Ikipe ya APR HC iheruka kwegukana Igikombe cy’Igihugu 2025 yerekanye abakinnyi barindwi bashya bazayifasha mu mwaka w’imikino 2025-2026 barimo Abanyamahanga batatu bakiniraga Equity Bank yo muri Kenya.
Ikipe ya APR HC yegukanye igikombe cy’Igihugu 2025 muri Handball itsinze Police HC ibitego 28-25 ku mukino wa nyuma.
Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Igihugu 2025, nyuma yo gusezerera Nyakabanda HC na ADEGI muri 1/2.
Umunyarwandakazi Irakoze Aline yegukanye umudali w’umwanya wa kabiri( Silver) muri shampiyona ya Afurika muri Karate iri kubera muri Nigeria kuva tariki 22 kugeza ku ya 27 Nyakanga 2025.
Nyuma y’uko ku wa 25 Nyakanga 2025, itsinda ryari rikuriwe na Hunde Walter ryivanye mu matora y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kubera kubura ibyangombwa, Rurangirwa Louis wari kuzayobora imisifurire yatabaje Perezida Paul Kagame avuga ko harimo uburiganya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje Umurundi Abedi Bigirimana nk’umukinnyi wayo mushya nyuma y’ibiganiro byari bimaze amezi abiri.
Hunde Rubegesa Walter n’itsinda yari afatanyije na ryo kwiyamamamariza kuzayobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda mu matora ateganyijwe muri Kanama 2025, bakuyemo kandidatire yabo.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Muhazi United yemeje Rubona Emmanuel nk’umutoza wayo mushya.
Amakipe ya Rutsiro FC na Rayon Sports yumvikanye na Rayon Sports ku igurwa rya rutahizamu Habimana Yves.
Rutahizamu Biramahire Abeddy uheruka kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports, yumvikanye n’ikipe ya ES Setif mu cyiciro cya mbere muri Algeria agomba gusinyira.
Ikipe ya Rayon Sports izakina imikino itatu ya gicuti na Gasogi United, Etincelles FC na Gorilla FC mbere yo guhura na Yanga SC ku Munsi w’Igikundiro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ikipe ya AS Kigali yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026, itangirana ingamba zo kuzakinisha abanyamahanga babiri no kuzakoresha miliyoni 750 Frw mu gihe yatijwe abakinnyi batatu na APR FC.
Amakipe ya APR HC na Police HC ahora ahanganye muri Handball ari mu itsinda rimwe mu irushanwa ry’Igikombe cy’Igihugu 2025, riteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.
Kuri uyu wa Gatandatu, Iradukunda Elie Tatou ukina ku ruhande rw’ibumoso asatira, yongereye amasezerano muri Mukura VS mu gihe yifuzwaga na Bugesera FC.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije myugariro Emery Bayisenge na Ntarindwa Aimable inongerera amasezerano Niyonzima Olivier Seif.
Mu gihe abanyeshuri batangiye biruhuko, hateguwe iserukiramuco ryiswe Kigali StreetBall riteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru aho rizakomatanyiriza hamwe imikino n’imyidagaduro muri Petit Stade Amahoro.
Mu gihe Shema Fabrice azatanga kandidatire yo kwiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, bamwe mu bo bashobora kuzakora barimo Richard na Gasarabwe basanganywe imyanya muri FERWAFA.
Perezida w’Ikipe ya AS Kigali Shema Fabrice azatanga kandidatire yo kwiyamamariza kuba Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda mu matora ateganyijwe muri Kanama 2025.
Umutoza Seninga Innocent yongeye kugirwa umutoza wa Etincelles FC nyuma y’uko yari asoje amasezerano, akabanza kujya gushakishiriza muri Zambia bitakunze.
Nshimiyimana Canisius wari umaze imyaka itandatu ari umutoza wungirije wa Mukura VS yagizwe umutoza mukuru wayo.
Kuri iki Cyumweru, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hasojwe igikombe cy’Isi cy’amakipe cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3-0 mu mukino wa nyuma warebwe na Perezida Donald Trump.
Kuri uyu wa Gatandatu, Nzayisenga Desire uyobora MFP itunganya ibinyampeke yatorewe kuyobora AS Muhanga asimbuye Kimonyo Juvenal.
Umutoza Bizumuremyi Radjabu watozaga AS Kigali WFC yagizwe umutoza mukuru wa Rutsiro FC aho agiye gusimbura Gatera Musa.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya APR FC yatangaje ku mugaragaro Umugande Ronald Ssekiganda wakiniraga Villa SC nk’umukinnyi wayo mushya.
Amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yabonye itike yo gukina shampiyona y’Isi izabera mu Bushinwa 2026, nyuma kwitwara neza muri shampiyona ya Afurika yaberaga muri Kenya.
Abakunzi ba Rayon Sports bamaze gukusanya arenga miliyoni 5 Frw nyuma y’umunsi umwe hatangijwe igikorwa cyo kwigurira umukinnnyi ubwabo binyuze muri gahunda yiswe " Ubururu Bwacu Agaciro Kacu."
Umutoza Bisengimana Justin wari watekerejweho nk’ushobora kuzaba umutoza wungirije Ruremesha Emmanuel muri Musanze FC, yasinye amasezerano nk’umutoza mukuru wa Gicumbi FC.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Umunya-DRC Chadrack Bing Belo wakiniraga ikipe ya DCMP iwabo.
Ikipe ya Musanze FC yumvikanye n’umutoza Ruremesha Emmanuel kuzayibera umutoza mushya nyuma yo kubura Gatera Musa wasinyiye AS Muhanga.
Umurundi Bigirimana Abedi biteganyijwe ko agera mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, yumvikanye na Rayon Sports ashobora gusinyira kuri uyu wa Gatatu.