Ku wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021 habaye imikino itatu itangira imikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda. Imikino yaranzwe no kwihagararaho kw’amakipe yakiniye mu rugo.
Mu mikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itangira gukinwa kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, harimo uwo Gicumbi FC yakiramo Rayon Sports i Gicumbi.
Ni umukino w’umunsi wa kane wa shampiyona ariko utarakiniwe igihe, wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa 26 Ukuboza 2021, APR FC yatsinzemo Gasogi United ibitego 2-0 biyifasha kuzamuka ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Ni umukino w’ikirarane cy’umunsi wa gatanu wa shampiyona uhuza, APR FC na Gasogi United, utarakiniwe ku gihe kubera ko APR FC yari mu mikino mpuzamahanga, urabera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021 saa cyenda.
Mu mikino itatu isoza umunsi wa cumi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yabaye ku wa Kane tariki 23 ukuboza 2021, ikipe ya Kiyovu Sports yakomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kuzuza umukino wa 8 idatsidwa, mu gihe AS Kigali ikomeje kubura intsinzi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021, hakinwe imikino itanu ya mbere y’umunsi wa 10 wa shampiyona, yaranzwe no kongera kubona intsinzi kuri Rayon sports, APR Fc ikabura amanota na ho Etincelles ibona intsinzi yayo ya mbere.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukoboza 2021 haratangira gukinwa imikino y’umunsi wa 10 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022.
Nyuma yo kwirukana umutoza Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil, AS Kigali yashyizeho Jimmy Mulisa wari umaze iminsi asezeye muri iyi kipe nk’umutoza.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Rayon Sports ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona ibitego 2-1, AS Kigali yafashe icyemezo cyo kwirukana umutoza wayo Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil kubera umusaruro muke.
Ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021, hakinwaga imikino itatu y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yaranzwe no gutsindwa kw’ibitego 2-1 ku mikino yose yabaye, amakipe yose yari yakiriye imikino atsindirwa mu rugo.
Mu gihe shampiyona igeze ku munsi wa cyenda, ikipe ya Rayon Sports mu mikino 8 imaze gukina yabonyemo amanota 12 kuri 24 amaze gukinirwa, Lomami Marcel uri gutoza iyi kipe yahumurije abakunzi bayo avuga ko hakiri kare.
Ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 hakinwe imikino itatu ya mbere y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiro cya mbere mu Rwanda yaranzwe n’intsizi ya mbere y’ikipe ya Gorilla FC.
Ku wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021, ikipe ya Rayon Sports yashyize ahagaragara umwambaro wayo wa gatatu izajya ikoresha mu mwaka w’imikino wa 2021-2022.
Ku myaka 33, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021, umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ukina asatira ukomoka mu gihugu cya Argentine, Sergio Leonel Del Castilo Aguero uzwi nka Sergio Kun Aguero nibwo yasezeye gukina umupira w’amaguru kubera ibibazo by’ubuzima.
Komisiyo y’imisifurire mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahagaritse abasifuzi bane kubera amakosa bakoze mu mikino itandukanye basifuye, iryo shyirahamwe rikavuga ko ritazigera ryihanganira abazakomeza gukora amakosa n’ubwo ryasigarana abasifuzi bacye.
Nyuma yuko hasheshwe tombola yari yabaye ku isaha ya saa saba kubera amakosa yabayemo, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere i Nyon mu Busuwisi ku cyicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi, UEFA, hongeye kubera tombola y’uko amakipe azahura mu mikino ya 1/8 cy’irangiza yasize impinduka eshanu.
Ku Cyumweru tariki 12 Ukuboza 2021, ubwo hasozwaga umunsi wa munani wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022, APR FC yaratsinze ibona amanota 3, mu gihe AS Kigali yatakaje kuko yanganyije na Etincelles FC.
Imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona y’icyiciro cya mbere yatangiye gukinwa ku wa Gatanu yakomezaga kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ukuboza 2021 hakinwa imikino 3 yaranzwe no kwihagararaho kw’amakipe yari yakiniye hanze.
Nyuma y’umukino w’umunsi wa karindwi ikipe ya Siyovu Sports yatsinzemo Rayon Sports ibitego 2-0, umuyobozi w’ikipe ya Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yavuze ko nta kibazo na kimwe bafitanye n’uwo ariwe wese muri Kiyovu Sports.
Ku nshuro ya kane, uruganda nyarwanda rukora sima mu Rwanda (CIMERWA) ku bufatanye na Kigali Golf Llub rwongeye gutegura irushanwa ry’iminsi 2 mu mukino wa Golf rizwi nka Cimegolf, irya 2021 rikazakinwa tariki 3 n’iya 4 Ukuboza 2021 kuri Kigali resorts &Villas i Nyarutarama.
Mu nama rusange yabaye tariki 27 Ugushyingo 2021 kuri Sitade Amahoro i Remera yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (RAF), hagaragajwe ibikorwa byagezweho muri 2021 ndetse n’ibiteganywa gukorwa n’igihe cy’amatora ya komite nshya.
Nyuma y’umwaka n’amezi arindwi nta bafana bemerewe kwinjira ku bibuga bikinirwaho umupira w’amaguru mu Rwanda, nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid 19 cyugarije u Rwanda n’isi muri Rusange, abafana bagiye kongera kugaruka ku bibuga muri Shampiyona ya 2021-2022 iteganyijwe gutangira kuri uyu wa (...)
Ikipe ya Rayon Sports ishobora kwemererwa kwakira abafana kuri sitade mu mukino wa gicuti izakinamo n’ikipe hagati ya Mukura Victory Sports na Police FC kuri Stade Amahoro i Remera ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021.
Mu gihe habura amasaha amake ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge mu Rwanda, Emery Bayisenge ukina hagati muri ba myugariro wakiniraga ikipe ya AS Kigali, utari wabona ikipe kugeza ubu, avuga ko ahazaza he hazamenyekana mu gihe kitarambiranye ariko ko azakomeza gukina umupira.