Ku Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, Maniraguha Jean Damascène wari Perezida wa Mukura VS na Visi Perezida we Sakindi Eugene, beguye ku mirimo yabo muri iyi kipe.
Kuri iki cyumweru, ikipe ya APR FC yanyagiye Etincelles FC ibitego 4-2 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri sitade ya Bugesera. Ni umukino APR FC yatangiye neza cyane hakiri kare kuko ku munota wa gatatu gusa Nshuti Innocent yayitsindiye igitego ku mupira yahawe na Niyibizi Ramadhan.Iyi kipe yashakaga (...)
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Gasogi United ibitego 2-1 kuri sitade ya Bugesera, biyishyira ku mwanya wa mbere.
Kuri uyu wa kane,ikipe ya AS Kigali mu karere ka Bugesera yahanganyirije na Sunrise FC 2-2 ifata umwanya wa mbere mu gihe abo bahanganiye igikombe cya shampiyona batari bakina.
Ikirangirire mu isiganwa ry’amagare Chris Froome ukinira ikipe ya Israel Premier Tech yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa kane aho aje gusiganwa muri Tour du Rwanda 2023.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ibisubizo by’ibanze ryahawe ku kwemerwa kwakira imikino kwa Sitade mpuzamahanga ya Huye bitanga ikizere cyo kuba yakwakira umukino w’Amavubi na Benin.
Ku wa 13 Gashyantare 2023, ikipe ya Sunrise FC yatangaje ko yahagaritse umutoza wayo Seninga Innocent n’umwungiriza we Tugirimana Gilbert kubera umusaruro muke.
Rutahizamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports Ojera Joackiam avuga ko yakunze abakunzi b’iyi kipe atari yamaramo n’ukwezi kumwe ndetse ko yifuza kubitura abahesha igikombe.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade mpuzamahanga ya Huye yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka ine Rayon Sports idatsinda APR FC iyitsinda 1-0 mu mukino w’umuns wa 19 wa shampiyona.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Kiyovu Sports izakina umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona na Rwamagana City idafite abafana kuri stade Muhanga ndetse na bamwe mu bakinnyi b’ingenzi.
Umutoza Jorge Paixao watoje Rayon Sports avuga ko iyi kipe izongera gufatirwa ibihano mu gihe yarenza tariki 14 Gashyantare 2023 itamwishyuye ariko yo ikavuga ko mu bujurire yatanze yahawe iminsi 45 kugira ngo hasohoke imyanzuro.
Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya CD Trofense yakiniraga muri Portugal, myugariro w’Umunyarwanda Mutsinzi Ange yasinyiye ikipe ya FK Jerv yo muri Norvège.
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yikuye mu gikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka wa 2023, ikaba ari na yo iheruka kwegukana iri rushanwa. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Kankindi Alida Lize uri kuvugira ikipe ya AS Kigali ubu yavuze ko bavuye mu gikombe cy’Amahoro kugira ngo bashyire imbaraga muri shampiyona barushwamo (...)
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabereye kuri sitade ya Muhanga, Rayon Sports yuzuza imyaka ine itazi uko gutsinda Kiyovu Sports bimera.
Kuri uyu wa Gatandatu hakomeje umunsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda aho APR FC yatsinze Sunrise,AS Kigali itsindirwa i Bugesera na Police FC.
Umunya-Misiri Adel Ahmed ugiye kuba umutoza mushya w’ikipe ya Musanze FC yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.
Kuri uyu wa kane Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rizatangira gukora igenzura ryasabwe na CAF kugira ngo hemezwe niba Stade Huye yakwakira imikino mpuzamahanga.
Mu gihe hitegurwa gusubukurwa imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023,u Rwanda rwongeye kugaragara mu bihugu 23 bidafite stade yujuje ibisabwa ngo yakire imikino mpuzamahanga.
Rutahizamu w’ikipe ya APR FC Byiringiro Lague wagurishijwe muri Sandvikens yo muri Suède azayerekezamo nyuma y’umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports.
Ku wa 28 Mutarama 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 3-2 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabereye kuri Sitade ya Muhanga.
Ku wa 27 Mutarama 2023 mbere y’uko isoko ry’igura n’igurishwa rifunga mu Rwanda,ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yaguze Ojera Joackiam wakiniraga URA FC muri Uganda.
Ikipe ya Espoir FC kuri uyu wa Gatanu yatunguye Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ya Muhanga.
Guhera kuri uyu wa Gatanu mu mikino itandukanye hategerejwe amarushanwa azakomeza ndetse n’azakinwa akarangira haba mu mupira w’amaguru,Basketball,Volleyball n’indi mikino.
Kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suede yatangaje ko yamaze gusinyisha Byiringiro Lague wakiniraga APR FC.
Kuri uyu wa kane ikipe ya Bugesera yasinyishije umutoza Eric Nshimiyimana nk’umutoza wayo mushya asimbuye Etienne Ndayiragije.
Umunya-Maroc Youssef Rharb wigeze gukinira Rayon Sports byitezwe ko azagera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu.
Mu gihe ikipe ya Musanze FC kugeza ubu nta mutoza mukuru ifite nyuma yo gutandukana na Frank Ouna abatoza icumi bamaze gusaba gutoza iyi kipe arimo abazwi mu Rwanda
Inteko rusange idasanzwe y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yateranye ku wa 21 Mutarama 2023, yemeje ingengo y’imari y’asaga Miliyari 8Frw izakoresha mu 2023, irimo azongerwa mu duhimbazamusyi duhabwa abasifuzi.
Ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona, wabereye i Bugesera ifata umwanya wa kabiri.
Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Fabrice, ubwo yasinyishaga umukinnyi mushya Djibrine Akuki, yashimangiye ko habura igihe gito bagatwara shampiyona ku nshuro ya mbere.