Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanyagiye Gorilla FC ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, rutahizamu wayo Victor Mbaoma akomeza kuyobora ba rutahizamu.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza 2023, ubuyobozi bwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda bwasinyanye amasezerano na Sosiyete y’imikino y’amahirwe ya Gorilla Games, arimo kuzajya ihemba abakinnyi bitwaye neza ku kwezi n’umwaka.
Ikipe ya Rayon Sports yafashe umwanya kabiri muri shampiyona nyuma yo gutsinda Muhazi United 2-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wabereye kuri Kigali Pele Stadium, Kiyovu yo inyagirwa na Mukura i Huye
Kuri uyu wa Kabiri,I kipe ya APR FC yanganyije na Gasogi United 0-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadiumi Nyamirambo
Kuva ku wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, Amakipe y’u Rwanda y’abagabo n’abagore mu mukino wa Sitting Volleyball yatangiye umwiherero yitegura shampiyona ya Afurika 2024 izabera muri Nigeria izatanga itike yo kujya mu mikino Olempike 2024 kuva tariki 27/01 kugera tariki 04/02/2024.
Rutahizamu w’ikipe ya APR FC, Umunya-Nigeria Victor Mbaoma Chuckuemeka ni umwe mu bakinnyi bari kwitwara neza muri shampiyona kugeza ubu nyamara yaraje ashidikanywaho na benshi.
Ikipe ya Kiyovu Sports yanganyije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium tariki 02 Ukuboza 2023.
Ku wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0 biyifasha gufata umwanya wa kabiri.
Ikipe ya APR FC na Rayon Sports ziri mu makipe atandukanye azahabwa arenga ibihumbi 50 by’amadolari kubera gukina imikino Nyafurika.
Ikipe ya APR FC yatsindiye Sunrise i Nyagatare mu mukino w’ikirarane wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023 ikura Musanze FC ku mwanya wa mbere.
Kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 yatsinzwe na Kenya mu mukino w’umunsi wa kabiri w’itsinda mu irushanwa rya CECAFA.
Ikipe ya Police FC yatsinzwe na Rayon Sports ibitego 2-0 mu mukino wa shampiyona w’ikirarane wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023.
Mu mpera z’iki Cyumweru kuwa Gatandatu no ku Cyumweru, i Gisagara hakiniwe imikino y’agace ka kabiri ka shampiyona ya Sitting Volleyball mu bagabo Musanze, Gisagara na Gasabo zitsinda imikino yazo yose.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023, ku bibuga bitandukanye mu Rwanda hakiniwe imikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, APR FC na Rayon Sports zinganya imikino yazo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023, Ikipe ya Manchester City yanganyirije na Liverpool 1-1 ku kibuga cya Manchester City, Etihad Stadium, mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona, amakipe yombi akomeza kuyobora urutonde.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe yu Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 yatsinze ikipe ya Somalia 1-0 mu mukino wabo wa mbere w’irushanwa rya CECAFA iri kubera muri Kenya.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi Olivier Nduhungirehe yatangaje ko yasuye ikipe ya Feyenood yo muri iki gihugu bakagirana ibiganiro bigamije kwiga ku bufatanye hagati y’iyi kipe n’u Rwanda.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 23 Ugushyingo 2023, ikipe ya Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya ukomoka muri Guinnea, Alsény Camara Agogo, wakinnye irushanwa rya CHAN 2016 ryabereye mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje Umurundi Bipfubusa Joslin nk’umutoza wayo mushya asimbuye Petros Koukouras.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa karindwi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cyaberaga mu Misiri.
Ikipe y’igihugu ya Misiri mu bagabo yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball kiri kubera iwayo byongerera u Rwanda amahirwe yo kuzitabira imikino Paralempike izabera mu Bufaransa mu 2024.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa cyenda mu bagabo mu mikino y’Igikombe cy’Isi irimo kubera mu Misiri nyuma yo gutsinda u Bwongereza amaseti 3-0.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, amakipe y’u Rwanda abagabo n’abagore arimo gukina Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball mu Misiri, yasoje imikino yayo y’amatsinda abagore bagera muri 1/4 naho abagabo bakazahatani umwanya wa cyenda.
Ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinze iya Misiri mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball, amaseti 3-0.
Kuri iki Cyumweru amakipe y’u Rwanda ya Sitting volleyball mu bagabo n’abagore yaserutse mu mikino y’umunsi wa mbere mu matsinda yayo y’Igikombe cy’Isi 2023 kiri kubera mu Misiri, aho mu mikino itatu yakinnye abagore ari bo babonye intsinzi.
Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda mu Misiri buyobowe na Ambasaderi CG Dan Munyuza bwasuye amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball ari kwitegura Igikombe cy’Isi cya 2023, bibutswa ko urugamba ari nk’urundi.
Mu gihe bakomeje kwitegura igikombe cy’Isi cya Sitting Volley 2023 mu Misiri, umutoza w’amakipe y’u Rwanda n’abakinnyi bavuga ko biteguye kuyitwaramo neza cyane, bakurikije imyiteguro bagiriye i Port Said.
Ku wa Gatantatu tariki 4 Ugushyingo 2023, ikipe z’u Rwanda muri Sitting Volleyball abagabo n’abagore ziri mu Misiri, zakoze imyitozo ya mbere irimo n’imikino ya gicuti zatsinzwe.
Amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball, abagabo n’abagore, ku wa 2 Ugushyingo 2023 mbere y’uko ahaguruka yerekeza mu mikino y’Igikombe cy’Isi izabera mu Misiri, yashyikirijwe ibendera asabwa guhesha ishema Igihugu.
Ku wa Gatatu tariki 01 Ugushyingo 2023, amakipe y’Igihugu y’abagabo n’abagore yakoreye imyitozo ya nyuma muri BK Arena yitegura Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball(volleyball ikinwa n’abafite ubumuga bw’ingingo zitandukanye) kikazabera mu Misiri.