Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi, ahamya ko abumva ko abana babo ari abahanga kubera kuvuga indimi z’amahanga bakiri bato bibeshya.
Nyuma y’ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi bo mu gihugu cya Uganda n’abo mu Rwanda, kigamije gukemura ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi, Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko impande zombi zifite ubushake bwo kumvikana.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nzeri 2019 hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda bigamije gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’abaganga bavura abana (RPA) rihamya ko iterambere mu buvuzi ryatumye impfu z’abana bato zigabanuka ugereranyije no mu myaka 15 ishize.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) itangaza ko mu gihugu cya Tanzania, kimwe mu bigize uwo muryango, hagaragaye indwara yo mu bwoko bw’ibicurane yitwa ‘Dengue Fever’, ngo ikaba na yo igomba kwitonderwa n’ubwo idafite ubukana nk’ubwa Ebola.
Ihuriro ry’abaganga bavura abagore (RSOG) ryemeza ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’abaganga bavura abagore, gusa ngo umubare wabo uragenda uzamuka buhoro buhoro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Leta y’u Rwanda imaze gutera inkunga imishinga 647 y’abaturage baturiye pariki z’igihugu kuva muri 2005, kugira ngo biteze imbere banarusheho kuzibungabunga.
Mugabo Kelly Theogène wiga mu ishuri ry’imyuga n’ubumengiro rya Kigali (IPRC Kigali), yakoze akuma k’ikoranabuhanga kafasha ugurisha amazi guha serivisi abayakeneye bitamusabye kuba ahari.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Nyirasafari Espérance, avuga ko gusoma no kwandika bikwiye kongerwa mu mico iranga Abanyarwanda kugira ngo ubumenyi bugere kuri bose.
Ishyirahamwe ry’amabanki mu Rwanda (RBA) rigiye gutangiza gahunda yo guhugura abakozi b’amabanki hagamijwe kubongerera ubumenyi, bityo banoze serivisi batanga kuko bazaba bakora badahuzagurika.
Dusabimana Jean Claude yagiye muri Uganda ku italiki 24 Gashyantare uyu mwaka wa 2019, ajyanywe no kwivuza ku muganga gakondo, mu kugaruka mu Rwanda ageze ahitwa Masaka ahasanga abapolisi bahagarika imodoka bamukuramo we n’abandi Banyarwanda batatu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) kirizeza abahinzi n’Abanyarwanda muri rusange ko umuhindo w’uyu mwaka, ni ukuvuga kuva muri Nzeri kugeza mu Kuboza, hazagwa imvura ihagije.
Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemereye kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), inkunga y’ubutaka kugira ngo ibashe kubaka ibitaro yateganyaga byo kwigishirizamo abanyeshuri.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Abahinzi b’ibijumba bya kijyambere bifite imbere hafite ibara rya ‘orange’ bikungahaye kuri vitamine A, bavuga ko ibyo bijumba bikunzwe ndetse ko batangiye kubibonera n’amasoko ku buryo babyitezeho ubukire.
Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ahamya ko imyuga n’ubumenyingiro ari ipfundo ry’iterambere ry’ibihugu, cyane cyane iyo bishyizwemo ingufu bikigishanywa ubuhanga.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi, RAB, gitangaza ko Leta yashyize miliyari 11 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya umusaruro muri rusange kuko kugeza ubu ngo hakiri mwinshi wangirika.
Abahanga mu by’indimi bemeza ko Ikinyarwanda ari ururimi rwihagije nubwo hatabura gutira amagambo amwe n’amwe, ariko ngo abashaka kugaragaza ko ari abasirimu ni bo baruvangira amagambo y’indimi z’amahanga ngo berekane ko bize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abana banduzwa SIDA n’ababyeyi mu gihe bababyara bagabanutseho 9.3% mu myaka 18 ishize, ariko ngo intego ni uko bagera kuri 0%.
Uruganda rwa ‘Skol Brewery Ltd’ rwenga inzoga zimenyerewe nka Skol, rurasaba imbabazi Abanyarwanda nyuma yo gushyira urwenya ku macupa y’inzoga yarwo ya Skol Lager, aho rwifuza ko abantu bayinywa baseka ariko hakaba hari urutarakiriwe neza.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ivuga ko impunzi ibihumbi cumi na bitatu na magana inani na makumyabiri na batanu (13.825) zitaba mu nkambi zashyiriweho gahunda yo kuzishyurira mituweri kugira ngo zibone uko zivuza kuko iziri mu nkambi zifite uko zivurirwayo.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc) irateganya kwimukira mu nyubako yayo nshya ari na cyo cyicaro gikuru cyayo. Iyo nyubako iri iruhande rw’aho yari isanzwe ikorera mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, bikaba biteganyijwe ko izayimukiramo bitarenze Ukwakira uyu mwaka wa 2019.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), Richard Tusabe, aravuga ko yicuza cyane kuba ikigo akuriye cyarubatse gusa inzu zihenze kandi ngo cyagombye kuba cyarubatse n’izihendutse zihwanye n’ubushobozi bw’abanyamuryango bacyo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) gitangaza ko gihomba agera kuri miliyari 20Frw buri mwaka kubera ko amafaranga atangwa n’abanyamuryango ari make ugereranyije n’ayo icyo kigo cyishyura servisi z’ubuvuzi.
Ubuyobozi bushya bw’Umujyi wa Kigali burangajwe imbere n’umuyobozi wawo, Rubingisa Pudence, bwiyemeje kwegera abaturage kurushaho hagamijwe iterambere ryabo.
Mu gikorwa cyo gutora umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, inteko itora ihundagaje amajwi kuri Rubingisa Pudence, waturutse mu Nama Njyanama y’akarere ka Gasabo, aho na bwo yari yatowe muri iki gitondo.
U Buyapani n’u Rwanda byasinye amasezerano y’inguzanyo y’asaga miliyari 83Frw azifashishwa mu kuvugurura ubuhinzi hagamijwe kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana.