Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko yasinyishije Habineza Fils François wakiniraga Etoile de l’Est, amasezerano y’imyaka itatu.
Kuri uyu wa Kabiri,Ikipe ya Police FC yatsinze Rayon Sports y’abakinnyii icumi kuri penaliti 3-1 mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Intwari 2025 isanga APR FC ku mukino wa nyuma bagiye guhuriraho umwaka wa kabiri wikurikiranya.
Ku Cyumweru tariki 26 Mutarama 2025, ikipe ya Rayon Sports yungutse Fan Club nshya yitwa ‘Rayon Sports Special Fan Club’ yafunguwe mu Karere ka Kicukiro.
Kuri iki Cyumweru hakiniwe igikombe cy’irushanwa ry’Intwari mu mukino wa Wheelchair Basketball mu bagabo n’abagore,Kicukiro yiharira ibikombe.
Ku wa 21 Mutarama 2025, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko Frank Spittler atazongererwa amasezerano yo gutoza Amavubi nyuma y’umwaka w’imikino 14 yari amaze ayatoza, wabaye ibyiza n’ibibi.
Umudage Frank Spittler ntabwo azongererwa amasezerano yo gutoza Amavubi yari amaze umwaka atoza nk’uko byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri.
Myugariro w’Amavubi Imanishimwe Emmanuel Mangwende ukinira ikipe ya AEL Limasol yo muri Cyprus, agiye kumara hafi amezi abiri adakina nyuma yo kubagwa imvune yo mu ivi (Miniscus).
Ku wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025, ikipe ya APR FC yatangaje ko ku bwumvikane yatandukanye n’Umunya-Nigeria Godwin Odibo, yari yaguze mu mpeshyi ya 2024, mu gihe abakinnyi bayo babiri bashya bakomoka muri Uganda batangiye imyitozo.
Umufana wa Rayon Sports Ndakaza Gerard yavuye i Kigali ajya gushimira Amagaju FC kuba yaratsinze APR FC.
Ku wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ikipe ya APR FC yasinyishije rutahizamu ukomoka muri Burukina Faso, Cheick Djibril Ouattara, uheruka kwirukanwa na JS Kabylie yo muri Algeria.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yatangaje ko Igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo cyagombaga kubera muri Uganda, Kenya na Tanzania cyimuriwe muri Kanama 2025.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’Amagaju FC yatsindiye APR FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-0, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, akora amateka wo kuyitsinda bwa mbere.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Mukura VS yahagaritse umuvuduko wa Rayon Sports yari imaze imikino 14 idatsindwa muri shampiyona, iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 15 wabereye kuri stade Mpuzamahanga ya Huye hasozwa imikino ibanza.
Abakinnyi babiri bo muri Uganda, Hakim Kiwanuka na Denis Omedi, baheruka kugurwa na APR FC, barebye umukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona, iyi kipe yatsinzemo Marine FC ibitego 2-1 mu Karere ka Rubavu.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Police FC yatandukanye na Mashami Vincent wari umaze imyaka ibiri n’igice ari umutoza wayo.
Ikipe ya APR FC yasinyishije rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Denis Omedi, wakiniraga Kitara FC iwabo.
Amasaha y’umukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona Mukura VS izakiramo Rayon Sports, ku wa 11 Mutarama 2025, yigijwe imbere ushyirwa saa kumi n’imwe mu rwego rwo korohereza abantu bazakora ingendo.
Kuri uyu wa Gatandatu,ikipe ya APR FC yatsindiye Musanze FC iwayo igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa karindwi wa shampiyona wahagaze iminota icumi kubera penaliti
Nyuma y’uko yandikiye Rayon Sports ayisaba gusesa amasezerano kubera amafaranga yasigaye ku yo yaguzwe, Nsabimana Aimable arashinjwa guta akazi.
Ku wa 29 Ukuboza 2024, ikipe y’Akarere ka Huye yegukanye shampiyona ya Boccia ikinwa n’abafite ubumuga bukomatanyije, nyuma yo kwitwara neza mu makipe ane yakinnye imikino ya nyuma.
Kuri iki iki Cyumweru, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yabonye itike yo gukina igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN 2024), nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo 2-1 ku wa 28 Ukuboza 2024, ariko hagategerezwa itangazo rya CAF.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi nubwo yesezerewe, yatsindiye Sudani y’Epfo kuri Stade Amahoro 2-1 mu mukino wo kwishyura, wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, ategereza icyaba inyuma y’ikibuga.
Umutoza Semwaha Ali Indugu usanzwe atoza ikipe ya Body Max, yabonye impamyabushobozi iri ku rwego Mpuzamahanga, aba uwa mbere uyibonye mu Rwanda.
Ku Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, muri Cercle Sportif ya Kigali, Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Karate Shotokan ku Isi ishami ry’u Rwanda, yahasoreje amahugurwa ngarukakwezi yagiye iha abarimu bakuru muri Karate Shotokan, kuva muri Kamena 2024.
Ku wa 21 Ukuboza, kuri Petit Stade Amahoro i Remera hasorejwe shampiyona ya Tennis ikinirwa ku meza 2024 yegukanywe n’ikipe ya Vision TTC yahize izindi.
Kuri iki Cyumweru,ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsindiwe muri Sudani y’Epfo ibitego 3-2 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu bya bo CHAN 2024.
Kuri uyu wa Gatandatu,Ikipe ya NCPB yo muri Kenya yegukanye igikombe cy’irushanwa ry’amakipe ya Handball yo muri Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati ryaberaga mu Rwanda kuva tariki ya 15 Ukuboza itsinze Police HC ku mukino wa nyuma.
Ku wa 20 Ukuboza 2024,Rayon Sports yakoze inama ya mbere yahuje ubuyobozi bushya kuva ku rwego rukuru aho abayitabiriye batarimo Munyakazi Sadate baganiriye ku igurwa ry’abakinnyi,imikoreshereze y’umutungo n’ibindi.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi batandukanye barimo Nelly Mukazayire, wagizwe Minisitiri wa Siporo na ho Uwayezu François Regis agirwa Umunyamabanga Uhoraho.
Amakipe ya Police HC na APR HC yageze muri 1/2 cy’irushanwa ririmo guhuza amakipe yo muri Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati, nyuma yo gusezerera Gicumbi HT na UB Sports muri 1/4.