Nyuma y’umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza muri UEFA Champions League PSG yatsinzemo Real Madrid igitego 1-0, Kylian Mbappé wagitsinze yavuze ko imikino bari gukina n’iyi kipe imwifuza ntacyo izahindura ku hazaza he.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022 nibwo hatangira imikino yo kwishyura muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda aho mu mikino iteganyijwe harimo n’umukino wa Mukura VS yakiramo Rayon Sports i Huye.
Mu rwego rwo kwitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mwaka wa 2021-2022 itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, amakipe yiyubatse mu buryo butandukanye haba mu makipe ari mu myanya y’imbere ndetse no mu myanya ya nyuma.
Umukinnyi Hakim Ziyech w’imyaka 28 ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Chelsea, agakinira n’ikipe y’igihugu ya Maroc, yamaze gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu nyuma y’igihe kinini adahamagarwa kubera ibibazo yagiranye n’umutoza wayo, Vahid Halilhodzic wamushinje kubeshya.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Gashyantare 2022, saa tatu z’ijoro, nibwo hakinwa umukino wa nyuma hagati ya Senegal itagira igikombe na kimwe cya Afurika, na Misiri ifite ibikombe byinshi, hasozwa icya 2021 cyaberaga muri Cameroon, kuva tariki ya 9 Mutarama 2022.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, saa tatu z’ijoro, hategerejwe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu urahuza Cameroon na Burkina Faso mu gikombe cya Afurika 2021 kiri kubera muri Cameroon, izo kipe zombi zikaba ari na zo zafunguye iryo rushanwa.
Nyuma y’uko myugariro wo hagati wa APR FC, Karera Hassan, mu kwezi k’Ukuboza 2021 yerekeje mu gihugu cya Finland kubera impamvu z’umuryango, ubuyobozi bwa APR FC buvuga ko kugeza ubu iminsi yahawe itari yarangira.
Ku wa Kane tariki ya 3 Gashyantare 2022, nibwo habaga umukino wa kabiri wa 1/2 cy’irangiza w’igikombe cya Afurika 2022, aho wasize Misiri isanze Senegal ku mukino wa nyuma uzaba ku ya 6 Gashyantare 2022.
Nyuma y’imyaka ibiri (2) Igikombe cy’Amahoro mu Rwanda kitaba kubera icyorezo cya Covid-19, kigiye kongera gukinwa.
Mu rwego rwo gukomeza kongera imbaraga mu ikipe, ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, nibwo Rayon Sports yongeye gusinyisha umukinnyi wo hagati mu kibuga, Kwizera Pierrot uyigarutsemo nyuma y’imyaka itatu ayivuyemo.
Ikipe ya Kiyovu iri mu zikomeje kwiyubaka cyane. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, ikipe ya Kiyovu Sports yasinyishije Fred Muhozi ukina asatira wakiniraga ikipe ya Espoir FC yo mu Karere ka Rusizi.
Ikipe ya Kiyovu Sports mu rwego rwo kongera imbaraga yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura, yatangiranye impinduka yinjiza rutahizamu ariko itandukana na myugariro.
Nyuma yo kwirukanwa muri Mukura VS, umutoza Ruremesha Emmanuel wavugwaga mu ikipe ya Etoile de l’Est idafite umutoza mukuru kugeza ubu, ariko impande zombi zanyomoje aya makuru.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mutarama 2022, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nibwo ryamenyesheje amakipe igihe azatangirira gukina imikino yo kwishyura ya shampiyona, ikazatangira muri Gashyantare 2022.
Tariki ya 9 Mutarama 2021 nibwo hatangiye imikino y’igikombe cya Afurika kirimo gukinwa ku nshuro ya 33, akaba ari ubwa kabiri gikinwe n’amakipe 24 nyuma ya 2019, ikipe ya Gambia n’iya Comoros zitabiye icyo gikombe bwa mbere zibona itike ya 1/8.
Nyuma yo kwanga kongera amasezerano muri FC Barcelona, iyi kipe yavuze ko Umufaransa Ousmane Dembele agomba kuyivamo muri uku kwezi kwa mbere 2022, mu gihe amasezerano ye yagombaga kurangira muri Kamena uyu mwaka.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, nibwo ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yahaye akazi ko kuyitoza mu gihe cy’imyaka ibiri, umunya Uganda, Mike Hallary Mutebi.
Mu mukino wa gatatu wo mu itsinda rya 2 ubera i Yaoundé kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, uhuza Zimbabwe na Guinnea, ni ho umusifuzi w’Umunyarwandakazi, Mukansanga Salima, akora amateka yo kuba umugore wa mbere usifuye umukino mu gikombe cya Afurika ari hagati.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka ine.
Kuri uyu wa Gatandatu saa cyenda Rayon Sports kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo irakira ikipe ya Musanze FC itarayitsinda mu myaka itanu iheruka bamaze gukinamo imikino itandatu.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda isubukurwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Mutarama 2022, ikipe ya Etoile de l’Est FC yaharitse abakinnyi bakomeye muri iyi kipe barimo Jimmy Mbaraga, Nzabamwita David, Gahamanyi Boniface na Harerimana Jean Claude.
Ibi byabereye mu mukino wa mbere wo mu itsinda rya gatandatu ry’igikombe cya Afurika 2021 kirimo kubera mu gihugu cya Cameroon, wahuje Mali yatsinzemo Tunisia igitego 1-0, umusifuzi ukomoka muri Zambiya, Janny Sikazwe akarangiza umukino ugeze ku munota wa 89 n’amasegonda 47.
Mu cyumweru gitaha nibwo hategerejwe inama yo kwiga ku hazaza ha rutahizamu w’ikipe ya Borussia Dortumund, Erling Halland, bivugwa ko ashobora kuva muri iyo kipe muri Kamena 2022.
Nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo isohoye amabwiriza avuguruye agomba kugenga ibikorwa by’imikino hakomeza kwirindwa icyorezo cya Covid 19, ikipe ya APR FC yabaye iya mbere yapimishije abakozi bayo bose ngo bajye mu mwiherero.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda igeze ku munsi wa 11, Bugesera FC itsinzemo imikino ibiri gusa, umutoza w’iyo kipe, Abdou Mbarushimana, avuga ko adafite igitutu cyo kubura akazi kuko shampiyona ikomeye.
Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ku mugabane w’i Burayi ryafunguye tariki 01 Mutarama 2022, ikipe ya Real Madrid yongeye gutangira urugendo rwo gushaka rutahizamu w’umufaransa Kylian Mbappé.
Ku wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 nibwo Minisiteri ya siporo yongeye gusohora amabwiriza agenga ibikorwa bya siporo mu Rwanda kubera ubwiyongere bwa Covid-19, aho imyitozo n’amarushanwa ku makipe byagaritswe iminsi 30.
Kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021, hasojwe imikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona hakinwa imikino ibiri yari isigaye, aho AS Kigali yatsinze Mukura VS 2-1.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi, Mashami Vincent, ku wa 29 Ukuboza 2021 yahamagaye abakinnyi 26 bagomba gukina imikino ibiri ya gicuti na Guinea mu ntangiriro za Mutarama 2022. Abakinnyi bahamagawe biganjemo amasura mashya akina imbere mu gihugu ndetse n’abakinnyi bashya.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yakomeje hakinwa umunsi wa 11 wayo, ikipe ya APR FC yuzuriza imikino 46 idatsindwa kuri Espoir mu gihe Police FC yatsinze Gasogi United, Kiyovu Sports inganya na Bugesera FC.