Mu gihe habura amasaha amake ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge mu Rwanda, Emery Bayisenge ukina hagati muri ba myugariro wakiniraga ikipe ya AS Kigali, utari wabona ikipe kugeza ubu, avuga ko ahazaza he hazamenyekana mu gihe kitarambiranye ariko ko azakomeza gukina umupira.