Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 16 Kamena 2019, yakiriye mu biro bye, Mark Green, Umuyobozi w’Ikigega cya Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID).
Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Toronto Raptors yakoze amateka yegukana igikombe cya NBA, gihatanirwa n’amakipe yo mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Igihugu cya Tanzania cyabaye icya mbere mu gushyigikira ubusabe bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko yakiriye Abanyarwanda basaga 20 birukanywe muri Uganda ku wa kabiri tariki 12 Kamena 2019, bakaba bari bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko.
Rayon Sports yitegura gukina na Marines FC mu mikino y’igikombe cy’Amahoro kuri uyu wa gatatu yasubitse imyitozo yagombaga gukora mu gitondo, nyuma yo kubura kw’amavuta y’imodoka yagombaga kujyana abakinnyi mu myitozo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 10 Kamena 2019 yageze i Libreville, mu murwa mukuru wa Gabon aho biteganyijwe ko agirana ibiganiro na perezida w’icyo gihugu Ali Bongo Ondimba mu ngoro y’umukuru w’icyo gihugu izwi nka Palais de la renovation.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 09 Kamena 2019, yatunguye abaturage ba Rwinkwavu na Kabarondo mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba arahagarara arabasuhuza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko hari abatekamutwe barimo gukoresha WhatsApp bagamije kwiba rubanda amafaranga, urwo rwego rugasaba abantu kuba maso.
Umuyoboro w’amashusho ya video wa Kigali Today kuri YouTube, ku wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 wesheje agahigo ko kurebwa n’abantu barenga miliyoni 50.
Urubuga rwa twitter rw’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), ruravuga ko rwataye muri yombi umwe mu bayoboye Supermarketings Global Ltd, imwe muri sosiyete zikora ubucuruzi bw’amafaranga burimo uburiganya (Cripto-Currency scam); ubucuruzi butandukanye n’ubwo yasabiye ibyangombwa muri RDB.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 31 Gicurasi 2019, aho azitabira umuhango wo gushyingura Etienne Tshisekedi wahoze ari minisitiri w’intebe w’iki gihugu akanaba se wa Perezida mushya wa Congo Kinshasa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko utagera ku birambye, keretse igihe abo muri kumwe babifitemo inyungu.
Guhera tariki ya 1 kugeza tariki ya 4 Kamena 2019, Umujyi wa Kigali uzakira Inama ya 89 ya Biro Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa (Association Internationale des Maires Francophones-AIMF), nk’uko ubuyobozi bw’uwo muryango bwabyifuje.
Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagize icyo ivuga ku biherutse gutangazwa na Uganda by’ubushyamirane bwahitanye ubuzima bw’abantu babiri mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019 mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare habayeho guhangana hagati y’abari bakurikiranyweho kwinjiza mu Rwanda imyenda ya caguwa mu buryo butemewe n’inzego z’umutekano, Polisi igahakana amakuru yatangajwe y’uko uko guhangana kwaba (…)
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko bwohereje mu rukiko dosiye ikubiyemo ibyaha Nsabimana Callixte “Sankara” aregwa.
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports banze gukora imyitozo kuri uyu wa mbere tariki 20 Gicurasi 2019 basaba kubanza guhembwa umushahara w’ukwezi kwa kane.
Umutoza wa Kirehe FC Sogonya Hamisi Kishi yizeye ko nta kipe izatsindira Kirehe ku kibuga cyayo mu gihe bitegura kwakira Rayon Sports mu mukino ushobora gusiga uhesheje Rayon Sports igikombe.
Umuhanzi nyarwanda Edouce, asanga umuziki nyarwanda uri gutera intambwe nziza ugana imbere ku buryo mu myaka itagera kuri itanu bigenze neza twazabona umwana w’u Rwanda wegukanye igihembo nka BET Award, kimwe mu bihembo buri muhanzi wese ku isi aba yifuza gutwara.
Ikipe ya REG itsinze Gisagara amaseti 3-0 mu mukino wa gatatu wa kamarampaka ihita yeguyakana igikombe cya shampiyona y’igihugu ya volleyall.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame asanga, Afurika igomba kwicarana n’abandi ku meza amwe, byanaba ngombwa hagakoreshwa ingufu zose zishoboka ariko ntisigare inyuma.
Ikipe ya Colorado Rapids yo mu cyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaherukaga kwegukana myugariro Rwatubyaye Abdul yamutije muri Colorado Springs Switchbacks FC yo mu cyiciro cya kabiri adakinnye umukino n’umwe.
Abatuye umudugudu wa Rugeshi Akagari ka Bukinanyama mu murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, barasaba kwimurwa bakagira ahandi batuzwa kuko ngo nta mutekano bafite bitewe no konerwa n’inka z’umuturanyi wabo ndetse n’abashumba be bakabakorera urugomo rurimo no kubakomeretsa.
Ingabire Victoire warekuwe mu mezi umunani ashize ku mbabazi z’Umukuru w’Igihugu, yagaragaye ari mu bikorwa byo gushaka abayoboke b’ishyaka rye b’abahutu gusa.
African Improved Food, sosiyete itunganya ikanacuruza ibiribwa ku buryo bujyanye n’igihe nka Nootri Toto, Nootri Mama na Nootri Family, yateguye umunsi w’ababyeyi ‘Nootri Mother’s day’ kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Gicurasi 2019, mu rwego rwo gususurutsa abakiriya bayo, kubagaragariza ibicuruzwa babafitiye, ndetse no (…)
Ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yakoreraga mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida Kagame yabwiye abatuye Rubavu na Rutsiro ko umutekano uhari ndetse ko uwashaka kuwuhungabanya akwiye kubanza agatekereza neza kuko bishobora kurangira abyicuza.
Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge iri mu bukangurambaga bugamije kwitegura gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa bagera ku bihumbi 30.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko ntawe u Rwanda rwakwingingira kuruha umutekano kuko ari uburenganzira bwarwo kuwubona, bityo uwo ari we wese akaba agomba kuwuruha byanze bikunze.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatatu tariki 08 Gicurasi 2019, yatangiye uruzinduko akorera mu ntara z’itandukanye z’igihugu asura akarere ka Burera.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererana w’u Rwanda Dr Richard Sezibera, kuri uyu wa mbere tariki 06 Gicurasi 2019, yitabiriye inama hagati ya Afurika n’Uburayi yiga ku bijyanye n’ubucurizi hagati y’iyo migabane yombi EU – Africa Business Summit.