Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye amakipe ya Kiyovu Sports, AS Kigali na Gasogi United kwihuza agakora ikipe imwe y’Umujyi izatangirana n’umwaka w’imikino 2026-2027.
Kuwa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2026, kuri Stade Kamena mu Karere ka Huye hatangirijwe amarushanwa y’abakiri bato muri ruhago binyuze muri gahunda y’Impuzamashgirahamwe ya Ruhago ku Isi izwi nka ’ FIFA Talent Development Scheme(TDS)’ igamije kuzamura impano zabo bakurikiranwa icyiciro ku cyiciro.
Perezida Paul Kagame yitabiriye anakurikira umukino ubanza wa 1/8 cya UEFA Champions League ikipe ya Paris Saint Germain yatsinzemo Chelsea ibitego 5-2 mu ijoro ryakeye.
Impuzamashyirahamwe ya ruhago muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati ’CECAFA’ yatangaje ingengabihe y’amarushanwa yayo mu 2026, arimo ane azakirwa n’u Rwanda.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Rashid Kalisa ukina hagati mu kibuga yongeye gusinyira AS Kigali yakiniye mu bihe butandukanye.
Indenge bwite ya Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia yavuye muri iki gihugu yerekeza muri Espagne kubera ibitero Iran iri kugaba ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika hirya no hino ku Isi kubera ibitero zayigabyeho zifatanyije na Israel.
Mu gihe Igihugu cya Iran kiri kugabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel ndetse bikaba byarahitanye Umuyobozi w’Ikirenga, iki Gihugu kizitabira Igikombe cy’Isi 2026 aho imikino itatu y’itsinda rya karindwi giherereyemo izabera muri Amerika?
Kuri uyu wa Gatandatu, hakinwe Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 147 na metero 200 kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kagasorezwa kuri Kigali Pele Stadium kegukanywe na Henrique Ribeiro Bravo ukinira ikipe ya Soudal Quick Step.
Kuri uyu wa Kane, Umudage Zemke Jermaine w’myaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Rembe Rad-Net yegukanye Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 82 kakinwe hazengurukwa Umujyi wa Rubavu abasiganwa bagezemo ku wa 25 Gashyantare 2026 hakina agace ka kane katurutse mu Karere ka Karongi.
Kuri uyu wa Gatatu, De Clercq Matthijs ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana ubwo barebaga agace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru kagasorezwa i Rwamagana.
Kuri iki Cyumweru, hatangiye gukinwa Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda ’ Tour du Rwanda 2026’ hakinwa agace ka mbere mu munani tuzakinwa kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN.
Nubwo ntawe ukwiriye kwishimira ibyago bya mugenzi we, Abanyarwanda ntibazibagirwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Ni umwaka wabahaye amahirwe adasanzwe yo kureba ku butaka bwabo umupira wo ku rwego rwo hejuru bari basanzwe babona kuri televiziyo gusa.
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga kubera imvune ikomeye yagize mu myaka itatu ishize.
Kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium hakiniwe imikino ibiri ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Police FC inganya na Gicumbi FC 1-1 mu gihe APR FC yatsinze Kiyovu Sports 2-0.
Umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu 2025-2026 uzahuza Al Hilal SC na Al Merrikh SC zo muri Sudani washyizwe kuri Stade Amahoro ku wa 17 Gashyantare 2025, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 20 Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC 1-0 mu mukino w’umunsi wa 20 w’imikino ya Rwanda Premier League ikomeza kongera amanota ifata umwanya wa Gatanu ku rutonde rwa shampiyona by’agateganyo.
Umukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere APR FC izakiramo Kiyovu Sports wari kubera kuri Kigali Pele wimuriwe kuri Stade Amahoro.
Mu gihe habura iminsi micye ngo hatangire Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda 2026, amakipe abiri mashya yemeje ko azitabira Tour du Rwanda 2026 Abanyarwanda bahize kwegukana, yiyongera kuri 16 yari yatangajwe mu Ukuboza 2025.
Ikipe ya FC Saint-Eloi Lupopo yo muri Rupubulika Iharana Demokarasi ya Congo yageze mu Rwanda aho ije gukina na Al Hilal SC umukino usoza amatsinda ya CAF Champions League 2025-2026 na Al Hilal SC.
Umusifuzikazi Adeline Djonreba ukomoka muri Cameroon yatangaje abantu kubera gusifura umukino atwite inda y’amezi atanu.
Ikipe ya APR FC yatangaje myugariro Ishimwe Abdoul nk’umukinnyi wayo mushya mu gihe Mukura VS yajuriye ivuga ko uburyo yayivuyemo budakurikije amategeko.
Nshimiyimana Abdou ’Papy’ wari kapiteni wa Etincelles FC yagizwe ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe asimbuye Izabayo Djuma wirukanwe.
Umubiligi Sghir Hammadi watoje mu makipe arimo Young Africans yo muri Tanzania na Al Merrikh SC yo muri Sudani nk’umutoza wungirije yagizwe umutoza mukuru w’Amagaju FC.
Imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona Rayon Sports na APR FC zizakirwamo na AS Kigali na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium yahinduriwe amasaha kubera amatara.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yasezereye umutoza Masudi Djuma wari umaze amezi ane ayitoza isigaranwa na Bizimana Abdou ’Bekeni’.
Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi ba Rayon Sports bongeye kwanga gukora imyitozo ku nshuro ya gatatu kubera kudahembwa.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsindiye APR FC ku mukino wa nyuma penaliti 7-6 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 90 isanzwe.