Ikipe ya Gisagara ya volleyball ikomeje kugorwa n’amarushanwa nyafurika yitabiriye ku nshuro ya mbere aho yatakaje umukino wa kabiri wikurikiranya ubwo yatsindwaga na El Etihad yo muri Libya amaseti atatu ku busa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, hamwe n’abandi baperezida n’abakuru ba guverinoma bagera kuri 18 bitabiriye irahira rya perezida wa Senegal Macky Sall ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 02 Mata 2019.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa mugenzi we w’icyo gihugu, Macky Sall.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro. Uwo muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2019 wibanze ku bikorwa byo kubaka imiyoboro y’amazi.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Bonhomme, kuri uyu wa gatanu tariki 29 Werurwe 2019 yerekeje mu mujyi wa Paris mu gihugu cy’ Ubufaransa, aho agiye kwifatanya n’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi (Memorial de Shoah) mu gikorwa bateguye cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma yo kwisurira urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2019, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Felix Tshisekedi yamaganye icyo ari cyo cyose cyahembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ubuyobozi bwa sosiyete isakaza amashusho n’amajwi Startimes, buravuga ko bufite gahunda yo gushora imari mu byo televiziyo zo mu Rwanda zerekana kuko byagaragaye ko televiziyo nyinshi kuri dekoderi n’ibyo zerekana biba ari iby’ahandi.
Mu kiganiro cyabanjirije ibindi mu nama y’abayobozi b’ibigo muri Afurika ACF2019 irimo kubera i Kigali, Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ibura ry’ubushake bwa politiki ari ryo rituma urujya n’uruza hagati y’u Rwanda na Uganda ritagerwaho kuko Uganda ikomeje gufungirana u Rwanda.
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 Werurwe 2019.
Perezida wa Togo Faure Gnassingbé na Perezida wa Ethiopia Sahle-Work Zewde ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 24 Werurwe 2019 bageze i Kigali, aho bitabiriye inama mpuzamahanga y’abayobozi b’ibigo bikomeye (African CEOs Forum) ibera i Kigali kuva kuri uyu wa mbere.
Nyuma y’uko sosiyete zikora umuhanda Kayonza – Rusumo zakomeje kwibwa ariko ntihamenyekane ababiba ndetse n’ibyibwa aho bijya, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza none hamaze gufatwa abagera ku icumi.
Igituntu ni indwara iri mu zica abantu benshi ku isi ari yo mpamvu u Rwanda rwahagurukiye kukirwanya mu gukora ubukangurambaga mu baturage no kuzana imiti mishya ikivura.
Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bwatangaje ko bwataye muri yombi babiri bahoze ari abayobozi bakuru b’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri i Luanda mu murwa mukuru wa Angola mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, yakiriwe na mugenzi we Perezida João Lourenço
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uwa gatatu tariki 20 Werurwe 2019 yageze i Luanda muri Angola mu ruzindiko rw’iminsi ibiri, mu gihe tariki nk’iyi umwaka ushize perezida wa Angola nawe yari mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019, inzego z’umutekano zo mu murenge wa katabagemu akarere ka Nyagatare, Intara y’Uburasirazuba zafashe umugabo ukurikiranyweho kwica abana bagera kuri bane.
Benshi mu bahanzi nyarwanda bo hambere, bavuga ko bakoraga umuziki kubera kuwukunda ariko bafite ibindi bibatunze, ibintu bitandukanye n’uko ubu bimeze kuko ubuhanzi ari umwuga utunga nyirawo.
Ihuriro ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR) riravuga ko umubare munini w’abana bafite ubumuga batiga uteye inkeke.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda Dr Richard Sezibera, mu izina rya guverinoma y’u Rwanda yamaganye igitero cy’ubwiyahuzi gihitanye abagera kuri 49 mu musigiti w’i ChristChurch mu gihugu cya Nouvelle Zelande.
Umuryango ‘Plan International’, uharanira uburenganzira bw’umwana, ku bufatanye na Imbuto Foundation, ugiye gutangiza ubukangurambaga wise ‘Girls Get Equal’ bugamije guha uruvugiro umwana w’umukobwa mu rwego rwo kumwongeramo imbaraga no kwishyira akizana mu kubara inkuru y’ibyiza by’uburinganire hagati y’umuhungu n’umukobwa.
Itangazo rishyizwe hanze na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, riravuga ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze na leta ya Uganda, harimo iryasohotse kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, arimo ukwirengagiza no guca k’uruhande ibibazo nyamukuru bikwiye kuba bishakirwa ibisubizo.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igizwe n’abakinnyi 14 yerekeje muri Ethiopia guhagararira u Rwanda muri shampiyona nyafurika y’umukino w’amagare izabera ahitwa Baher Dar kuva tariki ya 14 kugera tariki ya 19 Werurwe 2019.
Umukecuru w’imyaka 109 y’amavuko witwa Rachel Nyiramandwa wo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe yashyikirijwe inka aherutse kugabirwa na Perezida Paul Kagame.
Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 11 Werurwe 2019, i Gabiro mu Burasirazuba bw’igihugu habereye umuhango wo gusoza umwiherero abayobozi bakuru bamazemo iminsi ine, dore ko bahageze ku wa gatanu tariki 08 Werurwe 2019.
Yitwa Sherrie Silver, akomoka i Huye ariko aba i London mu Bwongereza, aho abana na nyina umubyara. Ni umukobwa uri mu b’imbere bafashije icyamamare Childish Gambino mu kubyina indirimbo ’This is America’ yatwaye Grammy Award uyu mwaka.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, wageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019 yasoje uruzinduko rw’akazi yagiriraga mu Rwanda.
Mu ruzinduko rutamenyekanye cyane Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta ari kugirira mu Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019 yahuriye na Perezida Kagame mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, aboneraho no gusuhuza abitabiriye umwiherero.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yasesekaye i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019.
Umunyarwanda umwe uzwi ku izina rya Musoni Jackson, ni we bivugwa ko yaguye mu mpanuka y’indege ya sosiyete Ethiopian Airlines yabaye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru hamwe n’abandi bagera ku 156, ubwo yavaga Addis Ababa yerekeza Nairobi.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yafashe mu mugongo ababuriye ababo mu mpanuka y’indege ya sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege y’abanya Etiyopiya, abasaba gukomera muri ibi bihe bitaboroheye.