Urubanza rwa Augustin Ngirabatware ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, rwimuriwe muri Nzeri uyu mwaka wa 2019.
Louise Mushikiwabo uheruka gutorerwa kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), kuri uyu wa 3 Mutarama 2019 yatangiye imirimo ye.
Mwiseneza Josiane, umukobwa uhagarariye intara y’Uburengerazuba waje kwiyamamaza yakoze urugendo rw’iminota 40 n’amaguru byanamuviriyemo gutsitara akomeje kwanikira abandi ku matora ari kubera kuri Instagram na Facebook, akomeje atya akaba yahita abona tike yo kujya mu mwiherero uzwi nka ‘Boot Camp’.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruravugako abana 18, barimo 12 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza, na batandatu bakoze igisoza ikiciro rusange bose batsinze ibizamini bya leta kandi neza.
Mu gitaramo East African Party kiba buri ku itariki ya mbere, uyu mwaka byari agashya kuko nta muhanzi mpuzamahanga wari watumiwe. Umuhanzi mukuru yari Meddy, umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu muhanzi yeretswe urukundo rwinshi n’abamukunda nawe abitura kubabyinira koko.
2018 wabaye umwaka udasanzwe ku Rwanda mu maso y’amahanga mu buryo butandukanye. Aha twavuga nko kuba ku nshuro ya mbere, umugore w’Umunyafurika atorerwa kuyobora umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF), uwo mugore yarabaye umunyarwandakazi.
Perezida Kagame yongeye gukomoza ku mubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo mu ijambo yavuze ritangiza umwaka wa 2019.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Dr Byamungu Livingstone wari umuyobozi ushinzwe ishoramari muri banki y’igihugu y’iterambere (BRD) n’abagize umuryango we bagera kuri bane bahitanywe n’impanuka ahitwa Lwengo ku muhanda uva Masaka werekeza Mbarara.
Minisiteri y’Uburezi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yamenyesheje ko ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza (P6) n’ibyavuye mu bizamini bisoza umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye bitangazwa kuri uyu wa mbere tariki 31 Ukuboza 2018.
Abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Rweru mu Karere ka Bugesera bararangwa n’akanyamuneza muri iyi minsi mikuru isoza umwaka bakesha inka borojwe na Minisitiri w’u Buhinde, Narendra Modi, zatangiye kororoka.
Ingabo z’u Rwanda zibinyujije mu Bitaro bikuru bya Gisirikari by’i Kanombe, zizatangiza muri Mutarama 2019 ikigo gishya kizafasha kuvura kanseri mu buryo bwihariye (oncology) bukazafasha benshi bugarijwe n’iyi ndwara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko mu mezi atandatu ari imbere buri Murenge uzaba ufite Umudugudu w’Icyitegererezo mu mibereho myiza, kugira ngo n’iyindi iyigireho.
Sosiete y’ubwikorezi bwo mu kirere Rwandair yatangaje ko muri Mata 2019, izatangira ingendo zari zitegerejwe na benshi zerekeza i Addis Ababa muri Ethiopia.
Mu gihe isi ikomeje kugenda yagura ibikorwa ndangabwiza, iteka havuka ndetse hakanavumburwa ahantu nyaburanga, bigatuma bitoroha kumenya aheza kurusha ahandi umuntu yasura mu mwaka mushya wa 2019.
Ngabo Medard umuhanzi nyarwanda uzataramira abanyarwanda tariki 01 Mutarama 2019 yeretse umuryango avuka mo umukunzi ukomoka muri Etiyopiya ariwe Mimi Mehfira, maze nyina amwakirana urugwiro rwinshi.
Bidatunguranye Umuhanzi Meddy na mugenzi we Bruce Melody basubitse igitaramo bateganyaga gukorera i Bujumbura mu Burundi, mu minsi mikuru y’Ubunani.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ntakitabiriye igitaramo kiswe ’30 Billion’ yari afite I Kampala muri Uganda, igitaramo yari kuzahuriramo n’ Umunyanijeriya Davido.
Perezida Paul Kagame yifurije umwaka mushya ingabo z’igihugu anazibutsa ko Abanyarwanda bazikunda kandi bazubahira ubunyamwuga buziranga.
Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi batajya batangwa no kwifuriza Abanyarwanda ibirori byiza, haba iby’umwaka cyangwa ibindi bisanzwe.
Mu itangazo inyujije ku rubuga rwa twitter, Guverinoma y’u Rwanda imaze kuvuga ko yamenye amakuru avuga ko abacamanza Jean Marc Herbaut na Nathalie Poux bahagaritse burundu ibijyanye n’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya perezida Habyarimana biturutse ku kubura ibimenyetso.
Ngabo Medar uzwi nka Meddy, niwe muhanzi nyarwanda uyoboye abandi mu bijyanye no kwamamara, hagendewe ku bwitabirwe bw’ibitaramo yitabira, uburyo video ze zarebwa ku rubuga youtube n’ibindi.
Abanyeshuri 60 bazatsinda neza ikiciro rusange mu mibare, ubugenge (Physics) n’icyongereza, mu kwezi kwa mbere 2019 bazerekeza I Mukamira mu karere ka Nyabihu kwiga ibijyanye no gukora porogaramu za mudasobwa.
Areruya Joseph uherutse kwegukana irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo ribera muri Gabon, ni umwe mu bakinnyi batandatu bagize ikipe y’u Rwanda izahatana muri iri rushanwa rizaba guhera tariki ya 21-27 Gashyantare 2019.
Majoro Bernard Ntuyahaga urangije igihano cye cy’igifungo cy’imyaka 20 yakatiwe n’urukiko I Buruseri mu Bubiligi, kuri ubu ari mundege imuzana I Kigali Mu Rwanda, aho ari butunguke ku kibuga cy’indege yidegembya, ubundi akajya i Mutobo gutozwa mbere yo kwinjira mu muryango nyarwanda.
Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Cote d’Ivoire, yabwiye abikorera bo muri iki gihugu ko ari bo bifitemo umuti w’ibisubizo by’ibibazo by’Afurika.
Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere zungutse abapilote bashya 50 basoje amasomo muri Ethiopia mu byo gutwara indege no kuzikanika.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo Ing. Jean de Dieu Uwihanganye, ngo hagiye gutangwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’igihe gito rutarengeje amezi atandatu ku batsindiye impushya za burundu.
Perezida Paul Kagame ukomeje uruzinduko agirira muri Côte d’Ivoire yashyikirijwe infunguzo na Guverineri w’Umujyi wa Abidjan zimwemerera kuba umuturage wawo w’icyubahiro.
Perezida Paul Kagame yemeza ko mu mwaka amaze ayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yagowe cyane no guhuza imyumvire itandukanye y’abantu.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Cote d’Ivoire yaraye yambitswe umudali w’ikirenga muri iki gihugu, awutura Abanyarwanda baruhanye mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda.