Kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Musanze FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, amahirwe ku gikombe cya shampiyona akomeza kugabanuka, rutahizamu wayo Rudasingwa Prince agira ikibazo cyatumye ajyanwa kwa muganga igitaraganya.
Kuri uyu wa Gatatu hasojwe imikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024, aho ikipe ya Gasogi United yasezereye APR FC iyitsinze kuri penaliti 4-3, Police FC isezerera Gorilla FC mu gihe Bugesera FC yasezereye Mukura VS iyisandiye iwayo.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Vision FC ibitego 3-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 w’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Ku Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, rutahizamu w’Umunyarwanda wakiniraga ikipe ya APR FC, Nshuti Innocent, yasezewe n’abakinnyi n’abakozi b’iyi kipe, mu gihe yitegura kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ikipe ya Bugesera FC yanganyirije kuri stade ya Bugesera 0-0 na APR FC, mu mukino w’umunsi wa 21 wahabereye kuri iki Cyumweru, biyongerera ikizere cyo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, na ho APR FC ikomeza kuba iya mbere.
Kuri uyu wa Kane umukinnyi usiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga Niyibizi Emmanuel yabonye itike y’Imikino Paralempike 2024 nyuma yo kuba uwa mbere mu irushanwa ryaberaga i Dubai.
Rutahizamu w’Umufaransa Kylian Mbappé Lotin kuri uyu wa Kane yamenyesheje ikipe ya PSG ko azayivamo ubwo uyu mwaka w’imikino wa 2023-2024 uzaba urangiye.
Kuri uyu wa Gatatu,Ikipe ya APR FC yanganyirije na Gasogi United 0-0 kuri Kigali Péle Stadium mu mukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024 yari yakiriye.
Perezida w’igihugu cya Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yageneye buri mukinnyi arenga miliyoni 104 Frw n’inyubako igifite ako gaciro umutoza ahabwa miliyoni 209 Frw kubera gutwara Igikombe cya Afurika 2023 cyaberaga iwabo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse umukinnyi Héritier Nzinga Luvumbu amezi atandatu mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ku Cyumweru tariki 11 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yakomeje gushimangira umwanya wa kabiri muri shampiyona, itsindira Police FC 2-1 kuri Kigali Pelé Stadium mu gihe Musanze FC yatsindiye Mukura VS i Huye.
Mu ijoro ryo ku wa 11 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire yegukanye igikombe cya Afurika 2023 yari yakiriye itsinze Nigeria ku mukino wa nyuma ibitego 2-1.
Ku wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, hakinwe imikino ine y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, Ikipe ya APR FC itsinda Sunrise FC, Kiyovu Sports itsinda Gorilla FC mu gihe AS Kigali yatsinzwe n’Amagaju FC.
Ku wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Qatar yatwaye Igikombe cya Aziya 2023 itsinze Jordan ibitego 3-1 mu mukino wa nyuma warebwe na Perezida Paul Kagame wagiye muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.
Nyuma y’uko tariki 8 Gashyantare 2024 hatangajwe amakuru y’uko hari guteganywa gutangiza ikarita y’ubururu yajya itangwa mu mupira w’amaguru, itangazwa ryayo ryari riteganyijwe ryasubitswe.
Ku wa 27 Mutarama 2024, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, yatangaje ko asheshe ikipe kubera ibyo yise umwanda ubwo yari amaze gutsindwa na AS Kigali 1-0 mu mukino wa shampiyona ariko nyuma ikipe ye iragaruka ikomeza gukina.
Ku wa Mbere tariki 05 Gashyantare 2024 amakipe y’Igihugu ya Sitting Volleyball yatambagije igikombe cya Afurika yegukanye mu bagore ndetse n’umwanya wa gatatu mu bagabo mu rugendo rwakorewe mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa sitting volleyball, yegukanye shampiyona Nyafurika 2024 yaberaga muri Nigeria itsinze Kenya ku mukino wa nyuma, mu bagabo yegukana umwanya wa gatatu.
Ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire na Afurika y’Epfo zageze muri 1/2 cy’Igikombe cya Afurika 2023 zisezereye Mali na Cape Verde.
Myugariro wo hagati w’ikipe ya Police FC, Umurundi Ndizeye Samuel, yahagaritswe amezi atandatu adakina kubera gukubita umusifuzi kubera ko atishimiye imisifurire, ubwo batsindwaga na Sunrise FC ibitego 2-1, mu mukino wa 16 wa shampiyona, wabereye kuri stade ya Nyagatare tariki 14 Mutarama 2024.
Ku wa 2 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yatsinze Guinea Conakry ibitego 3-1 mu mukino wa 1/4 cy’Igikombe cya Afurika 2023, igera muri 1/2 yajyanyemo na Nigeria yasezereye Angola.
Kuri uyu wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024, ikipe ya Police FC yatwaye igikombe cy’Intwari itsinze APR FC ibitego 2-1, mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, mu gihe AS Kigali yatsinze Rayon Sports mu bagore.
Ku wa Kabiri tariki 30 Mutarama 2024, amakipe y’Igihugu ya Sitting Volleyball yatangiye shampiyona ya Afurika atsinda imikino yayo, aho mu bagabo u Rwanda rwatsinze Algeria amaseti 3-0 naho mu bagore rutsinda Nigeria 3-0.
Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, uzwi nka KNC, avuga ko yamaze kumenyesha Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ndetse n’ubuyobozi bwa shampiyona y’icyiciro cya mbere iseswa ry’iyi kipe.
Ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire yageze muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika 2023 yakiriye mu 2024, nyuma yo gutsinda Senegal kuri penaliti 5-4, naho Cape Verde isezerera Mauritania.
Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Guinea, Nigeria na Angola zageze muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika 2023, kirimo kubera muri Côte d’Ivoire kuva ku itariki 13 Mutarama 2024.
Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari 2024 nyuma yo gusezerera Musanze FC mu mukino wa 1/2 wabereye kuri Kigali Péle Stadium ku Cyumweru tariki 28 Mutarama 2024.
Amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yageze muri Nigeria aho agiye gukinira shampiyona ya Afurika 2024 igiye kuhabera. Aya makipe yahagurutse mu Rwanda mu rukerera rwo ku wa Gatandatu saa saba z’ijoro, anyura muri Ethiopia aho byari biteganyijwe ko bahagera bakahamara amasaha make mbere y’uko bafata (…)
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryasubitse imikino ine y’umunsi wa 18 wa shampiyona, irimo amakipe ane azitabira irushanwa ryo kwizihiza Umunsi w’Intwari 2024, riteganyijwe gutangira mu mpera z’iki cyumweru.
Ikipe ya APR FC yasezereye AS Kigali ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024.