu ruhame, yemeza ko inganzo ye ari we ayikuraho.
Tariki ya mbere Werurwa 2015, nibwo ikipe ya KBC (Kigali Basketball Club) yakoraga impanuka, ubwo yari igeze mu karere ka Kamonyi yerekeza mu majyepfo, gukina umunsi wa 8 wa shampiyona, ihitana umwe abandi bagakomereka.
Umuhanzi Yvan Burabyo wamenyekanye ku izina rya Buravan, yamuritse Album ye ya mbere, ku wa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018.
Mu iserukiramuco ‘Global Citizen Festival’, ribera muri Afurika y’Epfo kuri iki cyumweru tariki 02/12/2018, Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yasabye ibihugu by’Afurika gukomeza kwishamamo ubushobozi no kwigira.
Ku gicamunzi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018, ni bwo umuhanzi Yvan Buravan uherutse kwegukana igihembo Prix Decouverte yagaragarije abanyarwanda ko koko yagitwaye agikwiye, maze amurika album ye ya mbere mu gitaramo yise Love Lab.
Perezida Paul Kagame kuri iki cyumweru yageze muri Afurika y’Epfo, aho biteganyijwe ko yitabira iserukiramuco ryo kwishimira imyaka 100 ishize Nelson Mandela avutse ryiswe "Global Citizen Festival: Mandela 100", hazirikanwa ku murage yasize by’umwihariko urugamba yatangije rwo kurandura ubukene bukabije.
Gasore Hategeka ukinira Nyabihu Cycling Cup atwaye isiganwa ’Race for Culture’ ryatangiriye i Nyanza risorezwa i Rwamagana rinyuze mu mujyi wa Kigali.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yasabye abatuye isi kuvanaho imbogamizi zose zabangamira gahunda yo guha urubuga umugore n’umukobwa ngo nawe yerekane ko ashoboye.
Ikipe y’amagare Benediction Club y’i Rubavu yamaze kwemerwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) nk’ikipe iri mu cyiciro cya cya gatatu kizwi nka Continental.
Perezida Paul Kagame yatsindiye igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka, gihabwa abantu b’indashyikirwa mu bucuruzi n’imiyoborere bahize abandi mu guteza imbere sosiyete muri rusange.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 30/11/2018, madame Jeannette Kagame aritabira inama ya 14 y’umuryango utari uwa Leta World Vision, ibera I New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho ageza ijambo kubayitabira.
Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo ku rwanya ibiyobyabwenge ndetse n’abakora bakanacuruza inzoga z’inkorano ari nako itanga ubutumwa ku baturage bu bakangurira kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru yaho bigaragara kuko byangiza ubuzima bikanagira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano.
Umuyobozi mukuru wa jandarumori y’Igihugu cy’u Butaliyani (Carabinieri), General C.A Giovanni Nistri n’itsinda yari ayoboye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ugushyingo bagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda ku kicaro gikuru ku Kacyiru.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nawe ahangayikishijwe n’ingaruka z’imikorogo mu Banyarwanda, asaba Minisiteri y’Ubuzima na Polisi y’Igihugu kubikurikirana.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda batandukanye bakoreye umuganda mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi wo gutera ibiti bizakikiza igishanga cya Kibuza.
Mu minsi mike ishize Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barenga 700.
Polisi y’ u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi rikorera mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati ryafashe ubwato bu pakiye ibicuruzwa bya magendu bivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo byerekeza mu karere ka Karongi.
Polisi y’igihugu yafatiye udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 45,100 mu rugo rw’umuturage ruherereye mu karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, mu kagari ka Nyanza.
Minisiteri y’ibikorwaremezo iravuga ko gusibura inzira abanyamaguru bambukiramo umuhanda hakoreshejwe irange ry’umutuku n’umweru ari ukubaha agaciro kandi bikazafasha kugabanya impanuka zibera ahagenewe kwambukira abanyamaguru kuko ayo marangi agaragarira neza buri wese ukoresha umuhanda.