Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania yatangaje ko igiye kuza kwitegurira umwaka w’imikino 2026-2027 mu Rwanda aho izakina n’amakipe arimo Gasogi United.
Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC Gen. Mubarakh Muganga yavuze ko irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 iyi kipe irafungura kuri uyu wa Gatanu ikina na Gor Mahia rizajya mu bindi bikombe batwaye gusa asaba abakunzi bayo kuba hafi kuko ubuyobozi bwabakoreye ibyo bifuzaga bugura abakinnyi beza.
Kuri uyu wa Mbere, myugariro w’Umunya-Burkina Faso Madou Zon uheruka gusinyira APR FC imyaka ibiri avuye muri TP Mazembe yatangiye imyitozo.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Mukura VS yatangaje ko yatandukanye n’umutoza wa Tomas Trucha wari umaze amasaha macye ageze mu Rwanda aho ari aje kuyibera umutoza mu gihe cy’imyaka ibiri.
Kuri uyu wa Mbere hatangajwe ibiciro by’imikino ifungura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 rizabera mu Rwanda kuva ku wa Gatanu w’iki Cyumweru kugeza tariki 7 Kanama 2026 irimo uzahuza APR FC na Vipers SC.
Ibirori bya Rayon Day 2026 ’ Umunsi w’Igikundiro’ bitegurwa n’ikipe ya Rayon Sports byabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa 18 Nyakanga 2026, byayinjirije agera kuri miliyoni 49 Frw.
Kuri iki Cyumweru ikipe ya Espagne yatwaye Igikombe cy’Isi 2026 itsindiye Argentina ku mukino igitego 1-0, itwara iri rushanwa ku nshuro ya kabiri nyuma ya 2010.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye GorMahia ibitego 2-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa gicuti wakinwe ku Munsi w’Igikundiro ’Rayon Day 2026’ ibirori iyi kipe yerekaniraho abakinnyi izakoresha mu mwaka mushya.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yerekanye abakinnyi 27 izakoresha mu mu mwaka w’imikino 2026-2027 barimo 16 bashya mu birori by’Umunsi w’Igikundiro byabereye muri Kigali Pelé Stadium.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imikoranire y’imyaka itanu n’igice y’imikino na Banki ya Kigali igiye kuba umufatanyabikorwa wayo mukuru izajya yambara mu gatuza aho afite agaciro kayingayinga miliyari 1 Frwn ku mwaka.
Binyuze muri kompanyi ya Ishet LTD ibarizwamo, Ikipe ya Impeesa FC ifatanyije na Norge Africa League yo muri Norvège ifasha abakinnyi mu kubashakira amakipe yateguye umwiherero w’ibyumweru bine uzabera muri Camp Kigali ahazahurira abana babarirwa muri 300 hagati y’itariki 27 Nyakanga na 28 Kanama 2026.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagabo ya Volleyball y’Abafite ubumuga ’Sitting Volleyball’ yageze muri 1/4 cya Shampiyona y’Isi 2026 iri kubera mu Bushinwa, abagore bajya guhatanira imyanya.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Junior Kameni ukomoka muri Cameroon watwaye igikombe cy’irushanwa rya kabiri rikomeye ku mugabane wa Asia, wakiniraga Khor Fakkan yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu nk’umukinnyi wayo mushya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko ibirori ngarukamwaka bya Rayon Day ’Umunsi w’Igikundiro’ bya 2026 byimuriwe kuri Kigali Pele Stadium bivanywe kuri Stade Amahoro.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yateye inkunga y’ibihumbi 100 by’amadolari, irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga 2026.
Amakipe ya Rayon Sports na APR FC yisanze mu matsinda arimo Al Hilal SC yo muri Sudani ndetse na GorMahia yo muri Kenya muri CECAFA Kagame Cup 2026 igiye kubera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umunya-Central African Boris Gbenou ukina asatira anyuze ku ruhande, wabaye umukinnyi wa 12 mushya iyi kipe isinyishije muri iyi mpeshyi.
Ikipe ya APR HC iheruka gutwara shampiyona 2025-2026 itsinze Police HC imikino 3-2, yayisubiriye iyitwara igikombe cyo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora iyitsinze ibitego 35-33.
Amakipe ya REG VC na Police WVC zegukanye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora zitsinze Police VC na APR WVC ku mukino wa nyuma.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko hagiye kujya habaho gupimwa ibiyobyabwenge n’imiti yongera imbaraga ku bakinnyi ba ruhago mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yageze muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi 2026 isezereye Suède yatsinze ibitego 3-0.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’igihugu ya Norvège yasezereye Côte d’Ivoire muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi 2026 igera muri 1/8 cy’irangiza.
Amakipe ya Morocco na Paraguay yasezereye u Budage n’u Buholandi kuri penaliti agera muri 1/8 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi 2026.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina n’ikipe ya GorMahia yo muri Kenya mu kuri Rayon Day 2026.
Ikipe y’igihugu ya Brazil yageze muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi 2026 isereye u Buyapani yatsinze ibitego 2-1 bigoranye kuri uyu wa Mbere.
Amakipe agizwe na Vincent Mbonigaba na Prince Kanamugire(Vincent/Prince) ndetse n’igizwe na Huguette Uwase na Hyacinthe Ingabire( Aline/Divine) zegukanye agace ka kabiri ka shampiyona Volleyball ikinirwa ku mucanga yakinirwaga mu Karere ka Rwamagana.
Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu ya Canada yasezereye Afurika y’Epfo muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi 2026 igera muri 1/8 iyitsinze igitego 1-0.
Amarerero ya FC Bayern AC Rwanda mu bahungu na PSG Academy mu bakobwa yegukanye ibikombe by’amarushanwa ya FIFA TDS 2026 mu batarengeje imyaka 16, umushinga ugamije guteza imbere impano nshya z’umupira w’amaguru.
Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club mu bagore nibo begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026 mu isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) ryakinwe kuri iki Cyumweru.
Abakinnyi Niyonkuru Samuel mu bagabo na Mwamikazi Djazilla mu bagore begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026 mu cyiciro cyo gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye aho bahagurukiye Batsinda akaba ari naho basorezwa banyuze ku Idigiri.