Mu gihe kuri iki Cyumweru hatangiye icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ikipe ya Arsenal yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka, igaragaza ko iri hamwe na bo binyuze mu butumwa abakinnyi n’abayobozi bayo batanze.
Kuri uyu wa Gatanu, Umunya-Tunisia Dr Adel Zrane wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi uheruka kwitaba Imana ku wa 2 Mata 2024 yasezeweho bwa nyuma ku Kimihurura mbere y’uko ajya gushyingurwa iwabo.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Kiyovu Sports yanyagiriye Sunrise FC kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona, i Nyagatare hakomeza kwikanga icyiciro cya kabiri.
Mu gihe bimenyerewe ko andi makipe akorera umwiherero muri hoteli n’ahandi habugenewe, Ikipe ya Sunrise FC yo abakinnyi barara muri stade batagira ibitanda, imifariso ikarambikwa hasi mu gihe bitegura imikino bavuga ko biteye isoni n’agahinda.
Ku wa Mbere tariki 01 Mata 2024, Perezida Paul Kagame yavuze ko hazashyirwa imbaraga mu gukurikirana uko abana bafite impano zitandukanye cyane cyane muri siporo batoranywa, dore ko havugwamo ibisa n’uburiganya bishobora gutuma amahirwe yahabwa abatayakwiriye.
Nyuma yo guhagarikwa n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports kugeza umwaka w’imikino wa 2023-2024 urangiye adakina,kuri uyu wa Mbere kapiteni w’iyi kipe Niyonzima Olivier Seif yanditse ibaruwa asaba kubabarirwa agakomeza gukina.
Kuri iki Cyumweru kuri stade ya Bugesera FC, iyi kipe iri mu murongo umanuka bigoranye yahanganyirije na Etincelles FC nayo irwana no kudasubira mu cyiciro cya kabiri ibitego 2-2.
Abakinnyi batatu b’ikipe ya AS Kigali barimo ba myugariro babiri barwaye mu buryo bw’amayobera mbere yo guhura na Sunrise FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona uteganyijwe kuri iki Cyumweru hikangwa amarozi.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Rayon Sports yasuye Mukura VS iyitsindira igitego 1-0 kuri stade Mpuzamahanga ya Huye ikomeza kuba mukeba APR FC guhabwa igikombe yashoboraga gutwara muri izi mpera z’icyumweru.
Kuri uyu wa Gatandatu,Ikipe ya Mukura VS yasinye amasezerano y’ubufatanye na Hoteli Light House izajya iyiha miliyoni 35 Frw ku mwaka ndetse n’ibindi bitandukanye.
Ku wa 28 Werurwe 2024, ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yerekanye aho izajya ikorera hashya i Nyamirambo ahazwi nka Maison Tresor ndetse inashyiraho umukozi uhoraho wo gucunga ubuzima bwa buri munsi.
Mu ijoro ryakeye rishyira uyu wa Kane, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yagarutse i Kigali ivuye mu mikino ya gicuti ibiri yabereye muri Madagascar.
Umunyezamu Maxime Wenssens wakinnye umukino we wa mbere mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ubwo yatsindaga Madagascar 2-0 mu mukino wa gicuti wabaye ku wa 25 Werurwe 2024, avuga ko ibyo kuba yazakina bihoraho bizagenwa n’umutoza.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi, yatsindiye Madagascar ibitego 2-0 iwayo mu mukino wari uwa kabiri wa gicuti ku mpande zombi unasoza igihe cy’imikino mpuzamahanga ku bihugu.
Ku Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 mu Karere ka Bugesera hasorejwe imikino ya shampiyona ya 2023-2024 muri Sitting Volleyball aho Gisagara SVB mu bagabo na Bugesera SVB mu bagore zegukanye ibikombe.
Umunya-Cameroon wahoze akina ruhago Geremi Njitap yasabye gutandukana n’umufasha we bari bamaranye imyaka 16 nyuma y’uko ibizamini bigaragaraje ko abana b’impanga yitaga ko babyaranye atari abe.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports y’abagore yatsindiye Muhazi United W FC i Rwamagana 1-0 yegukana shampiyona ya 2023-2024 itari yarangira.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Werurwe 2024, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yanganyije na Botswana 0-0 mu mukino wa gicuti wabereye muri Madagascar, umutoza Frank Spittler w’Amavubi avuga ko umukino wari mubi, ariko ko bagize amahirwe.
Kuri uyu wa Gatanu, ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, hateganyijwe umuhuro wa bamwe mu banyamuryango ba Kiyovu Sports, bakaza kuganira ku ngingo zitandukanye z’ubuzima bw’ikipe yabo iri mu bihe bitari byiza.
Ku wa 20 Werurwe 2024, hatanzwe ibihembo by’ukwezi kwa Gashyantare 2024 ku bakinnyi bitwaye neza muri shampiyona umutoza wa APR FC Thiery Froger, Shaiboub Eldin, Nzeyirwanda Djihad na Ani Elijah barabyegukana.
Ku wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, kuri Stade Umuganda, habereye ibiganiro hagati y’abayobora n’abahoze bayobora Etincelles FC n’abakinnyi, barebera hamwe uko ikipe itazamanuka, baboneraho gushyiraho Umunyamabanga Mukuru mushya wayiririmbiye indirimbo.
Abakinnyi 13 muri 38 umutoza w’Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Frank Spittler yari yahamagaye bakuwe mu ikipe yerekeza muri Madagascar mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere aho igiye gukina imikino ya gicuti ibiri.
Uwahoze ari rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Danny Usengimana, yahishuye ko mu byatumye ava muri APR FC harimo ikiganiro yatanze akavugamo ko yakuze abona Se afana ndetse anakunda kureba imikino ya Rayon Sports bigatuma akura azi ko nta yindi kipe ibaho.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, i Nyon mu Busuwisi habereye tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League 2023-2024 isiga Real Madrid izahura na Man City, Arsenal igahura na Bayern Munich.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi yakoze impinduka mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (UEFA Champions League) zirimo kongera amakipe akaba 36 ndetse n’uburyo bw’imikinire bukaba bwahindutse.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali banze gukora imyitozo kubera ko ngo bamaze amezi ane badahembwa.
Kuri uyu wa Kane tariki 14 Werurwe 2024, Ndagijimana Enock wari Perezida w’ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yeguye ku buyobozi bwayo.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024, ikipe ya Arsenal yageze muri 1/4 cya UEFA Champions League isezereye FC Porto kuri Emirates Stadium, yongera gukora amateka yaherukaga mu 2010.
Ku wa 10 Werurwe 2024, Umunya-Nigeria Rafael Osaluwe ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya AS Kigali, yasabye umukunzi we Umuhoza Liliane kuzamubera umufasha iteka ryose.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Liverpool yanganyirije mu rugo na Man City 1-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona y’u Bwongereza, biha Arsenal umwanya wa mbere.