Umutoza mushya wa Rayon Sports Bruno Ferry yahagaritse rutahizamu Ndikumana Asman kubera gukina ibyo atamutumye mu kibuga ku mukino banyagiwemo na APR FC.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Amagaju FC yirukanye abatoza batanu bayobowe n’umutoza mukuru Niyongabo Amars nyuma yo kwandagazwa na Al Hilal SC batsindwa ibitego 8-0 mu mukino wa shampiyona wabaye ku wa 11 Mutarama 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Al Hilal SC yanyagiriye Amagaju FC ibitego 8-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wakinwe bwa mbere saa tatu z’ijoro mu Rwanda mu gihe wanabuzemo umuriro.
Ikipe ya FC Barcelona yegukanye igikombe kiruta ibindi muri Espagne nyuma yo gutsindira Real Madrid ibitego 3-2 ku mukino wa nyuma wabereye muri Saudi Arabia kuri iki Cyumweru.
Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko yagurishije Umurundi Shaban Hussein Tshabalala yari yasinyishije mu mpeshyi ya 2025, aho yaguzwe miliyoni 20 Frw na El Merriekh Bintiu izajya imuhemba ibihumbi bitatu by’amadolari.
Ikipe ya Al Merrikh SC yanganyirije na Mukura VS igitego 1-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wabaye kuri iki Cyumweru, mbere yo kwakirwa na APR FC.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Al-Merrikh SC yanganyirije na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, Al Hilal ihatsindira Etincelles FC 2-0 mu mikino y’inyongera ku munsi wa 14 shampiyona.
Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro nibo begukanye isiganwa ry’amagare yo mu misozi 2025 ryaberaga mu Rwanda ku nshuro ya gatanu mu gihe BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yaryegukanye mu bagore.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, hakinwe agace ka gatatu k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025, kegukanwe na Daniel Gathof na Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro yongereye amahirwe yo gutwara iri siganwa rizasozwa ku wa Gatanu.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya SURF Pro igizwe n’Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens yegukanye agace ka kabiri k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025 kari kagizwe n’intera y’ibilometero 76,1 mu bagore ikipe ya BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yongera kwigaragaza.
Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo mu Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda “FERWAHAND” mu mpera z’icyumweru gishize, mu karere ka Nyamasheke habereye irushanwa rihuza ibigo by’amashuri biri muri gahunda ya Isonga Program muri uyu mukino ahatoranyijwe abana 28 bagiye kwitegura amarushanwa mpuzamahanga.
Kuri uyu wa Mbere, hatangiye isiganwa ry’amagare yo mu misozi ikipe ya TCLA1 igizwe n’Umunyarwanda Bukhari Banzi n’Umuholandi Louis van Zeeland yegukana agace ka mbere mu bagabo.
Abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 barimo Abanyarwanda 18 nibo bazitabira irushanwa ry’amagare yo mu misozi "Rwandan Epic ’ 2025, riteganyijwe gutangira kuri uyu wa Mbere kugeza ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports bigoranye yanganyije na Gicumbi FC 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona, AS Muhanga na Gasogi United zibonera intsinzi hanze.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Bigirimana Abedi ukina hagati muri Rayon Sports agiye kumara ibyumweru bitatu adakina kubera imvune.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse imikino ibiri Amiss Cedric adakina ndetse inamwambura inshingano zo kuba kapiteni wayo.
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi wayo w’Agateganyo asimbuye Twagirayezu Thaddee wari umaze umwaka ari Perezida nyuma y’uko inzego zose bari batoranywe zisheshwe.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali ibonye ubuyobozi bushya ku wa 23 Ugushyingo 2025, Dr Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’agateganyo yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere avuga ko amatora yabaye hadakurikijwe amategeko.
Nyuma yo kwemererwa gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ikipe ya Al-Merrikh yo muri Sudani, yatangiye itsindira Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0 mu mukino wakinwe kuri uyu wa Mbere.
Kuri iki Cyumweru,Rindiro Jean Chrysostome yatorewe kuyobora ikipe ya AS Kigali asimbuye Shema Ngoga Fabrice wagiye kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Musanze FC yanyagiriye APR FC kuri Stade Ubworoherane ibitego 3-2 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona.
Ku wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (NPC Rwanda) yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umwana, amakipe ya Nyagatare na Huye zegukana ibikombe mu mukino wa Goalball na Boccia.
Kuri uyu wa Gatatu, Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru muri Afurika yatanze uburenganzira bwo gukina shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 ku makipe yo muri Sudan Al Hilal Omdurman na Al-Merrikh SC zimaze igihe zibisabye.
Kuri uyu wa Gatatu, Depite Nizeyimana Pie yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere guhagurukira ikibazo cya Rayon Sports kuko abakunzi bayo bakwiriye kurindwa agahinda.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Tunisia Mohamed Chelly wari wayigezemo mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Ba rutahizamu babiri ba Rayon Sports Fall Ngagne na Ndikumana Asoumani bari bamaze igihe baravunitse bavuze ko bagarutse mu kibuga aho byitezwe bakina umukino wa AS Kigali mu mpera z’iki cyumweru.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo binyuze mu itangazo ryatanzwe na Paul Muvunyi uyobora Inama y’Ubutegetsi, hatangajwe ko Inteko Rusange idasanzwe ya Rayon Sports yari yatumije isubitswe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports Paul Muvunyi, yatangaje ko Inteko Rusange idasanzwe yari yatumije isubitswe.
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yatumije Inama y’Inteko Rusange idasanzwe ya Rayon Sports amenyesha inzego zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere.