Ikipe ya APR FC yatsinze AS Kigali igitego 1-0 mu mukino ubanza wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024.
Umukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro wari guhuza Addax SC na Mukura VS ukabera i Rugende kuri uyu wa Gatatu wasubitswe kubera ikibuga kitari kimeze neza.
Ku wa 15 Mutarama 2024 Perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidèle yavuze amagambo akomeye yakiriwe mu buryo butandukanye ubwo yakomozaga ku makimbirane yabaye ubwo iyi kipe yatsindwaga na Gasogi United 2-1.
Umuyobozi Mukuru wa AS Kigali, Shema Fabrice, yakubye inshuro umunani agahimbazamusyi gahabwa abakinnyi ba AS Kigali, mu gihe bazasezerera ikipe ya APR FC muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro.
Mbere y’uko isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi rifunga muri Tanzania, rutahizamu w’Amavubi Kagere Meddie, yatangajwe nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Namungo FC avuye muri Singida Fountain.
Ku wa 11 Mutarama 2024, ikipe ya Rayon Sports yakoreye imyitozo ya nyuma kuri Kigali Pelé Stadium, yitegura umukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona irakiramo Gasogi United kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe ya APR FC yasezerewe na Mlandege FC muri 1/2 kuri penaliti 4-2 mu irushanwa rya Mapinduzi Cup, mu mukino wateje impaka ku misifurire.
Amakipe abiri yo muri Tanzania ari yo Simba SC na Young Africans arifuza rutahizamu w’Umunya-Nigeria ukinira APR FC, Victor Mbaoma, mu gihe Singida Fountain na yo yo muri icyo gihugu yamwifuzaga yo yabivuyemo.
Ku Cyumweru tariki ya 7 Mutarama 2024, Umunya-Senegal ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia, Sadio Mané w’imyaka 31, yashyingiranywe n’umukunzi we Aicha Tamba w’imyaka 19 y’amavuko.
Ikipe ya APR FC yatsinze Young Africans 3-1 mu irushanwa rya Mapinduzi Cup, ririmo kubera muri Zanzibar igera muri 1/2 cy’irangiza.
Ku wa Gatandatu tariki 6 Mutarama 2024, mu gihugu cya Maroc habereye tombola y’uko amakipe azahura muri shampiyona ya Afurika ya Sitting Volleyball 2024 mu bagabo n’abagore, u Rwanda mu bagabo rwisanga mu itsinda rimwe na Algeria.
Umunya-Cameroon Leandre Essomba Willy Onana ukinira Simba SC n’Umurundi Bigirimana Abedi ukinira Police FC barifuzwa n’ikipe ya JS Kabylie yo muri Algeria.
Ku wa Gatanu tariki 5 Mutarama 2023, ikipe ya APR FC yakinnye umukino wa gatatu mu itsinda ry’irushanwa rya Mapinduzi Cup ririmo kubera muri Zanzibar, isoza ku mwanya gatatu uyigeza muri ¼.
Kuri uyu wa Kane tariki 4 Mutarama 2023, kuri FERWAFA habereye tombola y’uko amakipe azakina muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024, yasize APR FC igomba guhura na AS Kigali.
Umukinnyi Kakule Mugheni Fabrice ukina hagati mu kibuga wari umaze amezi atandatu gusa mu Ikipe ya Musanze FC, yamaze gusezererwa atarangije amasezerano ye
Ku wa Gatatu tariki 3 Mutarama 2024, ikipe ya Kiyovu Sports yarimo abakinnyi bane basanzwe mu ikipe ya mbere, yasubukuye imyitozo yitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona.
Mu ijoro ryo ku wa 29 Ukuboza 2023 nibwo hasojwe muri rusange imikino 19 y’igice kibanza cya shampiyona y’u Bwongereza 2023-2024 aho Liverpool yagisoje ifite umwanya wa mbere n’amanota 42.
Rutahizamu ukomoka muri Ghana wakiniraga Musanze FC Peter Agbrevor yasinyiye ikipe ya Police FC nk’umukinnyi wayo mushya.
Mu gihe Ikipe ya Kiyovu Sports ivugwamo ibibazo by’amikoro macye, kapiteni wayo wungirije, Mugiraneza Froduard, avuga ko nk’abakinnyi bari kwihangana kuko hari ibihe ugeramo bikagusaba kwakira ibihari.
Ikipe ya Flying Eagles yegukanye imidali 11 mu irushanwa rya Zanshin Karate ryateguriwe abana, ihiga andi yose yari yaryitabiriye, rikaba ryakinwaga ku nshuro ya mbere mu Karere ka Huye, hagati y’itariki 23-24 Ukuboza 2023.
Umwaka wa 2023, amakipe nka APR FC na Rayon Sports ntizitwaye neza ku rwego mpuzamahanga,mu gihe Amavubi yongeye kwiyunga n’abafana
Umunya-Nigeria ukina hagati mu kibuga Rafael Osaluwe uri mu ntizanyo muri AS Kigali arifuza gusubira muri Rayon Sports muri Mutarama 2024.
Mu ijoro ryo ku wa 20 Ukuboza 2023, ikipe ya Mouloudia El Bayadh yo muri Algeria yakoze impanuka ubwo yajyaga gukina umukino wa shampiyona, abantu batatu bahasiga ubuzima.
Ku wa Gatatu tariki 20 Ukuboza 2023, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwavuze ku mikoranire yabwo n’amakipe atandukanye ufasha, bushimangira ko uko ubushobozi (amafaranga) bushyirwamo buzamuka ariko n’umusaruro wakazamutse.
Umutoza w’ikipe ya Musanze FC, Habimana Sosthène na kapiteni wayo Ntijyinama Patrick, bavuga ko bakabaye bararangije imikino ibanza ya shampiyona ari aba mbere, gusa ko nanone bishimira ibyo bakoze.
Mu mpera z’iki Cyumweru, hakinwe umunsi wa 17 wa shampiyona y’u Bwongereza aho Liverpool yanganyije na Manchester United mu mukino wari uhanzwe amaso.
Umunyezamu Adolphe Hakizimana wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, muri uku kwezi k’Ukuboza 2023 yarangije amasezerano yari afitanye na yo.
Kugira ibikombe byinshi no gukundwa mu Rwanda biri mu byahesheje ikipe ya APR FC kujya mu makipe 80 yatangije Ishyirahamwe ry’Amakipe (Clubs) muri Afurika(ACA) ku wa 30 Ugushyingo 2023 ku mugaragaro, uyu muhango ukaba warabereye mu gihugu cya Misiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ingengabihe y’imikino yo kwishyura ya shampiyona aho Rayon Sports na APR FC zizahura ku munsi wa 24.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Kiyovu Sports kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa kane.