Nyampinga wakunzwe kurusha abandi (Miss Popularity) mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 aratangaza ko ubu nta gisibya uku kwezi kwa kabiri gusiga yinjiye mu mubare w’abatunze imodoka mu Rwanda.
Mu myaka y’1998 n’2000 bamwe mu bari mu Rwanda bavuganye na Kigali Today bemeza ko ari bwo iterambere ry’ikoranabuhanga mu itumanaho ryatangiye gusakara mu banyarwanda. Ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefoni ngendanwa, mudasobwa na interineti byatangiye kuba nkenerwa mu mibereho ya buri munsi, dore ko byishimiwe na benshi (…)
Madame Jeannette Kagame ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), aho yitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushimira Imana abaye ku nshuro ya 67 azwi nka National Prayer Breakfast.
Imbuga za Interineti z’Uturere zafasha abashaka kumenya amakuru yerekeranye na buri karere mu gihe zaramuka zitaweho. Usibye kuba zimwe muri zo zitaryoheye ijisho, hari amakuru cyangwa imyirondoro umuntu azishakiraho ntabibone. Ubwo Kigali Today yasuraga zimwe muri zo, ku wa mbere tariki 04 Gashyantare 2019, hari amakuru (…)
Kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasimbuye uwa Uganda Museveni ku buyobozi bw’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Arusha muri Tanzaniya
Perezida Kagame yageze i Arusha muri Tanzaniya, kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, mu nama ya 20 isanzwe y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), inama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Duharanire gushyira hamwe mu bukungu, ukubana neza ndetse no mu bya politiki mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare ari umunsi w’Intwari, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yanditse avugako ubutwari n’ubwitange bwaranze intwari z’u Rwanda bitabaye iby’ubusa.
Chinedu Ikedieze na Osita Ihema bamenyekanye muri firime zitandukanye zo muri Nigeria bategerejwe mu Rwanda kuva tariki 11 Gashyatare kugeza 18 Gashyantare 2019.
Kuri uyu wa gatatu tariki 30 Mutarama 2019, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyizeho ibiciro bishya by’amazi bizatangira gukurikizwa kuva tariki 01 Gashyantare 2019.
Kuri uyu wa gatanu nijoro saa saba na 15 ni bwo ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yerekeza muri Cameroun guhatanira irushanwa rya Tour de l’Espoir ryegukanwe na Areruya Joseph umwaka ushize.
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 28 Mutarama 2019 harimo amateka yemejwe harimo iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda; n’iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.
Urwego rw’Intwari z’Igihugu,Imidari n’Impeta by’Ishimwe rwatangaje ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi kugira ngo bahabwe imidari n’impeta by’ubutwari harimo n’abageze ku mihigo n’ibikorwa by’ubutwari muri siporo.
Nyuma yo gusezererwa mu marushanwa nyafurika ya CAF Confederation na Al Hilal yo muri Sudan, Mukura ikomeje gukina imikino yikuriranya y’ibirarane itakinnye ubwo yari ikiri kwitabira aya marushanwa.
Imikino y’igikombe cy’Intwari irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri aho amakipe abiri y’amakeba, APR na Rayon Sports, ari busubire mu kibuga arwanira amanota atatu mbere y’umukino karundura uzayahuza ku wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019.
Minisiteri y’Ubuzima irahumuriza Abanyarwanda n’Abaturarwanda ko nta tangazo ryatanzwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k’Ubuzima (WHO) rivuga ko Ebola irushijeho gusatira u Rwanda nk’uko byavuzwe na bimwe mu bitangazamakuru ndetse bigasakara ku mbuga nkoranyambaga, ikongeraho ko iyi ndwara yoroshye kwirinda iyo (…)
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda Abanyarwanda babiri barimo Potien Kayihura, umuturage wo mu Mudugudu wa Gahunga mu Kagari Gafumba ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, wari utunzwe no guhinga no kwikorera imizigo muri Uganda ariko akaza gutungurwa no gutabwa muri yombi ashinjwa (…)
Mu muhango wo kwimika Arkiyepiskopi mushya wa Kigali Musenyeri Antoine Kambanda, uyu muyobozi mushya wa Kiliziya Gatolika muri arkidiyosezi ya Kigali yavuze ko afite gahunda yo kubaka Katedarali nshya ijyanye n’iterambere Umujyi wa Kigali ugezeho, ibi bishimangirwa na Perezida Kagame wavuze ko bazafatanya, ndetse (…)
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside ( CNLG) yasohoye itangazo ryamagana ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, burimo ivangura n’amacakubiri, bukaba ndetse bwashobora guhembera Ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abakobwa batatu muri 20 bageze muri Boot Camp, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 24 Mutarama 2019 bambitswe amakamba atatu ya mbere ariyo irya ‘miss congeniality’ rihabwa umukobwa wabaniye neza bagenzi be, ikamba rya ‘miss heritage’ rihabwa uwahize abandi mu by’umuco, ndetse n’ikamba rya ‘miss photogenic’ rihabwa (…)
Amakipe 11 ni yo yamaza kwiyandikisha guhatana mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’igihugu rizatangira tariki ya 25 Mutarama rigasozwa tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka.
Ku cyumweru gishize, tariki 20 Mutarama, wari umunsi w’akazi kenshi ku bayobozi bakuru ba minisiteri y’uburezi, kuko bazindukiye mu bitangazamakuru bibiri bikuze kurusha ibindi mu gihugu ngo basubize ikiganiro cyanyujijwe kuri imwe muri radiyo zigenga iminsi itatu mbere yaho.
Ikipe y’ u Rwanda ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo rizenguruka igihugu cya Gabon aho Uwizeyimana Bonaventure arangije agace ka kabiri ari ku mwanya wa gatatu inyuma y’umutaliyani Bonifazio Niccolo wa Dirrect Energie n’igihangange Andre Greipel wa Arkéa Samsic.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare itangiranye imbaraga mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo aho umukinnyi Didier Munyaneza yegukanye umwanya wa gatatu nyuma y’agace ka mbere katwawe n’umutaliyani Niccolo Bonifazio ukinira Direct Energie.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Ntunga habereye impanuka yahitanye abantu 14.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare kuri uyu wa mbere tariki 21 Mutarama 2019 iratangira gusiganwa mu irushanwa rizenguruka Gabon rizwi nka La Tropicale Amissa Bongo, irushanwa yegukanye umwaka ushize, ritwawe na Areruya Joseph.
Urukiko rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’itegekonshinga rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora aheruka kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Itsinda ry’abayobozi bakuru b’ibihugu muri Afurika, ab’imiryango itandukanye ihuza ibihugu, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, bayobowe na Perezida Kagame barasabwa kwerekeza muri Kongo vuba na bwangu, ngo bavugane n’impande zihanganye hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo byo kutumvikana ku byavuye mu matora.
Perezida Joseph Kabila Kabange, yabwiye Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ko atabasha kwitabira inama yiga ku kibazo cyakurikiye itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Congo, kubera ko ibintu bitameze neza mu gihugu cye.
Rujugiro Tribert ni umuntu ukunda gushora imari mu nganda zikora itabi mu bihugu bitandukanye bya Afurika, gusa mu myaka mike ishize, hagiye humvikana amakuru y’ uko uwo mucuruzi yaba akora ishoramari ririmo uburiganya, akwepa imisoro n’ibindi byaha bitandukanye.
Mu itangazo rishizwe ahagaragara na minisiteri y’ubutabera, u Rwanda rwamaganye kurekura mbere y’imyaka umunani lt Col. Aloys Simba wahamijwe ibyaha bya jenoside agakatirwa imyaka 25 y’igifungo.