Kuri uyu wa Gatatu, APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026 isezeye Etincelles FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura bisanga n’ubundi 3-1 yayitsinze mu mukino ubanza.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026 isezereye Gorilla FC muri 1/2 ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya 0-0 ku mukino wo kwishyura.
Nyuma y’uko Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe niyo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere rwatangaje ko hazatangwa bibiri.
Abakinnyi, abafana, abayobozi ndetse n’abagize umuryango mugari wa Kiyovu Sports bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi bunamira abarenga ibihumbi 250 barushyinguyemo.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yatangaje ko muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 hazatangwa igikombe kimwe nubwo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani aho kuba bibiri, ikipe ya mbere mu yo mu Rwanda ihabwe amafaranga.
Kuri uyu wa Gatanu, amakipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yegukanye ibikombe bibiri by’Akarere ka Gatanu atsinze u Burundi na Ethiopia ku mukino wa nyuma.
Nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Al Hilal SC ibitego 4-0, umutoza w’ikipe ya APR FC Umunya-Maroc Taleb Abderrahim yavuze ko niba ikipe yifuza gukina Champions League umwaka utaha ikeneye abakinnyi beza bo kuyikina.
Ikipe ya PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kunganya na Bayern Munich igitego 1-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabereye mu Budage mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, iyisezerera iyitsinze ibitego 6-5 mu mikino ibiri.
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko bigoye kongera kubona rutahizamu Fall Ngagne akina mu mwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imvune yagiriye mu mukino wa shampiyona Rayon Sports yatsinzwemo na AS Muhanga kuri uyu wa Gatatu.
Nyuma y’imyaka icumi idatsinda Rayon Sports, kuri uyu wa Gatatu ikipe ya AS Muhanga yayitsindiye igitego 1-0 kuri Stade ya Muhanga mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League 2025-2026.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko umukino wa kabiri wahuje Arsenal na Atletico Madrid wari ukomeye, ashimira Arsenal yawutsinze ikegukana itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye kugera kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yaherukagaho mu 2006, nyuma yo gusezerera Atletico Madrid ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri muri 1/2
Umusifuzi wo ku ruhande Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri mu bugabo myugariro wa Mukura VS, Mbonyamahoro Serieux yahagaritswe umwaka wose adasifura, Nshimiyimana Remy Victor wo hagati ahagarikwa imikino itanu.
Kuri uyu wa Mbere i Addis Ababa muri Ethiopia hatangiye imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball #IHFTroph Zone 5, u Rwanda rutangira rutsinda Tanzania mu batarengeje imyaka 18 na 20.
Ikipe ya Mukura VS yaregeye FERWAFA umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri myugariro wayo Mbonyamahoro Serieux mu mukino wa BK Pro League batsindiwe na Rustsiro FC i Huye ibitego 2-1.
Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nk’umushyitsi yavuze ko Dauda Yussif ukinira APR FC ari umwe mu bakinnyi beza yabonye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 Mukura VS itsindirwa mu rugo na Rutsiro FC mu mukino umusifuzi yakubisemo umukinnyi umugeri.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro.
Nyuma y’uko kwerekeza muri Al Hilal SC kwa myugariro wa APR FC Niyigena Clement byanze muri Mutarama 2026, uyu musore yavuze ko bakimukeneye bavugana kandi ko nta biganiro byo kongera amasezerano arimo na APR FC.
Amakipe ane aturuka mu Rwanda no mu Misiri niyo azakina imikino ya 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Rwanda giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Myugariro wo mutima w’u bwugarizi wa APR FC Niyigena Clement yavuze ko imvune atari yamera neza 100% ku buryo yakina umukino wa BK Pro League uzabahuza na Rayon Sports ku wa 2 Gicurasi 2026.
Ku nshuro ya mbere mu mateka ikipe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma Shampiyona ya Afurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, aho ku nshuro ya 47 iri kubera mu Rwanda kuva tariki 20 Mata 2026.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe Atletico Madrid yanganyirije mu rugo na Arsenal igitego 1-1 mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions wabereye muri Espagne.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League Atletico Madrid yakiriyemo Arsenal mu gihugu cya Espagne.
Kuri uyu wa Gatatu, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatomboye ikipe y’igihugu Ethiopia mu ijonjora rya kabiri ry’imikino yo gushaka itike yo kuzakina Imikino Olempike ya 2028 izabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku wa Kabiri, tariki 28 Mata 2026 ikipe y’igihugu ya Nepal yatsinze u Rwanda mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kuba bwa mbere rikabera mu Rwanda, bigabanyiriza Abanyarwandakazi amahirwe yo gutwara igikombe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya PSG yatsindiye iwayo Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wari uryoheye ijisho ukarangwa n’irumbuka ry’ibitego ku mpande zombi
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Amagaju FC ibitego 2-0 kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa BK Pro League, yongera kubona intsinzi bwa mbere nyuma y’amezi abiri ikina mu kibuga, hatabariwemo mpaga yateye Gasogi United.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’iferamakofe Niyonzima Pacifique yasinyiye ikipe ya BodyMax nk’umukinnyi wabigize umwuga avuye mu Inkuba Club.