Mu gihe ari kugana ku musozo w’amasezerano ye abura iminsi mike, umutoza w’Amavubi Frank Spittler abenshi bavuga ko akwiriye guhabwa andi kubera ibyo amaze gukora mu mwaka umwe bitanga ikizere.
Konti za banki z’ikipe ya Kiyovu Sports zari zarafatiriwe na Igitego Hotel kubera umwenda wa miliyoni 64 Frw iyibereyemo zarekuwe nyuma y’ubwumvikane hagati y’impande zombi.
Umuryango Mamba Volleyball Club uhuriwemo n’abahoze ari abakinnyi ba Volleyball na Beach Volleyball ndetse n’abakunzi b’uyu mukino, wongeye gutegura irushanwa rya Beach Volleyball rizaba hagati ya tariki 20 na 22 Ukuboza 2024, mu byiciro birimo abakinnyi bo mu cyiciro cya mbere (Abagabo n’abagore) ndetse n’abakanyujijeho.
Umunyarwanda ukina asatira anyuze ku ruhande rw’iburyo muri Mukura VS, Iradukunda Elie Tatou, kuri iki Cyumweru yerekeje mu igeragezwa mu gihugu cya Portugal aho yatumijwe n’ikipe ya Sporting Club Braga yo mu cyiciro cya mbere, yamushima akagurwa.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umukino w’Iteramakofe ya Body Max Boxing Club, buvuga ko mu gihe cy’imyaka itatu cyangwa ine iri imbere bugomba kuba bwabonye nibura umukinnyi w’Umunyarwanda uri ku rwego mpuzamahanga ushobora kwitabira imikino Olempike.
Mukisa Benjamin ni we wegukanye irushanwa rya CIMEGOLF 2024, ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu ku wa 30 Ugushyingo 2024 nyuma yo kuba uwa mbere mu bagabo mu gutera umupira muremure (Longest Driver) mu gihe abagera kuri 12 bahembwe muri rusange.
Bamwe mu bagize uruhare mu itoranywa ry’abakinnyi bagiye mu ishuri rya ruhago rya Bayern Munich mu Rwanda bavuga ko bategereje ibihembo amaso ahera mu kirere.
Abakinnyi n’abatoza ba ruhago ikinirwa ku meza (Teqball), bahize kuzamura urwego rw’uyu mukino nyuma yo kongererwa ubumenyi mu mahugurwa y’iminsi itatu yasojwe ku wa 16 Ugushyingo 2024.
Kuri uyu wa Gatandatu, Twagirayezu Thaddé yatorewe kuyobora ikipe ya Rayon Sports mu myaka ine iri imbere asimbuye Uwayezu Jean Fidele.
Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye bagaragaje agahinda nyuma yo gutsindwa na Libya igitego 1-0 mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025, bigabanyiriza Amavubi amahirwe yo kubona itike.
Kuri uyu wa Kane, Amavubi yatsindiwe na Libya kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025, icyizere cyo kugikina kirayoyoka.
Abanyarwanda b’ingeri zose bazindukiye gushyigikira ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yakira Libya kuri uyu wa Kane saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025.
Ku mugoroba wo ku wa 13 Ugushyingo 2024, nibwo Umunya-Eswatini, Bhembe Malungisa akaba inzobere mpuzamahanga muri ruhago ikinirwa ku meza, yageze mu Rwanda aho aje guhugura abarimo abatoza b’Abanyarwanda kuri uyu mukino utamaze igihe kinini uhageze.
Abakinnyi barenga 200 bari mu byiciro bitandukanye, abasore abagabo n’abakuze bategerejwe kwitabira irusha rya Golf (CIMEGOLF 2024), igiye gukinwa ku nshuro ya Gatandatu, ku wa 30 Ugushyingo 2024.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, kuri uyu wa mbere yatangiye umwiherero utegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 izayihuza na Libya na Nigeria.
Kuri iki Cyumweru tariki 10 Ugushyingo 2024, ikipe ya APR FC yanganyirije na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium 0-0 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona utarakiniwe igihe, umusaruro wa APR FC ukomeza kwibazwaho.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye kuri Kigali Pelé Stadium Etincelles FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa karindwi wa shampiyona, ifata umwanya wa mbere.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Kung Fu-Wushu Uwiragiye Marc, yasobanuye amakimbirane n’ubwumvikane buke bushingiye ku mutungo biri mu banyamuryango baryo.
Col (Rtd) Richard Karasira wari umuyobozi w’ikipe ya APR FC (Chairman), yakuwe mu nshingano ibifitanye isano na mpaga iyi kipe y’Ingabo iheruka guterwa.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Munyantwali Alphonse yatangaje ko batangiye ibiganiro byo kongerera amasezerano umutoza w’Amavubi, Torsten Frank Spittler mu gihe abura ukwezi kumwe ngo ayo afite arangire.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatewe mpaga kubera gukinisha abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC ku wa 3 Ugushyingo 2024.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka itanu, yatsindiye Musanze FC kuri Stade Ubworoherane igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona yuzuza imikino itanu yikurikiranya itsinda gusa.
Abakinnyi Tumukunde Hervine na Niyonizeye Eric, begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Cup, ryabaga ku nshuro ya gatanu aho ryitabiriwe n’abarenga 120 mu byiciro bitandukanye.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Cricket yegukanye irushanwa ryayihuzaga n’Igihugu cya Kenya nyuma yo kuyitsinda imikino itatu kuri ibiri. Ni irushanwa ryaberaga kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga ya Cricket kuva tariki 29 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 2 Ugushyingo 2024. Umukino wa kane watangiye saa tatu za mu gitondo Kenya (…)
Abarimu bigisha umukino wa Karate Shotokani mu Rwanda basabwe kutihererana ubumenyi bahabwa ahubwo bakabusangiza abandi mu rwego rw’iterambere ry’uyu mukino.
Ikipe ya APR FC ishobora guterwa mpaga ku mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC kuri iki Cyumweru bakanganya 0-0 nyuma yo gushyira mu kibuga abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga icyarimwe kandi bitemewe.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports mu bihe bitandikanye, yavuze ko inzego zitandukanye zasabye ko abayiyoboye bose kujya ku ruhande mu 2020 ari nazo zababwiye kugaruka atari bo babisabye.
Nyuma yo gutsindwa ku mukino wa kabiri, kuri uyu wa Kane ikipe y’Igihugu yu Rwanda y’abakobwa yatsinze iya Kenya umukino wa kabiri mu irushanwa rya ‘Rwanda-Kenya Women’s T20I Bilateral Series’, ku kinyuranyo cy’amanota 28.
Mu mukino warebwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsindiye Djibouti kuri Stade Amahoro ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere, mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu 2024.