Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yagaragayemo abakinnyi batatu bashya iheruka gusinyisha, yitegura umukino uzayihuza na Rayon ku wa 15 Kamena 2024 hafungurwa Amahoro Stadium.
Umukinnyi Tuyisenge Arsene wari umaze imyaka ibiri akinira Rayon Sports ari mu muryango winjira muri mukeba wayo APR FC kuko bamaze kumvikana.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsindiye Lesotho igitego 1-0 muri Afurika y’Epfo mu mukino w’umunsi wa kane w’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, yongera kuyobora itsinda ryayo
Umukinnyi Dushimimana Olivier wakiniraga ikipe ya Bugesera FC yamaze kumvikana na APR FC kuzayikinira kuva mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.
Ikipe ya The Champion Sport Academy yegukanye igikombe mu irushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu mukino wa Karate ryakinwe mu mpera z’icyumweru gishize tariki ya 8 Kamena 2024.
Umunya-Serbia Darko Nović ni we mutoza mushya uzasimbura Umufaransa Thierry Froger ku ntebe yo gutoza ikipe ya APR FC yigeze gukina nayo akayisezerera mu mikino Nyafurika.
Ikipe ya Mukura VS iri kugana ku musozo w’ibiganiro na kapiteni w’ikipe ya Vital’O FC yo mu Burundi, Niyonizeye Fred ushobora kugera mu Rwanda vuba yerekeza i Huye nyamara yari yamaze kumvikana na Rayon Sports ategereje kwishyurwa.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umurundi Nduwimana Frank ukinira ikipe ya Musongati FC iwabo ugitegereje ko ahabwa amafaranga.
Umunya-Uganda Ojera Joackiam avuga ko amakuru yavugaga ko yaraye ageze mu Rwanda aje gukinira Police FC bivugwa ko bumvikanye ntaho ahuriye n’ukuri kuko akiri mu Misiri aho agifite imikino 12 yo gukinira ikipe ye.
Ku wa 8 Kamena 2024, ikipe y’igihugu ya Uganda y’abagore yegukanye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu mukino wa Cricket itsinze Zimbabwe ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutwara umwanya wa gatatu.
Amakipe ya Zimbabwe na Ugenda mu bagore yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rimaze icyumweru ribera mu Rwanda.
Kapiteni w’ikipe ya Vital’o FC yo mu Burundi akaba umukinnyi mwiza wa shampiyona yaho, Fred Niyonizeye ukina hagati mu kibuga yugarira cyangwa asatira ari mu muryango winjira mu ikipe ya Rayon Sports bamaze kumvikana ibishoboka byose.
Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Ani Elijah wakiniraga ikipe ya Bugesera FC yamaze kuba umukinnyi mushya wa Police FC mu gihe kingana n’imyaka ibiri iri imbere.
Kuri uyu wa Mbere ikipe ya Real Madrid yatangaje Umufaransa Kylian Mbappé nk’umukinnyi wayo mushya kuva mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.
Ikipe ya Mako Sharks yegukanye irushanwa ryo koga rya Mako Sharks Summer Invitational Swimming Championship isanzwe inategura ryakinwe ku nshuro ya kabiri hagati ya tariki 1-2 Kamena 2024.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya 15 cya UEFA Champions League, nyuma yo gutsinda Borussia Dortmund ku mukino wa nyuma wabereye kuri stade ya Wembley mu Bwongereza ibitego 2-0.
Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yegukanye irushanwa rya BAL 2024 ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu itsindiye Al Ahly Ly yo muri Libya muri BK Arena amanota 107-94.
Ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona 2023-2024, biteganyijwe ko muri iki cyumweru itangira gufata bimwe mu byemezo by’ingenzi birebana no gutegura umwaka w’imikino wa 2024-2025 izahagarariramo u Rwanda muri CAF Champions League.
Ku wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, nibwo hamenyekanye andi makipe abiri yageze muri 1/2 cya BAL 2024, aho Rivers Hoopers yasezereye US Monastir naho Petro de Luanda isezerera AS Douanes.
Kuri iki Cyumweru, nk’uko byari byitezwe Nkurunziza David yatorewe kuba Perezida wa Kiyovu Sports mu nama y’Inteko rusange idasanzwe yabereye i Remera mu Mujyi wa Kigali igatangira 15h50.
Mvukiyehe Juvénal wahoze ari Perezida wa Kiyovu Sports yangiwe kwinjira ahari kubera inama y’Inteko Rusange idasanzwe y’iyi kipe yitezwe gutorerwamo ubuyobozi bushya.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe y’abagore ya Scandinavia yo mu Karere ka Rubavu yahagaritswe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kubera kutitabira amarushanwa.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo hakinwe imikino ibiri yo gushaka uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rya BAL 2024 iri kubera muri BK Arena, aho yasize US Monastir izakina na Rivers Hoopers mu gihe AS Douanes izakina na Petro de Luanda.
Ikipe ya Manchester United yegukanye igikombe cya FA Cup 2023-2024 itsinze Man City ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatanu, i Kigali hatangiye imikino ya nyuma ya BAL 2024, ahakinwe imikino ibiri, amakipe ya FUS Rabat yo muri Maroc na Al Ahly Ly SC yo muri Libya abona intsinzi yazo ya mbere.
Kuva ku wa 23 Gicurasi 2024, ku kibuga cya RP-IPRC Kigali hari kubera igikorwa cyo gutoranya impano z’abakiri bato muri ruhago bazoherezwa mu bihugu bitandukanye ku mugabane w’i Burayi.
Ubuyobozi bwa Basketball Africa League na NBA Africa buvuga ko nta mpungenge butewe no kuba imikino ya nyuma ya BAL 2024 itangira mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu izaba itarimo ikipe yo mu Rwanda nimwe kuko n’ubundi izitabirwa.
Myugariro w’iburyo Mucyo Didier Junior urangije amasezerano muri Rayon Sports agiye kujya mu igeragezawa mu ikipe ya Al-Jazira yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Sitting Volleyball yisanze mu itsinda rimwe n’amakipe abiri akomeye ku rwego rw’Isi, ari yo Brazil na Canada mu mikino ya Paralympic 2024 izabera i Paris.
Ikipe ya Police FC irifuza rutahizamu ukina aciye ku ruhande rw’iburyo mu ikipe ya Kiyovu Sports Richard Kilongozi.